Minisitiri Dr. Jean Damascène Bizimana yaganuranye n’ab’i Rusizi abasaba kwirinda inzoga z’ibyuma

Amakuru ku Rwanda - 07/08/2026 2:42 PM
Share:

Umwanditsi:

Minisitiri Dr. Jean Damascène Bizimana yaganuranye n’ab’i Rusizi abasaba kwirinda inzoga z’ibyuma

Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 07 Kanama 2026, mu Karere ka Rusizi mu Murenge wa Rwimbogo ku kibuga cy’umupira cya Mushaka, habereye ibirori byo kwizihiza Umuganura ku rwego rw’Igihugu akaba ari igikorwa kiba ngarukamwaka.

Iki gikorwa kibaye mu gihe u Rwanda rurimo rurwana no guca inzoga z’inkorano zahawe amazina y’ibyuma birimo amoko menshi byatumaga bamwe mu banyarwanda badatanga umusaruro mu byo bakora kandi uwo musaruro ari wo baganura ku munsi nk’uyu ndetse akaba ari nawo uteza imbere Igihugu.

Uwatanze ubuhamya kuri uyu munsi w’Umuganura, Japhet yavuze nzira yanyuzemo ubwo yakoreshaga inzoga z’inkorano zirimo ibyuma zigatuma atabana neza n’umuryango we ndetse n’uburyo yakoraga urugomo byatumye afungwa imyaka ibiri.

Nyuma y’imyaka 9 afunguwe, yemeje ko ubu yavuye ku nzoga ndetse n’ibiyobyabwenge muri rusange akaba amaze kwiteza imbere binyuze mu korora inkoko, arihirira ishuri abana babiri ubu akaba afite umwana w’umu-Polisi.

Avuga ko ashimira Leta y’u Rwanda yaciye izi nzoga z’ibyuma kuko byari birimo bimunga urubyiruko kandi arirwo Rwanda rw’ejo ndetse avuga ko iyo aza kuba ariwe ufata icyemezo nk’icyi yari kuba yaragifashe cyera.

Mukangwije Suzana wo mu karere ka Rusizi mu murenge wa Rwimbogo, avuga ko yagize amahirwe yo kwiga asoza amashuri yisumbuye ndetse atangira kubona ibiraka ariko abona amafaranga yahembwaga adahagije nuko aherako ahindura indangagaciro yatojwe.

Yagiriye inama urubyiruko ati: “Mugire indangagaciro yo kunyurwa na bicye mufite kandi mugire umuco wo kwigira. Inama ya gatatu, mugire umuco wo gukunda umurimo muhere kuri bicye mufite kugira ngo mugere kuri byinshi mwifuza.”

Mayor w’Akarere ka Rusizi, Sindayiheba Phanuel yavuze ko mu rugamba rwo kurwana n’izi nzoga z’ibyuma byabaye ibyonnyi ku miryango myinshi bigatuma idatanga umusaruro nk’uko byari byitezwe, hari inganda zo muri aka karere zafunzwe.

Mu nganda zo muri aka Karere zafunzwe, harimo urwo mu murenge wa Bugarama rwakoraga nta byangombwa ndetse rugakora inzoga z’uburozi aho bafataga Igikamba (Itabi), ifumbire ikoreshwa mu buhinzi, amasaha ndetse n’ibindi byinshi bakabivanga.

Minisitiri wa Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu (MINUBUMWE) Dr. Jean Damascène Bizimana umushyitsi mukuru muri ibi birori, yasabye abanyarwanda kwirinda izi nzoga z’ibyuma kuko zangiza ubuzima bw’abazinywa kandi ntibatange umusaruro.

“Gusangira umuganura ni ukwishimira kubaho. Tugomba gukora ibishoboka tugaharanira ko ubuzima buzira umuze buza imbere ya byose. Gukoresha ibiyobyabwenge n’inzoga z’ibyuma ni bibi. Mukazita muriture, zahawe n’amazina ateye ubwoba.”  Dr. Jean Damascène Bizimana acyebura abaturage bo mu karere ka Rusizi.

Yavuze ko umuganura atari ukuganura ibyo twejeje gusa ahubwo turebera hamwe inzira twanyuzemo kugira ngo tugere ku musaruro abanyarwanda barimo baganura magingo aya.

Avuga ko ari umunsi mwiza wo gukosora hagaragaye amakosa ndetse no kwiyemeza kugira ngo umusaruro utaha uzabe mwinshi kurusha umusaruro w’uyu mwaka.


Ministiri Dr Jea-Damscene yasabye abatuye Rusizi kwirinda ibiyobyabwenge

Itorero ry'Igihugu ryataramiye abitabiriye ibi birori

Mayor w'Akarere ka Rusizi yatanze ubuhamya bw'uruganda rwengaga inzoga zitujuje ubuziranenge bakoresheje ifumbire, itabi n'amasaka



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...