Ibiganiro
byabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 21 Mata 2026, aho Minisitiri Utumatwishima
yari kumwe n’Umunyamabanga wa Leta muri iyi Minisiteri, Sandrine Umutoni.
Aba
bayobozi baganiriye n’abategura ibi bihembo ku cyerekezo cyabyo, uko byanozwa
ndetse n’uruhare bishobora kugira mu iterambere ry’inganda y’imyidagaduro mu
Ntara.
“Rubavu
Music Awards” ni bimwe mu bihembo byihariye mu Rwanda, kuko ari byo byibanda ku
bahanzi n’abakorera ubuhanzi mu Ntara, aho bigamije kubaha agaciro no
kubazamurira urwego.
Biteganyijwe
ko ibi bihembo bizongera gutangwa ku nshuro ya kabiri, bikazabera mu Karere ka
Rubavu, nyuma y’uko icyiciro cya mbere cyabaye ku wa 30 Gicurasi 2025.
Mu
Rwanda, ibihembo by’umuziki bikomeje kuba bike, cyane cyane nyuma y’uko bimwe
byari bikomeye nka Salax Awards, The Choice Awards na Kiss Summer Awards
bihagaritse ibikorwa byabyo. Kuri ubu, Isango Star Music Awards ni byo
bigaragara nk’ibikiri guhemba abahanzi ku rwego rw’igihugu.
Mu
rwego rwo kuziba icyuho kiri mu bihembo byita ku bahanzi bo mu Ntara, “Rubavu
Music Awards” byaje ari igisubizo, by’umwihariko ku bahanzi bakorera kure
y’Umujyi wa Kigali, bakunze kubura amahirwe yo kugaragara no guhatana ku rwego
rw’igihugu.
Ibi
bihembo byateguwe ku bufatanye bwa Future Novelty Company, Vision Jeunesse
Nouvelle ndetse n’Akarere ka Rubavu, bikaba bigamije guteza imbere impano
z’urubyiruko mu muziki no mu myidagaduro muri rusange.
Mu
nshuro ya mbere yabyo, ibi bihembo byitabiriwe n’abayobozi batandukanye barimo
Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Prosper Mulindwa, ndetse na Mugaba Jonathan wari
uhagarariye Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi.
Abahanzi
n’abanyamwuga begukanye ibihembo ku nshuro ya mbere barimo Fica Magic wegukanye
igihembo cy’umuhanzi mwiza w’umugabo ndetse n’icy’umuhanzi mwiza wa R&B, Ka
Nyota wabaye umuhanzi mwiza w’umugore, na Josskid wabaye umuhanzi mwiza wa Hip
Hop.
Indirimbo
“Kunda Cyane” ni yo yegukanye ibihembo bibiri birimo icya ‘Song of the Year’
n’icya ‘Video of the Year’, mu gihe The Same yabaye itsinda ry’umwaka.
Abandi
bahawe ibihembo barimo Alicia & Germaine mu cyiciro cya Gospel, Selekta
Dady wabaye DJ mwiza, Kevin wabaye umufotozi mwiza, Bertz Beat wabaye Producer
mwiza mu majwi, ndetse na Big Deal wabaye umuhanga mu gutunganya amashusho.
Ibi
bihembo bikomeje kwiyubaka bigamije gushyira imbaraga mu kuzamura impano ziri
hirya no hino mu gihugu, cyane cyane izo mu Ntara, bityo bikagira uruhare mu
kongera ubunyamwuga no guteza imbere umuziki nyarwanda muri rusange.

Mu
2025, itsinda rya Alicia & Germaine ryegukanye igikombe mu cyiciro cya Gospel
muri ibi bihembo

Itsinda
rya The Same ryihariye ibihembo muri iki gikorwa cyo guhemba abahanzi bakorera
umuziki i Rubavu
Meya
wa Rubavu, Prosper Mulindwa, yahembye Fica Magic watwaye ibihembo byinshi muri
iri rushanwa ubwo ryabaga ku nshuro ya mbere
