Miss Mutesi Jolly yasubije abamusabira kujya mu nzego zifata ibyemezo

Imyidagaduro - 23/09/2025 12:08 PM
Share:

Umwanditsi:

Miss Mutesi Jolly yasubije abamusabira kujya mu nzego zifata ibyemezo

Mutesi Jolly wabaye Nyampinga w’u Rwanda mu 2016, yagaragaje ko gukorera igihugu bitagombera kuba umuntu ari mu myanya ifata ibyemezo, ahubwo buri wese ku rwego rwe ashobora kugira uruhare mu iterambere ry’igihugu, kandi umusaruro we ukigaragaza hirya no hino.

Ibi yabitangaje asubiza ubutumwa bw’uwitwa Kamoso Quemo, wamwandikiye amugaragariza icyifuzo cyo kumushyira mu buyobozi bw’igihugu, amuhamagarira kuba Ambasaderi n’umujyanama w’urubyiruko n’abagore mu Rwanda.

Kamoso Quemo yagize ati "Jolly Mutesi wagakwiye guhabwa umwanya w’icyubahiro muri Guverinoma ukaba Ambasaderi n’umujyanama w’abategarugori mu Rwanda, bakakwigiraho. Ukwiye ibyiza birenze."

Mu gusubiza, Miss Mutesi Jolly yagaragaje ko yishimiye amagambo y’ishimwe, ariko yibukije abakunzi be ko kuba mu buyobozi bwa Leta atari byo bituma umuntu atanga umusanzu mu iterambere ry’igihugu.

Yagize ati: "Ndagushimiye cyane ku magambo yawe y'ishimwe. Ncishijwe bugufi nayo. Ku bijyanye no kujya mu buyobozi, ntabwo nigeze mbitekerezaho, ariko gukora politiki cyangwa gutanga umusanzu mu iterambere ry’igihugu ntibishingira gusa ku kuba uri mu biro bya Leta."

Akomeza agira ati: "Mu by’ukuri, ibyo dukora byose bifite aho bihuriye na politiki, kandi twese turi abanyarwanda bafite uruhare muri politiki mu buryo bumwe cyangwa ubundi. Twese dukwiye kuba abaturage bafite inshingano kandi tugaharanira gukora neza mu mirimo yacu."

Aya magambo agaragaza ukuntu Miss Mutesi abona uruhare rwa buri wese mu iterambere ry’igihugu. Nta ntebe mu buyobozi ituma umuntu ashobora kugira uruhare runini; buri wese ashobora gukora politiki mu buryo bwe, anatanga umusanzu mu kazi ke, mu muryango we, no mu buzima rusange bw’igihugu.

Abakunzi ba Miss Mutesi bamushimira uburyo yerekana ko gukorera igihugu bisaba ubwitange n’urugero rwiza, kandi ko gutanga umusanzu bidashingiye gusa ku kuba umuntu mu myanya y’ubuyobozi. Ibi bikomeza kumuhesha icyubahiro nk’umwe mu bahagarariye indoto n’imyitwarire myiza y’urubyiruko n’abagore mu Rwanda, cyane cyane binyuze ku bitekerezo anyuza ku mbuga nkoranyambaga ze nka X [yahoze ari Twitter] na Instagram.


Miss Mutesi Jolly yatangaje ko gukorera igihugu bitagombera kuba mu myanya ifata ibyemezo, ahubwo buri wese ku rwego rwe ashobora gutanga umusanzu


Mutesi Jolly yumvikanishije ko ‘ibyo dukora byose bifite aho bihuriye na politiki, kandi twese turi abanyarwanda bafite uruhare muri politiki mu buryo bumwe cyangwa ubundi’

 

Ubutumwa bwa Miss Jolly asubiza uwamwifurije kujya mu nzego za Lea zifata ibyemezo

KANDA HANO UREBE IKIGANIRO KIGARUKA KU BIKORWA BYA MISS MUTESI JOLLY



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...