Minisitiri Utumatwishima yagaragaje uburyo impano itejwe imbere ikwicaza ku ntebe y'icyubahiro

Imyidagaduro - 07/02/2026 6:28 PM
Share:

Umwanditsi:

Minisitiri Utumatwishima yagaragaje uburyo impano itejwe imbere ikwicaza ku ntebe y'icyubahiro

Minisitiri w’Urubyiruko n’iterambere ry’Ubuhanzi, Dr Utumatwishima, yabwiye abanyeshuri bo muri Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye, ko impano ishyigikiwe kandi itejwe imbere ikugeza ku ntebe y’icyubahiro iganirwaho ibyunguka, nk’uko byagenze kuri Bruce Melodie wahawe ijambo mu Nama y’Igihugu y’Umushyikirano yabaga ku nshuro ya 20.

Minisitiri Utumatwishima yabitangaje kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 7 Gashyantare 2026, ubwo yaganiraga n’abanyeshuri, amatorero n’abasizi bitabiriye amarushanwa y’imbyino gakondo n’ubusizi, yabereye muri Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye.

Ni amarushanwa yitabiriwe n’abasizi umunani, ndetse n’amatorero ane. Mu ijambo rye, Minisitiri w’Urubyiruko n’iterambere ry’Ubuhanzi, Dr Utumatwishima yashimye Amashuri Makuru na Kaminuza yatanze amatorero n’abasizi bagaragaje impano zabo mu marushanwa y’imbyino n’ubusizi yabereye muri Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye.

Yagarutse kuri gahunda zinyuranye MoYA ifite zigamije guteza imbere urubyiruko, by’umwihariko ‘Aguka Ideation’ iba buri mwaka, ihemba urubyiruko 100 hirya no hino mu gihugu. Ati: “Ubwo ni ubutumwa bwa mbere nari mbanzaniye uyu munsi.”

Yanavuze kuri gahunda ya ‘Youth Connekt Awards’ ihemba urubyiruko Miliyoni 15 Frw. Ati “Icyo nabasaga mujye mukurikira imbuga za Minisiteri mu menye amakuru.”

Utumatwishima yashishikarije kandi urubyiruko kwitabira umuganda rusange, kuko ariho hatangirwa amakuru yose y’imibereho y’umudugudu ndetse n’Igihugu.

Yashishikarije abanyeshuri kwiga ariko bakanidagadura. Ati “Ugomba kwiga ariko ukagira n’aho ubarizwa, yaba mu itorero cyangwa se ahandi. Ugomba kugira ahantu ubarizwa, bigatuma witegura kujya hanze, ukazagira akamaro muri sosiyete.”

Ariko kandi yanashishikarije abanyeshuri kumenya neza indimi cyane cyane Ikinyarwanda n’Icyongereza. Ati “Rubyiruko mureke mbabwire, umuntu wo kubinginga ntawuhari, fata umwanya wawe wige ururimi […] Umuntu uvuga neza yakirwa neza ku isoko ry’umurimo.”

Utumatwishima yanavuze ko afite igitekerezo cyo kuba muri Kaminuza hatangizwa ishuri ryo mu kiruhuko (Summer School), aho hajya habaho kwigisha abantu kuvuga neza Ikinyarwanda ndetse n’Icyongereza ku rwego rwiza.

Yanasabye abanyeshuri kugira isuku kuko ari ingenzi. Ati “Ndasaba abanyeshuri bo muri Kaminuza, ko igihe ugiye kuva aho urara, umwenda wawe ugomba kuba usa neza, wambaye neza, inkweto zawe zisa neza […]”

Dr. Utumatwishima yanasabye Meya w’Akarere ka Huye, Sebutege Ange kwifashisha urubyiruko mu bukangurambaga n’ibindi bikorwa Akarere gakora.

Yanavuze ko ariwe wa mbere wize Kaminuza mu muryango we. Ku buryo, yumvaga intumbero ze, ari ukuzubakira inzu umuryango we, ndetse akishyurira amashuri abavandimwe be.

Yavuze ko Perezida Kagame akunda urubyiruko ndetse n’abahanzi. Kandi ko iyo ushyigikiye impano yawe ikwizaja “ku ntebe y’icyubahiro” nk’uko byagenze kuri Bruce Melodie.

Ati: “Perezida wa Repubulika akunda abahanzi […] Mwebwe ntabwo mushobora kubyumva ukuntu biba byakozwe mu gikari ngo batekereze ko mu ntebe ziza kuba ziri imbere bashyireho Bruce Melodie. Mu bitekerezeho nk’abantu biga muri Kaminuza. Inama y’Umushyikirano, ni inama ifatirwamo ibyemezo tugenderaho umwaka wose, ni inama idasanzwe."

Akomeza agira ati “[…] Niyo mpamvu nuramuka uzamuye impano yawe igakura, menya ko uri ku ntebe y’icyubahiro nka Bruce Melodie…”

Namwe mutekereze kuba mu ntebe zateguwe harimo n’iya Bruce Melodie kandi tumwemerera kuza yambaye uko ashatse na ‘dread’ ze rwose. [Bruce Melodie ari mu batanze ikiganiro mu Nama y’Igihugu y’Umushyikirano yasojwe kuri uyu wa Gatanu tariki 6 Gashyantare 2026].”

Yashimye Bruce Melodie kuba yaragaragaje ibibazo abahanzi bafite, ndetse n’urubyiruko muri rusange.

Dr. Utumatwishima yavuze ko Umukuru w’Igihugu atishimira kubona urubyiruko rwijandika mu ngeso mbi. Ati “Banyeshuri bo muri Kaminuza turabasaba kuba abantu abandi bareberaho […] Kimwe mu bintu bibabaza Umukuru w’Igihugu, ni urubyiruko rwitwara nabi, rwishora mu ngeso mbi, runywa ibiyobyabwenge n’ibindi.”

Aya marushanwa yasojwe Umusizi Iradukunda Oscar ahiga abandi mu basizi mu Ntara y'Amajyepfo, ahoyegukanye umwanya wa Mbere mu marushanwa y'imbyino gakondo n'ubusizi. Yari ahagarariye Kaminuza y'u Rwanda ishami rya Huye. Uyu musore afite amanota 83.6%. Yatsindiye Miliyoni 1 Frw.

Umusizi Uwurukundo Ange wari uhagarariye Itorero Imparirwakurusha za Kaminuza ya Gitwe yegukanye umwanya wa Kabiri yagize amanota 78%. Yashyikirijwe Sheki ya 500,000 Frw.

Itorero ‘Idangamuco’ rya Kaminuza y’u Rwanda Ishami rya Huye, ryegukanye umwanya wa Mbere mu marushanwa y’imbyino gakondo n’Ubusizi yabereye mu Ntara y’Amajyepfo, aho ryagize amanota 82.6%. Bashyikirijwe Sheki ya Miliyoni 1. 5 Frw.

Itorero Inganji z’Umuco rya ICK Kabgayi ryegukanye umwanya wa Kabiri mu marushanwa y’imbyino gakondo n’Ubusizi yabereye mu Ntara y’Amajyepfo muri Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye, kuri uyu wa Gatandatu tariki 7 Gashyantare 2026. Iri torero ryagize amajwi 73.3%.

Minisitiri, Dr Utumatwishima yashimye amashuri Makuru na Kaminuza yatanze amatorero n’abasizi bagaragaje impano zabo mu marushanwa y’imbyino n’ubusizi yabereye muri Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye


Umusizi Iradukunda Oscar yahize abandi basizi mu Ntara y'Amajyepfo yegukana umwanya wa Mbere mu marushanwa y'imbyino gakondo n'ubusizi. Yari ahagarariye Kaminuza y'u Rwanda ishami rya Huye


Umusizi watsindiye umwanya wa Kabiri ni Uwurukundo Ange wari uhagarariye Itorero Imparirwakurusha za Kaminuza ya Gitwe yagize amanota 78%


Umuyobozi w'Ishami rya Huye muri Kaminuza y'u Rwanda, Prof Alphonse Mulefu, yashimye Minisiteri y'Urubyiruko n'Iterambere ry'Ubuhanzi ku bwo gutegura aya marushanwa y'imbyino gakondo n'ubusizi


Tetero Solange, Uyobora agashami gashinzwe iterambere ry’urubyiruko muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, yahaye ikiganiro abanyeshuri bo muri Kaminuza y’u Rwanda Ishami rya Huye, cyakurikiye amarushanwa y’imbyino gakondo n’ubusizi

Itorero ‘Indangamuco’ rya Kaminuza y’u Rwanda Ishami rya Huye, ryegukanye umwanya wa Mbere mu marushanwa y’imbyino gakondo n’Ubusizi yabereye mu Ntara y’Amajyepfo, aho ryagize amanota 82.6%. Bashyikirijwe Sheki ya Miliyoni 1. 5 Frw

Itorero Inganji z’Umuco rya ICK Kabgayi ryegukanye umwanya wa Kabiri mu marushanwa y’imbyino gakondo n’Ubusizi yabereye mu Ntara y’Amajyepfo muri Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye, kuri uyu wa Gatandatu tariki 7 Gashyantare 2026. Iri torero ryagize amajwi 73.3%

Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Ange Sebutege yashimye Amashuri Makuru na Kaminuza byitabiriye aya Marushanwa ndetse n’ibyiza berekanye agaragaza ko byongeye gutuma dukunda umuco wacu n’ubukungu burimo



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...