Kuri uyu wa Gatatu tariki 16 Ugushyingo 2022, ni bwo Dr.
Ildephonse yakiriye Bwiza ari kumwe n’abamufasha mu muziki ndetse n’Umuyobozi w’ikigo,
Yalla Yalla Group, Bwana Ndayizigiye Emmanuel bazamufasha gushyira mu bikorwa uyu mushinga.
Umuyobozi Ushinzwe ibikorwa bya Kikac, Uhujimfura
Claude, yabwiye InyaRwanda, ko ibiganiro Bwiza yagiranye na Musafiri Ildephonse byari
bigamije kumumurikira umushinga we no kugira ngo bamumenyesheje ko ugiye
gutangira.
Yavuze ko intego nyamukuru y’uyu mushinga ari ‘ugushishikariza
urubyiruko kwita ku bidukikije, gushyigikira Leta muri gahunda yo kwita ku
bidukikije’ nk’umurage mwiza w’u Rwanda rwacu n’Isi yose muri rusange haterwa
ibiti biribwa.
Uhujimfura avuga ko nyuma yo guhura na Musafiri ‘ubukangurambaga
bwatangiye’. Yavuze ko uyu muyobozi yabemereye ubufasha no kubakorera ubuvugizi ‘aho
tubona twaba twifuza byabyara umusaruro mu gushishikariza ibigo byikorera,
abantu ku giti cyabo’ gutera ibiti by’imbuto ziribwa n’ibindi.
Ndayizigiye Emmanuel [Emma] uyobora Yalla Yalla yabwiye InyaRwanda ko ‘hari
imikoranire hagati ya Kikac na Yalla Yalla Group mu ishyirwa mu bikorwa ry’uwo
mushinga’.
Bwiza ni we muhanzi watsinze irushanwa ‘Next Diva-Indi
Mbuto’ rya Kikac Music Label.
Gutsinda iri rushanwa biguhesha amahirwe yo gukorana
na Kikac mu gihe cy’imyaka ibiri. Mu mwaka umwe bagufasha kumenyekanisha
ibikorwa byawe, hanyuma umwaka wa kabiri uhitamo umushinga wo gukoraho.
Bwiza usanzwe yiga ibijyanye n’ubukerarugendo yahisemo
umushinga ujyanye no kurengera ibidukikije.
Anaherutse kugirana amasezerano n’umuryango w’abasukuti
mu rwego rwo gushyira mu bikorwa uyu mushinga.
Mu gihugu cyose hari abaskuti ibihumbi 45. Amasezerano
bagiranye na Bwiza, akubiyemo kumufasha gukora ubu bukangurambaga kugira ngo
agera ku ntego yihaye.
Uretse aya masezerano bagiranye, banahisemo Bwiza nka
'Brand Ambassador' w’abo mu Rwanda.
Uhujimfura avuga ko ubu bukangurambaga babwitezeho
‘Guhuza Bwiza n’inzego zitandukanye mu kuganira ku bijyanye n’ibidukikije’.
Ku munsi wa nyuma, Bwiza azakora igitaramo azatumira
abafatanyabikorwa bose n’abandi bafite aho bahuriye no kubungabunga
ibidukikije. Kizabera muri Kigali Serana Hotel.
Muri iki gitaramo, uyu muhanzikazi azatangaza aho
ubukangurambaga bwe bwageze, umusanzu we n’ibigikenewe kugira ngo ibidukikije
bikomeza gusigasirwa.
Azanasaba abafatanyabikorwa kumushyigikira akagera aho
avuga rikijyana mu bijyanye no kubungabunga ibidukikije.
Muri ubu bukangurambaga, uyu mwari azakorana n’ibigo
bya Leta, abikorera nka MTN ndetse bazakorana umuganda wo gutera ibiti, Intara
zose, abaturage, urubyiruko n’abandi bose binyuze mu buhanzi, mu itangazamakuru
hagamijwe gushishikariza buri muntu wese gutera igiti kimwe mu rugo.
Gutera
ibiti mu ngo ni inshingano za buri wese:
Ku wa 5 Kanama 2022, u Rwanda rwizihije Umunsi w’Umuganura,
ibirori byabereye mu Karere ka Rulindo mu Ntara y’Amajyaruguru.
Ibi birori byitabiriwe na Nyakubahwa Minisitiri
w’Intebe Dr. Edouard Ngirente wari Umushyitsi Mukuru.
Mu ijambo rye, yavuze ko mu rwego rwo kurwanya imirire
mibi, Guverinoma ikomeje gusaba buri wese gutera ibiti by’ibiti by’imbuto
n’imboga ‘ku nzu dutuyemo’.
Akomeza ati “Nta munyarwanda n'umwe wasobanura ko yabuze ahantu atera ibiti by'imbuto, ntabwo bisaba ubutaka bunini n'inzu yawe utuyemo uyizengurukije ibiti by'imbuto byakwera bigatunga umuryango bikarwanya imirire mibi mu bana n’abakuru hanyuma ukabigurisha ukabona amafaranga."

Dr. Ildephonse Musafiri [Uwa Kane uturutse iburyo]
yakiriye mu Biro bye umuhanzikazi Bwiza [Uwa Gatatu uturutse iburyo] baganira
ku bukangurambaga bwo gutera igiti mu rugo 
Umuyobozi Ushinzwe Ibikorwa bya Kikac, Uhujimfura Claude [Ubanza iburyo] yavuze ko batangiye ubu bukangurambaga nyuma y'uko Minisitiri Ildephonse abahaye umugisha-Uwa kabiri uturutse iburyo ni Ndayizigiye Emmanuel uyobora Yalla Yalla Group
Uhereye ibumoso: Umuhanzikazi Bwiza, Dr. Ildephonse Musafari ndetse na Ndayizigiye Emmanuel
BWIZA AHERUTSE GUSOHORA INDIRIMBO YAKORANYE KATALEYA NA KANDLE BO MURI UGANDA