Miss Irene Bellange Muhikira uzwi ku kazina ka Bella ni we watorewe kuba Nyampinga wa mbere wa kaminuza ya UNILAK kuwa 25 Nzeli 2011, atangira inshingano ze mu mwaka wa 2012. Kugeza ubu ni we ucyambaye ikamba rya Miss UNILAK kuko hatigeze hatorwa undi Nyampinga umusimbura. Ibi bituma hari abamwita Nyampinga w'ibihe byose wa kaminuza ya UNILAK.
Irene Muhikira ubwo yambikwaga ikamba rya Kaminuza ya UNILAK
Amakuru agera ku Inyarwanda.com ni uko Miss Irene Bellange Muhikira agiye gukora ubukwe muri uyu mwaka wa 2018, akaba agiye kurongorwa acyambaye ikamba rya Kaminuza ya UNILAK bitewe n'uko hataratorwa umusimbura. Miss Irene Bellange Muhikira Nyampinga wa UNILAK agiye kurushingana n'umukunzi we witwa Ghislain bamaze igihe kitari gito bari mu rukundo bagize ibanga.
Nkuko bigaragara mu mpapuro z'ubutumire z'ubu bukwe zashyizwe hanze na Miss Irene Muhikira, tariki 15/7/2018 hazaba imihango yo gusaba no gukwa, nyuma yaho tariki 28/7/2018 habeho gusezerana imbere y'Imana. Miss Irene Bellange Muhikira ni umukristo mu itorero Assemblies of God mu Gatsata ndetse ni umwe mu bakuriye itsinda Pillar worship team rishinzwe gahunda yo kuramya no guhimbaza Imana, akaba ari umurimo yakomeje gukora cyane na nyuma yo kwambikwa ikamba.
Miss Bellange Muhikira yanyujije kuri Instagram ubutumire bw'ubukwe bwe
Miss Irene Bellange Muhikira agiye gukora ubukwe ataratanga ikamba