Minisitiri Utumatwishima yahaye isomo abahanzi nyuma y’ifungwa rya ‘Musée Ingabo’

Imyidagaduro - 08/05/2026 9:51 AM
Share:

Umwanditsi:

Minisitiri Utumatwishima yahaye isomo abahanzi nyuma y’ifungwa rya ‘Musée Ingabo’

Minisitiri w’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Utumatwishima Jean Népo Abdallah, yasabye abahanzi n’urubyiruko rugana mu myidagaduro kwita ku bijyanye n’imicungire y’imishinga yabo, gushaka ubufasha mu by’amategeko ndetse no kwita ku buzima bwo mu mutwe.

Ibi yabitangaje mu butumwa yanyujije ku rubuga rwa X kuri uyu wa Gatanu tariki ya 8 Gicurasi 2026, aho yasubizaga ibiganiro byari bikomeje ku kibazo cyagarutsweho n’umuhanzi Ngabo King.

Ibi byakurikiye ifungwa rya ‘Musée Ingabo’, inzu ndangamurage y’ubuhanzi yari yarashyizweho na King Ngabo, nyuma yo kubura ubushobozi bwo kwishyura ubukode bw’inzu yakoreragamo.

Mu ibaruwa Ngabo King yasohoye ku wa 7 Gicurasi 2026, yatangaje ko Umujyi wa Kigali wafashe icyemezo cyo kuyifunga kubera ibirarane by’ubukode.

Yagize ati: “Turabamenyesha ko Umujyi wa Kigali wafunze Musée Ingabo guhera ku wa 7 Gicurasi 2026, bitewe n’ibirarane by’ubukode inzu ndangamurage n’umuryango mugari w’abahanzi bitabashije kwishyura kugeza ubu kubera ikibazo cy’amikoro.”

Nyuma y’ibi, Minisitiri Utumatwishima yagaragaje ko ari isomo rikomeye ku bahanzi, abasaba kudakora ibintu byose bonyine ahubwo bagashaka abafatanyabikorwa babafasha mu nzego zitandukanye.

Yagize ati: “Isomo ku rubyiruko rw’abahanzi (artists). Mushake abafasha mu mategeko no gucunga amasezerano (contracts), abafasha muri ‘business’/Ubushabitsi, ‘accounting’/Ibaruramari, ‘sales’/Kugurisha, ‘PR’/Itumanaho n’imibanire n’abaturage cyangwa imibanire n’itangazamakuru n’abaturage, ‘marketing’/Iyamamazabikorwa, ‘branding’/Kumenyekanisha… ndetse n’abafasha mu buzima bwo mu mutwe (mental health).”

Yakomeje avuga ko kugerageza gukora byose umuntu ku giti cye bishobora gutuma habaho igihombo ndetse bikangiza izina ryubatswe bigoranye. Ati: “Kubyikorera byose biraguhombya bikica n’izina ryakugoye kubaka.”

Minisitiri yanagaragaje ko hari n’abafasha bashobora kuboneka ku buntu (pro-bono), asaba abahanzi guhindura imyumvire bakumva ko ubufatanye ari ingenzi mu iterambere ry’imishinga yabo. Ati: “Ushobora no gushaka abagufasha by’igihe gito, hari n’abatishyuza (pro-bono). Icy’ingenzi ni uguhindura mindset ko byose utabyikorera.”

Iki kibazo cya Musée Ingabo cyongeye kugaragaza imbogamizi abahanzi bashobora guhura na zo mu micungire y’imishinga minini y’ubuhanzi, ndetse kikaba cyabaye isomo rikomeye ku rubyiruko ruri mu ruganda rw’imyidagaduro.

Kuri iki kibazo, Umujyi wa Kigali wasobanuye ko “Musée Ingabo” yahawe aho gukorera ku buntu kuva muri Kanama 2023 kugeza Ukuboza 2024 mu rwego rwo gushyigikira urubyiruko n’iterambere ry’umuco.

Nyuma y’aho uwo mushinga utangiye kwinjiza amafaranga binyuze mu basura, hemejwe ko hashyirwaho amasezerano y’ubukode kugira ngo ibikorwa bikomeze mu buryo burambye kandi hagenzurwe neza imikoreshereze y’aho hantu.

Umujyi uvuga ko habaye ibiganiro n’inzandiko zibutsa inshingano zijyanye n’ayo masezerano, harimo n’ubufatanye bwa Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi.

Umujyi wa Kigali ugaragaza ko ukomeje gushyigikira imishinga y’urubyiruko, ariko unashimangira ko ari ngombwa kubahiriza amasezerano y’ubukode kugira ngo ibikorwaremezo bya Leta bikomeze kubungwabungwa neza kandi bikomeze gufasha abandi bahanzi.

Mu gusoza, Umujyi wasabye abafite aho bakorera bose kubahiriza amasezerano bagiranye mu bwumvikane kugira ngo serivisi nk’izi zikomeze kuboneka no ku bandi.


Minisitiri Utumatwishima yasabye abahanzi guhindura imyumvire, abasaba kudakora ibintu byose bonyine ahubwo bakagana abanyamategeko, abahanga mu micungire y’ubucuruzi, PR, marketing n’abandi bashobora kubafasha kubaka imishinga irambye


Umujyi wa Kigali wasobanuye impamvu Musée Ingabo ya King Ngabo [Ugaragara ku ifoko] yageze ku ifungwa, uvuga ko yahawe aho gukorera ku buntu mu gihe cy’imyaka irenga umwe, nyuma hakaza gushyirwaho amasezerano y’ubukode ubwo yatangiraga kwinjiza amafaranga, asaba kubahiriza inshingano zagiranye mu bwumvikane




Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...