Minisitiri Utumatwishima yabitangaje mu ijoro ryo ku wa
Gatandatu tariki 20 Ukuboza 2025, abinyujije mu butumwa yasubije ku butumwa bwa
Richard Kwizera kuri konti ya X (yahoze ari Twitter).
Yagaragaje ko nta yindi gahunda afite kuri uwo munsi uretse
kwitabira iki gitaramo, ashimangira ko ari umwanya udasanzwe wo kwandika amateka
mashya mu muziki nyarwanda. Yagize ati: “Aha ni ho nzaba ndi rwose! Muzaze
turebe uko amateka yandikwa.”
Aya magambo ya Minisitiri Utumatwishima agaragaza ubufasha
n’inkunga Leta ikomeje guha urwego rw’ubuhanzi n’imyidagaduro, by’umwihariko
umuziki nyarwanda, aho abahanzi bakomeye bakomeje gushyira ku rwego
mpuzamahanga ibikorwa byabo.
Igitaramo “The Nu-Year Groove” cya The Ben na Bruce Melodie
gitegerejwe na benshi, kuko aba bahanzi bombi ari bamwe mu bakunzwe cyane mu
Rwanda no hanze yarwo, kandi kikazaba ari umwihariko wo gutangiza umwaka mushya
wa 2026 mu byishimo n’umuziki uri ku rwego rwo hejuru.
Abakunzi b’umuziki bitezweho kwitabira iki gitaramo ku
bwinshi, nk’uko Minisitiri Utumatwishima yabishishikarije, kugira ngo bibe
ubuhamya bw’amateka mashya agiye kwandikwa mu myidagaduro nyarwanda.
Tariki 1 Mutarama 2026, Minisitiri Utumatwishima azifatanya
n’abakunzi b’umuziki mu gitaramo cya The Ben na Bruce Melo
Minisitiri Utumatwishima yashishikarije Abanyarwanda kwitabira igitaramo kizatangiza 2026 mu byishimo
Ubutumwa bwa Minisitiri Utumatwishima bushingira ko yiteguye kuzihere ijisho Bruce Melodie na The Ben bandika amateka mu gitaramo
">KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y'INDIRIMBO 'MUNYAKAZI' YA BRUCE MELODIE
