Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu
tariki ya 20 Gicurasi 2026, Minisitiri Mukazayire yasuye RSSB Tigers ashishikariza abakinnyi gukomeza kugira
umutima wo kurwana ndetse abifuriza intsinzi mu rugendo rwabo rwo kugera ku
mukino wa nyuma dore ko u Rwanda ruzaba rubari inyuma.
Nelly Mukazayire kandi abinyujije ku rubuga rwa X
yasabye abakunzi ba siporo kuzajya gushyigikira RSSB Tigers.
Twese ntawusigaye, muzaze dushyigikire ikipe yacu
ikina na Fus De Rabat kuri uyu wa gatanu guhera i saa 19:00 ndetse no ku
cyumweru saa 18:00 kugira ngo bagere ku ntsinzi maze iki gikombe gisigare iwacu. Ntuzabure, tuzahurire kuri BK Arena”.
RSSB Tigers iri kwitegura imikino ya nyuma ya BAL izabera muri BK Arena kuva tariki ya 22 kugeza ku ya 31 Gicurasi 2026.
Iyi kipe
ihagarariye u Rwanda izakina umukino ubanza wa ¼ na FUS Rabat yo muri Maroc ku
wa Gatanu saa Moya z’Ijoro n’uwo kwishyura ku Cyumweru, saa Kumi n’Ebyiri
Minisitiri wa siporo yasuye RSSB Tigers yitegura imikino ya nyuma ya BAL 2026
