Yandikanye ishimwe kuri uyu wa Gatatu
tariki 3 Ukuboza 2025, nyuma y’uko Polisi y’u Rwanda ku mugoroba wo ku wa
Kabiri tariki ya 2 Ukuboza 2025, isohoye urutonde rw’abapolisi bakuru n’abato
basezerewe mu kazi kubera impamvu zirimo izabukuru n’izindi zinyuranye.
Muri iri tangazo, Polisi yerekanye ko mu
bashyizwe mu kiruhuko harimo ACP Sam Rumanzi, wabaye mu buyobozi bwa Polisi
y’u Rwanda, aho yabaye Umuhuzabikorwa w’urwego rwa DASSO ku rwego rw’Igihugu,
akaba yaranayoboye Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba no mu butumwa bw’amahoro bwa
Loni muri Centrafrique.
Mu bandi basezerewe harimo na ACP Francis
Muheto – Se wa Miss Muheto – wari Umuyobozi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru
ndetse akaba yari amaze imyaka myinshi mu nshingano zitandukanye z’umutekano.
Polisi kandi yatangaje ko ba Ofisiye
bakuru 9 bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru, hiyongereyeho ba Ofisiye bato 12
n’Abapolisi bato 38.
Hanasezerewe kandi abapolisi 13 kubera
uburwayi n’abandi babiri ku mpamvu zindi zitandukanye.
Mu butumwa bwuje amarangamutima buherekejwe n’amafoto n’amashusho, yasangije abamukurikira ku mbuga nkoranyambaga, Miss Muheto yagize ati “Ikiruhuko cyiza cy’izabukuru Papa. Uzahora uri ishema ryanjye. Urakoze.” Ni amagambo agaragaza ishema n’urukundo afitiye Se mu rugendo rushya yinjiyemo.
Miss Muheto yanditse ubutumwa kuri Se bwuje
urukundo n’ishema, amwifuriza ikiruhuko cyiza cyizabukur

