Umutoni yabitangaje mu butumwa
yanyujije kuri konti ye ya X [yahoze ari Twitter] mu ijoro ryo ku wa Kane
tariki 10 Nzeri 2026, agaruka ku cyo igitaramo cya Rema cyasobanuye kuri we,
cyane cyane ku rubyiruko n’ejo hazaza h’inganda ndangamuco n’ubuhanzi.
Yavuze ko igitaramo nk’iki ari
urugero rugaragaza uburyo Afurika iri kugenda igira uruhare rukomeye mu muziki
mpuzamahanga, ku buryo abahanzi bayo batakiri kure y’abafana babo bo ku
mugabane.
Umutoni yavuze ko ubwo yakuraga mu
myaka ya za 1980 na 1990, abahanzi mpuzamahanga benshi bakunzwe n’urubyiruko
rw’icyo gihe bakomokaga mu bihugu by’iburengerazuba.
Nubwo Afurika yari ifite abahanzi
bakomeye, yavuze ko muri icyo gihe bitari bisanzwe kubona umuhanzi nyafurika
agira ijambo n’uruhare ku rwego rw’isi nk’uko bigenda muri iki gihe.
Ni yo mpamvu, kuri we, kubona Rema
ahagaze ku rubyiniro rwa BK Arena imbere y’abafana benshi byari bifite
igisobanuro cyihariye.
Yavuze ko Afrobeats imaze kuba imwe
mu njyana zifite ijambo rikomeye ku rwego mpuzamahanga, bigatuma urubyiruko rwo
muri Afurika rubona abahanzi b’uyu mugabane bageze ku rwego rwo hejuru, ariko
bakaba bashobora no gukorera ibikorwa bikomeye ku mugabane wabo.
Umutoni yavuze ko kuba abahanzi
bakomeye bashobora kuza gukorera ibitaramo muri Afurika, mu nyubako nini kandi
zifite ubushobozi bwo kwakira ibikorwa mpuzamahanga, ari ingenzi ku rubyiruko.
Yagaragaje ko iyo urubyiruko
rubonye ibintu runaka bibaho hafi yarwo, birworohereza kubyiyumvamo no
gutekereza ko na rwo rushobora kubigeraho.
Abahanzi
nyarwanda na bo bagomba kugira umwanya kuri izo ntera
Umutoni kandi yashimye kuba
igitaramo cya Rema cyarahaye umwanya abahanzi nyarwanda, avuga ko bidahagije
gusa kuzana abahanzi bakomeye baturutse hanze, ahubwo hakwiye no kubakwa
urubuga rutuma impano z’Abanyarwanda zikura kandi zikagera ku masoko yo muri
Afurika no hanze yayo.
Mu bahanzi n’abakora mu muziki
nyarwanda bagaragaye kuri urwo rubyiniro harimo Kivumbi King afatanyije na
Kirikou, Juno Kizigenza, Kenny Sol, Sarah Phenom, DJ Marnaud, Ruti Joel,
Massamba na DJ Senshi, mu gihe mu kuyobora igitaramo hari Rocky na Lucky.
Umutoni yavuze ko intego ikwiye
kuba ebyiri: gukomeza kwakira abahanzi bakomeye bo muri Afurika, ariko nanone
hagashyirwaho uburyo buhamye bwo guteza imbere abahanzi nyarwanda, bakagira
ubushobozi bwo gukorera mu Rwanda, muri Afurika no ku rwego mpuzamahanga.
Inganda
ndangamuco ntizishingira ku bahanzi gusa
Uyu munyamabanga wa Leta yasobanuye
ko iterambere ry’uruganda rw’imyidagaduro ritagomba kureberwa ku bahanzi gusa.
Yagaragaje ko hari abandi bantu
benshi bagira uruhare mu gutuma umuhanzi agera ku rwego rwo hejuru, barimo
abamugire inama n’imicungire y’umwuga, abategura ibitaramo, abatunganya
umuziki, abacuranzi, ababyinnyi, abatekinisiye, abakora ibishushanyo n’imideli,
abakora ibijyanye n’ibikubiye mu itangazamakuru rya none, abatanga serivisi z’amahoteli
n’amacumbi ndetse n’abashinzwe umutekano.
Avuga ko uko abahanzi bagenda
barushaho kuba abanyamwuga, ari na ko ibikorwa remezo n’inzego zibafasha mu
mwuga zigomba gutera imbere.
Ibi bivuze ko igitaramo kinini
nk’icya Rema kidatanga akazi ku muririmbyi uri ku rubyiniro gusa, ahubwo kigira
uruhare mu gutunga no guteza imbere urusobe runini rw’abantu bakorera mu nganda
ndangamuco.
Abana
ba Sherrie Silver Foundation na bo basigiwe isomo
Umutoni yanagarutse ku bana bo muri
Sherrie Silver Foundation, bagize amahirwe yo kubyina imbere ya Rema muri BK
Arena.
Yashimye kuba Rema yarabonye
umwanya wo kubaganiriza no kubatera imbaraga, avuga ko guhura n’umuhanzi
ukomeye nk’uyu bishobora gutera umwana gukomeza kwizera impano ye no gutekereza
ku byo ashobora kugeraho mu gihe kizaza.
Kuri Umutoni, icyo gihe abo bana
bamaze imbere ya Rema gishobora kuba cyarabasigiye ikintu gikomeye mu
mitekerereze yabo, kuko kubona umuntu bagezeho nk’icyitegererezo ari hafi yabo
bishobora kubafasha kwiyumvisha ko na bo bashobora kuzagera kure.
Umutoni
asanga gushora mu buhanzi ari ugushora mu rubyiruko
Mu gusoza ubutumwa bwe, Umutoni
Sandrine yashimangiye ko gushora imari mu nganda ndangamuco n’ubuhanzi ari
ingenzi kuko bishobora guhuriza hamwe ibintu bitatu by’ingenzi: impano, imirimo
n’inzego z’umwuga zizifasha gutera imbere.
Yavuze ko intego ikwiye kuba
ugutuma urubyiruko rubona ubuhanzi nyafurika nk’urwego rushobora kurubyarira
umwuga n’ejo hazaza, aho kubona ko ari igikorwa cyo kwishimisha gusa.
Kuri we, igitaramo cya Rema i Kigali cyari kirenze umuziki n’imyidagaduro. Cyabaye umwanya wo kubona mu buryo bufatika aho umuziki nyafurika ugeze, icyo ibikorwa remezo bifite ubushobozi bwo kwakira ibirori bikomeye bivuze, ndetse n’amahirwe ahari yo guteza imbere impano z’Abanyarwanda n’urubyiruko muri rusange.

Umutoni Sandrine yashimye igitaramo cya Rema i Kigali, avuga ko cyagaragaje imbaraga Afrobeats imaze kugira ku isi n’amahirwe ahari yo guteza imbere impano z’abanyafurika

Nyuma ya Rema i Kigali, Umutoni Sandrine yagaragaje ko iterambere ry’inganda ndangamuco ritareba abahanzi gusa, ahubwo ko rikwiye guha amahirwe n’abakora mu micungire, itegurwa ry’ibitaramo, ikoranabuhanga n’izindi serivisi zibakikije

Muri iki gitaramo, Rema yahaye umwanya abana bo muri Sherrie Silver Foundation bamubwira indirimbo ze zinyuranye
