Miss Hannah Karema ufite inkomoko mu Rwanda ahataniye kuyobora abanyeshuri ba Makerere

Imyidagaduro - 17/03/2026 8:08 AM
Share:

Umwanditsi:

Miss Hannah Karema ufite inkomoko mu Rwanda ahataniye kuyobora abanyeshuri ba Makerere

Hannah Karema Tumukunde, wabaye Nyampinga wa Uganda mu 2023, yamaze gutangaza ko yiyamamarije kuyobora umuryango w’abanyeshuri biga muri Kaminuza ya Makerere (Guild President), anashyira hanze ifoto imugaragaza nk’umukandida uje guhatanira izi nshingano.

Uyu mukobwa ufite inkomoko mu Rwanda, yavuze ko gufata iki cyemezo ari intambwe igamije guhagararira abanyeshuri no kuzana impinduka zifatika muri iyi kaminuza izwiho kuba imwe mu zikomeye muri Afurika.

Mu butumwa yashyize kuri Instagram mu ijoro ryo ku wa Mbere tariki ya 16 Werurwe 2026, Tumukunde yagaragaje icyizere n’intego afite, agira ati: “Banyeshuri bagenzi banjye b’intwari bo kuri Makerere izwi nka ‘Mighty Hill’, amateka ntiyandikwa n’abarebera ibintu ku ruhande, ahubwo yandikwa n’abahaguruka bagafata icyemezo.”

“Uyu munsi, mpagurutse ntaje gusa kwiyamamariza kuyobora abanyeshuri, ahubwo mpagurutse mpagarariye buri munyeshuri wemera ejo hazaza h’iyi kaminuza yacu.”

Aya magambo agaragaza neza ko yiyemeje kuba ijwi ry’abanyeshuri bose, ashimangira ko impinduka nyazo zisaba uruhare rwa buri wese aho kuba kurebera.

Hannah Karema Tumukunde yavukiye i Nakaseke muri Uganda, yiga amashuri yisumbuye muri Seroma Christian High School na Hana International School mbere yo kwerekeza muri Makerere University, aho akomeje amasomo ye.

Nubwo yambitswe ikamba rya Miss Uganda 2023, inkomoko ye yigeze guteza impaka, aho bamwe bavugaga ko atari Umunya-Uganda byuzuye.

Icyo gihe, mu kiganiro yagiranye na MC Kats, yasobanuye ko ari Umunya-Uganda wavukiye muri Uganda, ariko ufite umubyeyi umwe w’Umunyarwandakazi n’undi ukomoka mu Banyankole.

Kwiyamamaza kwe byatangiye gufata indi ntera nyuma yo gushyira hanze ‘poster’ igaragaza gahunda ye yise “Reboot – The Ivory Tower”, igamije kuzana icyerekezo gishya mu miyoborere y’abanyeshuri, kongera ijambo ryabo no guteza imbere ubufatanye muri kaminuza.

Kwinjira kwe muri aya matora bifatwa nk’intambwe ikomeye mu rugendo rwe rwo kwagura ibikorwa bye birenze ubwiza, yinjira mu buyobozi n’ikorwa rya politiki y’abanyeshuri.

Izina rye risanzwe rizwi n’abatari bake rishobora kumufasha mu gushaka amajwi, nubwo guhatanira uyu mwanya bisaba no kugaragaza ubushobozi bwo kuyobora no gushyira mu bikorwa ibyo yemereye abanyeshuri.

Mu gihe ibikorwa byo kwiyamamaza bikomeje gufata indi ntera muri Makerere University, benshi mu banyeshuri n’abakurikirana politiki y’imbere muri za kaminuza bakomeje gukurikiranira hafi urugendo rwa Hannah Karema Tumukunde, bareba niba ashobora guhindura amagambo ye ibikorwa bifatika mu gihe yaba atowe.

Hannah Karema Tumukunde wahoze ari Nyampinga wa Uganda 2023, yinjiye mu rugamba rwo kuyobora abanyeshuri ba Makerere University, ashimangira ko “amateka yandikwa n’abahaguruka”


Hannah Karema Tumukunde wavukiye i Nakaseke, ufite umubyeyi w’Umunyarwandakazi, ibyatumye hari bamwe mu banya-Uganda bamwibazaho



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...