Mu butumwa yanyujije ku
rubuga rwa X [Twitter], Minisitiri Dr. Nsanzimana yavuze ko izuba ririmo
Vitamin D ikenewe mu mubiri w'umuntu. Yagaragaje ko iyo iyi Vitamin ibaye nke
mu mubiri, amagufa adashobora gukomera, ibyiyumvo n'amarangamutima bigahora
hasi, umuntu agahora arwaragurika, agahorana umunaniro ukabije, ndetse
n'indwara zitandura zikamwataka byoroshye.
Yatanze inama yo gufata
umwanya nibura ungana n'iminota 20, inshuro eshatu mu cyumweru ukota izuba,
kugira ngo ubashe kubona Vitamin D mu rwego rwo kugabanya ibyago byo guhura
n'ibibazo binyuranye byavuzwe haruguru.
Nubwo kota izuba bikenewe
ariko, ngo kota ryinshi si byiza. Isaha nziza yo kota izuba, ni hagati ya saa
tatu na saa tanu z'amanywa, ndetse no kuva saa cyenda kugeza saa kumi n'imwe
z'umugoroba.
Ubushakashatsi bwinshi
bwagaragaje ko:
· Abana n’ingimbi
bafite hagati y'umwaka 1 n'imyaka 18: Bifuza ko bahabwa vitamine D mu
rwego rwo kwirinda 'rickets' (indwara yo gucika kw'amagufwa) no
kugabanya ibyago byo kurwara indwara z’ubuhumekero.
- Abageze ku
myaka 75 kuzamura: Vitamine D ishobora gufasha
kugabanya ibyago byo gupfa hakiri kare.
- Abagore
batwite: Gufata vitamine D bishobora kugabanya ibyago
byo kurwara pré-éclampsie,
kuvamo kw'inda, kubyara imburagihe
no kubyara umwana upfuye.
- Abafite ibyago byinshi byo kurwara diyabete: Bashobora kuramirwa no gufata vitamine D mu rwego rwo gukumira ko ibyo byago
bihinduka diyabete nyirizina.
Icyo ubushakashatsi bunyuranye buvuga ku kamaro ko kota izuba ku buzima bwa muntu:
1.
Kugabanya umuvuduko ukabije w’amaraso
2. Bituma amagufa akomera:
Iyo iyi vitamin ihagije
mu mubiri bigabanya ibyago byo kuvunika niyo mpamvu iyi vitamin ari ingenzi
by’umwihariko ku bakuze dore ko amagufa yabo aba agenda nayo asaza.
3. Bifasha ubwonko gukora neza:
Si bo gusa ariko bifasha
kuko abantu bose bibafasha mu kwibuka ibintu kandi bikaba biri kuri gahunda
y’igihe byabereye.
4.
Bigabanya kwiheba no kwigunga:
5. Kota izuba byorohereza abantu kubona ibitotsi:
6.
Bivura zimwe mu ndwara z’uruhu
Imirasire y’izuba ivura
zimwe mu ndwara zifata uruhu nk’ibishishi, ibiheri, ibibyimba, indwara ya
jaundice ikunze gufata abana bakivuka cyangwa se abakoresheje imiti myinshi
n’izindi ndwara z’uruhu.
7. Izuba rigabanya ibyago byo kurwara kanseri zinyuranye
Nk'uko byagaragaye, izuba
rituma umuntu abona vitamin D, ikaba ingenzi mu kurinda kanseri
zinyuranye harimo kanseri y’amabere na kanseri y’amara. Kota izuba bigabanya ku
gipimo cya 60% ibyago byo kurwara izi kanseri.