Muri
iyi mpinduka, Dr Jean Nepo Abdallah Utumatwishima yagumye ku mwanya wa
Minisitiri w’Urubyiruko n’Ubuhanzi, ndetse abinyujije ku rubuga rwa X (Twitter)
yashimiye Perezida ku cyizere yongeye kumugirira.
Mu
butumwa bwe, Dr Utumatwishima yagize ati: Ndumva nshimishijwe cyane kandi
nshimira byimazeyo Nyakubahwa Perezida Paul Kagame ku cyizere yongeye kungirira
ngo nkomeze nkorere Abanyarwanda muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Ubuhanzi.
Nzahora nihatira kumva, gufatanya, no gushyira urubyiruko n’abahanzi mu mwanya
w’imbere mu mpinduka zibareba.”
Iri
ni ishimwe riherekejwe n’isezerano rikomeye: gukomeza gushyira imbere
urubyiruko n’abahanzi, abona nk’inkingi y’iterambere rishingiye ku mbaraga
z’Abanyarwanda bato n’ubuhanzi buvuga urubyiruko, bugaragaza umuco, ndetse
bugaragaza n’icyerekezo igihugu kiganamo.
Ni
ubundi butumwa bwongera gutera imbaraga inzego z’ubuhanzi n’urubyiruko, cyane
cyane muri iki gihe hashyizweho Umunyamabanga wa Leta ushinzwe urubyiruko
n’ubuhanzi, Madamu Sandrine Umutoni, ibintu byahise bifatwa nko kongerera
Minisiteri imbaraga mu kubaka urwego rwihariye ku mpano no kwihangira imirimo
ishingiye ku buhanzi.
Guverinoma nshya
igaragaza icyerekezo gishya cy’iterambere
Perezida
Kagame yakoze impinduka zirimo bamwe bagumye mu myanya, abandi bashya, ndetse n’abagiye
ku yindi myanya. Ibi byagaragaje uburyo Guverinoma igenda ivugururwa hagendewe
ku miterere y’ibikenewe n’icyerekezo igihugu kigiyemo.
Abaminisitiri
bashya n’abasubijwe mu myanya bakomeye barimo:
1.
Judith Uwizeye, Minisitiri muri Perezidansi ya Repubulika
2.
Inès Mpambara, Minisitiri mu Biro bya Minisitiri w’Intebe
3.
Yusuf Murangwa, Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi
4.
Amb. Olivier Nduhungirehe, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga
n’Ubutwererane
5.
Dr. Emmanuel Ugirashebuja, Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta
6.
Juvenal Marizamunda, Minisitiri w’Ingabo
7.
Consolée Uwimana, Minisitiri w’Uburinganire n’lterambere ry’Umuryango
8.
Dr. Vincent Biruta, Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu
9.
Dominique Habimana, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’lgihugu
10.
Dr. Jimmy Gasore, Minisitiri w’lbikorwaremezo
11.
Paula Ingabire, Minisitiri w’Ikoranabuhanga mu Itumanaho na Inovasiyo
12.
Joseph Nsengimana, Minisitiri w’Uburezi
13.
Dr. Jean-Damascène Bizimana, Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano
Mboneragihugu
14.
Dr. Mark Cyubahiro Bagabe, Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi
15.
Dr. Sabin Nsanzimana, Minisitiri w’Ubuzima
16.
Amb. Christine Nkulikiyinka, Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo
17.
Prudence Sebahizi, Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda
18.
Dr. Bernadette Arakwiye, Minisitiri w’Ibidukikije
19.
Maj Gen (Rtd) Albert Murasira, Minisitiri w’lbikorwa by’Ubutabazi
20.
Nelly Mukazayire, Minisitiri wa Siporo
21.
Dr. Jean Nepo Abdallah Utumatwishima, Minisitiri w’Urubyiruko n’Ubuhanzi
Abanyamabanga ba
Leta
1.
Gen (Rtd) James Kabarebe, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi
n’Amahanga ushinzwe Ubutwererane bw’Akarere
2.
Mutesi Linda Rusagara, Umunyamabanga wa Leta ushinzwe kwegeranya Imari
n’Ishoramari rya Leta
3.
Godefrey Kabera, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi
Ushinzwe Imari ya Leta
4.
Jean de Dieu Uwihanganye, Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ibikorwaremezo
5.
Marie Solange Kayisire, Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ubutegetsi bw’igihugu
6.
Claudette Irere, Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Uburezi
7.
Dr Telesphore Ndabamenye, Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ubuhinzi n’ubworozi
8.
Dr. Yvan Butera, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima
9.
Sandrine Umutoni, Umunyamabanga wa Leta muri Minisitiri w’Urubyiruko
n’Ubuhanzi, ushinzwe urubyiruko n’ubuhanzi
10.
Rwego Ngarambe, Umunyamabanga wa Leta ushinzwe siporo
Abandi
bayobozi bakuru
1.
Jean-Guy Afrika, Umuyobozi Mukuru w’Urwego rushinzwe Iterambere mu Rwanda, RDB,
ari ku rwego rwa Minisitiri
2.
Juliana Muganza, Umuyobozi Mukuru wungirije w’Urwego rushinzwe Iterambere mu
Rwanda, RDB ari ku rwego rw’Umunyamabanga wa Leta
3.
Dr Uwicyeza Doris Picard, Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere,
RGB, ari ku rwego rwa Minisitiri
4.
Nick Barigye, Guverineri wungirije wa Banki Nkuru y’u Rwanda
Izi
mpinduka zije mu gihe u Rwanda rukomeje gushyira imbaraga mu nzego zifasha
urubyiruko kwiteza imbere no guhanga udushya. Kuganisha umwihariko ku rubyiruko
n’ubuhanzi ni ikimenyetso cy’uko Leta ifite icyizere ko iterambere rirambye
rizashingira ku mbaraga z’inkumi n’abasore.
Minisitiri
Dr Utumatwishima na Madamu Sandrine Umutoni bahawe inshingano zo kuyobora uru
rwego, bashyigikiwe na Perezida Kagame, bikaba bigaragaza ko ubuhanzi
n’urubyiruko bifatwa nk’umusingi w’ejo hazaza h’u Rwanda.
Ni
icyizere ku bahanzi n’abandi bafite impano, ko bazashyigikirwa byimbitse haba
mu bufasha bw’amategeko, ibikorwaremezo, amasoko ndetse n’iterambere rishingiye
ku mpano.
I am deeply honoured and sincerely grateful to H.E.
@PaulKagame
for the renewed trust to continue serving #Rwandans
in the Ministry of Youth and Arts.
I remain fully committed to
listening, collaborating, and placing youth and artists at the centre of their
transformation.
Dr
Utumatwishima nyuma yo kongera kugirirwa icyizere na Perezida Kagame, yiyemeje
gukomeza guteza imbere urubyiruko n’abahanzi
Nzaharanira
ko urubyiruko n’abahanzi baba ku isonga mu mpinduka z’igihugu” — Dr
Utumatwishima nyuma yo gusubizwa muri Guverinoma