Iki
gitaramo cyabereye muri 'Parking' ya BK Arena mu ijoro ryo ku wa Gatandatu tariki
29 Kanama 2026, kirangira mu rukerera rwo kuri iki Cyumweru tariki 30 Kanama
2026.
“Diamond
Platnumz Experience” cyari cyateguwe mu rwego rwo kwakira no guha umwanya
umuhanzi w’icyamamare muri Afurika, Diamond Platnumz, ndetse ku rubyiniro
hakaba haragaragaye n’abahanzi nyarwanda barimo Bruce Melodie, Nel Ngabo na Ish
Kevin.
Nubwo
igitaramo cyari cyitezweho umuziki n’imyidagaduro, kimwe mu byavugishije abantu
cyane ku mbuga nkoranyambaga ni abakobwa bamwe n’abandi bitabiriye iki gitaramo
ariko bakabuzwa kwinjira bitewe n’imyambarire yabo.
Amashusho
n’amafoto y’abasubijwe inyuma kubera imyambaro yabo yakwirakwiye ku mbuga
nkoranyambaga, bituma iki kibazo kiba kimwe mu byiganje mu biganiro byakurikiye
igitaramo.
Mutesi
Jolly, wabaye Miss Rwanda 2016 akaba ari umwe mu bantu bakunze kugira uruhare
mu biganiro bijyanye n’urubyiruko, umuco n’imyidagaduro, na we yagaragaje uko
abona iki kibazo.
Mu
butumwa yanyujije ku rubuga rwa X, yavuze ko ibiteganywa n’umuco mu buryo
bukakaye bidakwiye gushyirwa mu bikorwa hatitawe ku gihe, aho ibintu biri
kubera n’imiterere y’ibikorwa abantu bitabiriye.
Yumvikanishije
ko amategeko cyangwa imyumvire y’umuco ishyirwa mu bikorwa mu buryo bukakaye
cyane ishobora kutajyana n’imiterere y’isi iri guhinduka.
Yagaragaje
ko ikibazo cy’imyambarire, umuco n’iterambere ry’inganda ndangamuco kidakwiriye
gufatwa nk’impaka zo kumenya gusa ibyo umuntu yemerewe cyangwa atemerewe
kwambara. Ahubwo hakwiye kurebwa icyo imyambarire ikwiye bitewe n’aho umuntu
ari, igikorwa arimo ndetse n’igihe kirimo.
Jolly
yakomeje avuga ko kuba sosiyete ifite indangagaciro zishingiye ku cyubahiro
n’imyitwarire myiza bidakwiye guhita bivuga ko abantu n’abakora mu ruganda
rw’imideli bamburwa umwanya wo guhanga no kwigaragaza.
Yasobanuye
ko buri gihugu gikwiye kugira indangagaciro zacyo kuko zigira uruhare mu
kukiranga, kubungabunga umurage w’umuco no gukomeza ubumwe bw’abaturage.
Ariko
kandi, yavuze ko u Rwanda nk’igihugu gishyira imbere inganda ndangamuco,
rukwiye kumva ko imyambaro n’imideli ari kimwe mu bigize ubukungu bushya, kuko
bitanga umwanya wo guhanga udushya, gukora ubucuruzi no guhanga imirimo.
Mutesi
Jolly ati “Sosiyete ishobora gukomeza kurinda indangagaciro, icyubahiro
n’imyitwarire myiza, ariko ikareka abantu n’abakora mu ruganda rw’imideli
bakagira umudendezo wo guhanga udushya, gukora no kwigaragaza.
Mu
yandi magambo, sosiyete ishobora gukomeza kubaha icyubahiro n’indangagaciro
zayo, ariko ikareka abantu n’abakora mu bijyanye n’imideli bakagira umudendezo
wo guhanga udushya, gukora no kwigaragaza.
Yavuze
ko ibi ari ingenzi cyane ku gihugu gifite intego yo guteza imbere inganda
ndangamuco, kuko imyidagaduro, imideli n’ibindi bikorwa byo guhanga bishobora
kuba isoko y’akazi n’amahirwe y’ubucuruzi.
Ati ubwisanzure
bwo kwambara ntibukwiye gusobanurwa n’umuco gusa
Mutesi
Jolly yavuze ko igihe imyambarire ihuye n’ibibazo by’imyitwarire iboneye mu
ruhame n’ibyo sosiyete yemera, hakwiye kubaho amabwiriza yumvikana kandi
yubahirizwa.
Ariko
kandi, yavuze ko amabwiriza akabije cyangwa abuza abantu umudendezo ku buryo
budakenewe ashobora kubangamira ubuhanzi, guca intege abakora mu bijyanye
n’imideli no kugabanya amahirwe ari mu nganda ndangamuco.
Yasoje
avuga ko mu gihe isi iri kugenda ihinduka kandi igahuza imico itandukanye,
gushyiraho imyumvire ikakaye cyane ku bijyanye n’umuco bishobora kutaba
igisubizo gihamye.
Yavuze
ko icy’ingenzi ari kubaka uburinganire hagati y’indangagaciro z’umuco n’uburyo
abantu bo muri iki gihe bashaka kwigaragaza, kuko ari bwo buryo bushobora
gufasha sosiyete gukomeza kubungabunga umuco ariko ikanateza imbere ubuhanzi,
imideli n’ubukungu bushingiye ku guhanga.
Ibi
Mutesi Jolly yabivuze mu gihe ikibazo cy’imyambarire cyagarutsweho cyane nyuma
ya “Diamond Platnumz Experience”, aho bamwe mu bitabiriye iki gitaramo
bagaragaje ko babujijwe kwinjira kubera imyenda bari bambaye.
Ni
ikibazo cyongeye gutuma hibazwa aho umupaka uri hagati y’indangagaciro z’umuco,
imyitwarire ikwiye ahantu runaka n’ubwisanzure bw’umuntu bwo kwigaragaza, cyane
cyane mu bikorwa by’imyidagaduro bikurura abantu bafite imyumvire n’imyambarire
bitandukanye.
Polisi
y’u Rwanda iherutse gutangaza ko imyitwarire ibonwa nk’idakwiye mu tubari,
utubyiniro, mu bitaramo no mu bindi bibuga by’imyidagaduro itazongera kureberwa
nk’ikibazo cy’umuntu ku giti cye gusa, ahubwo ko n’abategura ibirori ndetse na
ba nyiri aho bibera bashobora kubibazwa.
Umuvugizi
wa Polisi y’u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga, yabigarutseho ku wa 8 Kanama
2026, ubwo Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwerekanaga abantu bafatiwe mu
byaha bitandukanye.
Yavuze
ko abantu bakodesha inzu zikorerwamo ibirori, utubari n’utubyiniro, hakabera
ibikorwa Polisi ibona nk’ibidakwiye, na bo bazajya babibazwa.
Ati:
“Abacuruza utubari, utubyiniro... imyitwarire mibi y’abantu bari aho
bazayibazwa na bo kuko ntabwo tuzagira abantu bari aho b’ibyomanzi batwawe
n’ikintu cyiswe gutwika.
ACP
Rutikanga kandi yavuze ko Polisi izakorana n’abategura ibitaramo, aba-DJ
n’abandi bafite uruhare mu myidagaduro kugira ngo imyitwarire nk’iyo igabanuke.
Yagize
ati: “Uwo mwanda ntabwo tuwushaka, iryo co ntabwo turishaka, iyo myitwarire
ntabwo ikenewe mu Rwanda.”
Ibi
bivuze ko Guverinoma ishaka kwimura ikibazo cyo kureba gusa uwagaragaje
imyitwarire idakwiye, ahubwo hakarebwa n’uruhare rw’uwateguye igikorwa cyangwa
nyir’ahantu icyo gikorwa cyabereye.



