Miss Jojo, King James, Tom Close, Riderman na Urban Boyz mu ndirimbo ikangurira abantu kurya ibishyimbo

- 26/02/2014 2:04 PM
Share:

Umwanditsi:

Miss Jojo, King James, Tom Close, Riderman na Urban Boyz mu ndirimbo ikangurira abantu kurya ibishyimbo

Ibishyimbo ni indirimbo nshya igamije gukangurira abantu kurya ibishyimbo bikungahaye ku butare yahuriweho n'abahanzi bakomeye bo mu Rwanda barimo Miss Jojo, King James, Tom Close, Riderman na Urban boyz.

Ni nyuma y’ubushakashatsi bwakozwe, bikagaragara ko abantu bagenda batezuka mu gufata ifunguro ririmo n’ibishyimbo bigatuma hari indwara ziyongera mu bantu cyane cyane abana n’ababyeyi. Byatumye hakorwa ubuvumbuzi bugamije gushyira ku isoko ibishyimbo bikungahaye mu ntungamubiri cyane cyane ubutare (Fer mu Gifaransa).

Ibi byatumye rero umushinga Harvest Plus ufatanyije na RAB hamwe na CIAT bishaka uburyo abaturage bakangurirwa kurya ibishyimbo cyane, maze bahitamo kwegeranya abahanzi bakunzwe mu Rwanda ngo bafashe mu bukangurambaga.

Ibyo bikajyana no kurushaho gukwirakwiza amoko agera ku 10 y’ibi bishyimbo bikungahaye ku butare.

UMVA IYI NDIRIMBO HANO

Nyuma yo gukora iyi ndirimbo biteganyijwe ko abahanzi bayirimo mu minsi iri imbere bazakora ibitaramo bikangurira abantu guhinga no kurya ibishyimbo bishya bikungahaye ku butare mu turere twa Rusizi, Nyanza, Musanze, Nyagatare na Gatsibo, ku matariki azamenyeshwa mu minsi ya vuba

Selemani Nizeyimana


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...