Miss Akaliza Amanda yakoreye ubukwe mu Bufaransa – AMAFOTO

Imyidagaduro - 08/09/2025 6:43 AM
Share:

Umwanditsi:

Miss Akaliza Amanda yakoreye ubukwe mu Bufaransa – AMAFOTO

Akaliza Amanda wabaye igisonga cya mbere cya Nyampinga w’u Rwanda 2021, yarushinze n’umukunzi we Jonas Treize mu birori by’akataraboneka byabereye mu gihugu cy’u Bufaransa.

Amakuru yizewe InyaRwanda ifite avuga ko ubukwe bw’aba bombi bwabaye ku wa Gatandatu, tariki ya 6 Nzeri 2025, aho basezeranye imbere y’Imana mu muhango wabereye mu Mujyi wa Chinon, mu Bufaransa.

Mbere y’iyi mihango yo mu Bufaransa, indi mihango y’ubukwe irimo gusaba no gukwa yabereye mu Rwanda ku wa 17 Gicurasi 2025.

Urukundo rwa Amanda na Jonas rwatangiye kumenyekana mu Ugushyingo 2022, ubwo uyu mukobwa yatangiraga gusangiza abamukurikira ibihe byiza agirana n’uyu musore bahuriye i Londres mu Bwongereza mu myaka itanu ishize.

Mu Werurwe 2023, Miss Amanda yashimangiye urukundo rwe ubwo yatangiye kuruvugaho kenshi, nyuma y’uko bombi babatirijwe rimwe ku munsi wa Saint Valentin.

Yigeze kugaragaza uburyo yanyuzwe n’urukundo rwa Jonas abinyujije mu butumwa yanditse bugira buti: “Mukundwa, warakoze ku rukundo rwawe, ubushake bwawe bwo kunyumva igihe cyose. Warakoze gusengana nanjye no kunsengera. Ni byinshi nagushimira. Nkunda buri kimwe cyose cyawe, mfite amatsiko yo gusazana nawe!”

Miss Akaliza Amanda yavuze ko urugendo rwabo rutari rworoshye bitewe n’uko buri umwe yabaga mu gihugu gitandukanye, ariko ikoranabuhanga n’urukundo rwabo byatumye umubano urushaho gukomera kugeza bigeze ku rwego rwo guhamya isezerano imbere y’Imana.

Chinon, aho ubukwe bwabereye ni umujyi w’amateka n’uburanga mu Bufaransa

Umujyi wa Chinon ni umwe mu hantu nyaburanga kandi hifuzwa gusurwa mu gihugu cy’u Bufaransa. Uherereye mu Ntara ya Centre-Val de Loire, ku nkombe z’umugezi wa Vienne, uza mu mujyi uzwi cyane ku mateka yawo n’ubwiza bw’inyubako za kera.

Chinon uzwi cyane kubera ‘Forteresse Royale de Chinon’, igisirikare cy’Ibwami cyakoreshejwe kuva mu kinyejana cya 10, aho Joan of Arc yahuriye bwa mbere na Charles VII mu 1429, bikaba byarahinduye amateka y’u Bufaransa.

Uretse amateka, Chinon ni umujyi w’umuco n’ubusabane: wubakitse ku mihanda ya kera ya ‘cobblestone’ ufite inzu z’amateka, ibitaramo by’umuco ndetse n’amasoko yagutse. Ni umujyi kandi uzwi cyane ku nzoga za “Chinon wines”, zikundwa mu Bufaransa no hanze yabwo.

Chinon uri mu gace kemejwe na UNESCO nk’umurage w’Isi, bigatuma ugaragara nk’ahantu hihariye ku bashaka ubukerarugendo buhuza amateka, umuco n’imyidagaduro. 

Miss Amanda n’umugabo we bakoreye ubukwe mu Mujyi wa Chinon mu Bufaransa, ruhabwa umugisha imbere y’Imana n'ababyeyi

 

Amanda na Jonas basezeranye gusangira ubuzima bwabo bwose, imbere y’inshuti n’imiryango 


Umunsi udasanzwe wuzuye amarangamutima n’ibyishimo—ubukwe bwanditse kuri Paji nshya mu rugendo rwabo 


Nkunda buri kimwe cyawe, mfite amatsiko yo gusazana nawe– Amanda ku mukunzi we

 

Ubukwe bwahuje urukundo rwaturutse i Londres, rukomereza mu Rwanda, none rukaba ruhamijwe mu Bufaransa



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...