Doja
Cat, umuraperi w’umunyamerika uri mu bagezweho ku Isi, yataramiye i Kigali mu
gitaramo kiri mu rugendo rwe rw’ibitaramo azengurukamo Isi yise ‘Tour Ma Vie
World Tour’, aho yakiranywe urugwiro n’abafana benshi bari baturutse hirya no
hino.
Iki
gitaramo cyabaye mu ijoro ryo ku wa Kabiri tariki ya 17 Werurwe 2026, cyitabiriwe
n’imbaga y’abakunzi b’umuziki n’ibyamamare bitandukanye byo mu Rwanda no
hanze yarwo.
Mu
butumwa yanyujije ku rubuga rwa X, Minisitiri Nduhungirehe yagaragaje ko
yanyuzwe cyane n’imyidagaduro yabonye, avuga ko nubwo amaze kureba ibitaramo
byinshi byabereye muri BK Arena, icy’uyu muhanzi ari cyo cyamusize atunguwe
kurusha ibindi.
Yagize
ati: “Nagiye mu bitaramo byinshi byabereye muri BK Arena, ariko iki cyo rwose
ni cyo cyarushije ibindi byose mu buryo bwo gutanga ibyishimo n’imyidagaduro
nabonye muri iyo nyubako. Doja Cat ni umuhanzi ufite impano idasanzwe
n’imbaraga zidasanzwe nk’aho zituruka ku wundi mubumbe.”
Mu
ndirimbo zashimishije benshi harimo “Paint the Town Red”, imwe mu zigezweho za
Doja Cat, imaze kurebwa n’abarenga miliyoni 390 ku rubuga rwa YouTube, aho
abafana bayiririmbanaga na we ijambo ku rindi.
Iki
gitaramo kandi cyitabiriwe n’ibyamamare bitandukanye byo mu Rwanda birimo
Sherrie Silver, Ariel Wayz na Babo. Ni igitaramo cya
Global Citizen, Move Afrika Festival cyari kiyobowe na Doja Cat.
Nyuma
yo gutaramira i Kigali, Doja Cat agiye gukomereza urugendo rwe muri South
Africa aho azataramira muri SunBet Arena ku wa 20 Werurwe 2026.
Iki
gitaramo cyasize amateka muri BK Arena, kikaba cyarashimangiye ko u Rwanda
rukomeje kuba icyerekezo cy’ibitaramo mpuzamahanga bikomeye, bikurura abahanzi
n’abafana baturutse hirya no hino ku Isi.
Doja
Cat ni umwe mu bahanzi b’abagore bagezweho cyane ku Isi, uzwiho guhuza
kuririmba, kurapa no kubyina mu buryo bushimisha abafana benshi.
Amazina
ye nyakuri ni Amala Ratna Zandile Dlamini, akaba yaravukiye muri Los Angeles
afite inkomoko muri Afurika y’Epfo no muri Amerika.
Yatangiye
kumenyekana abinyujije ku mbuga nkoranyambaga, cyane cyane kuri SoundCloud, aza
kwamamara cyane binyuze mu ndirimbo “Mooo!” mbere yo gukomeza kuzamuka mu ruhando
mpuzamahanga. Indirimbo ze zirimo “Say So”, “Woman” na “Paint the Town Red”
zamugize icyamamare ku Isi.
Doja
Cat kandi yegukanye ibihembo bikomeye birimo Grammy Awards, aho yashimangiye ko
ari umwe mu bahanzi bafite impano idasanzwe.
Azwiho
gukora ibitaramo bikomeye birimo imbyino n’imyambarire itangaje, bigatuma aba
umwe mu bayoboye imyidagaduro n’umuco w’iki gihe (pop culture) ku rwego
mpuzamahanga.
I
have been to many concerts at #BKArena,
but this one was certainly the best performance and entertainment I've
ever seen in that place. @DojaCat
is indeed an incredible showgirl with a unique energy from outer space! https://t.co/1bbjccRkYT

Igitaramo
cya Doja Cat cyasize benshi banyuzwe i Kigali, aho na Minisitiri Olivier Jean
Patrick Nduhungirehe yagishyize ku mwanya wa mbere mu byo yabonye muri BK Arena




