Uyu
muhango uteganyijwe kuba ku wa 22 Gicurasi 2026, aho Miley Cyrus azahabwa
inyenyeri ya 2,845 yubatswe kuri Hollywood Walk of Fame, ikazashyirwa kuri
Hollywood Boulevard nimero 7011 muri Hollywood, i Los Angeles.
Miley
Cyrus abaye kandi umuhanzi wa mbere wamamaye mu bihe byo mu myaka ya 1990 uhawe
iki cyubahiro mu cyiciro cy’umuziki, nyuma y’imyaka irenga 20 amaze mu ruganda
rw’imyidagaduro.
Kwamamaza
ibikorwa bye n’uruhare yagize mu muziki ni bimwe mu byatumye atoranywa, cyane
ko ari umwe mu bahanzi bagize uruhare rukomeye mu muziki wa Pop kuva akiri muto
kugeza ubu.
Mu
muhango wo kumwubakira iyi nyenyeri, biteganyijwe ko uzitabirwa n’ibyamamare
bitandukanye birimo umukinnyi wa filime Anya Taylor-Joy ndetse n’umunyamideli
Donatella Versace, bazatanga ubutumwa bumushimira ku rugendo rwe mu
myidagaduro.
Uyu
muhango uzayoborwa n’umunyamakuru wa iHeart Media, Ellen K, nawe wigeze guhabwa
inyenyeri ya Hollywood Walk of Fame mu 2012.
Ana
Martinez ushinzwe ibikorwa bya Hollywood Walk of Fame yavuze ko Miley Cyrus
akwiriye guhabwa iki cyubahiro kubera uruhare rukomeye yagize mu myidagaduro no
kuba yarabaye icyitegererezo ku rubyiruko rwinshi.
Yagize
ati: “Miley akwiriye gushimirwa kuko yagize uruhare rukomeye mu ruganda
rw’imyidagaduro. Abakobwa benshi bakuze bamureba, bakuramo imbaraga mu rugendo
rwe no mu buryo bwe bwo guhanga ibintu atikanga.”
Mu
rugendo rwe rwa muzika, Miley Cyrus yagiye agira indirimbo zakunzwe cyane
zirimo “Flowers” na “Wrecking Ball”, zombi zageze ku mwanya wa mbere kuri
Billboard Hot 100.
Indirimbo
“Flowers” yanamuhesheje ibihembo bibiri bya Grammy Awards birimo icya “Record
of the Year” na “Best Pop Solo Performance”. Yongeye no kwegukana indi Grammy
binyuze mu ndirimbo “II MOST WANTED” yakoranye na Beyoncé.
Muri
Album yakoze, afite enye zageze ku mwanya wa mbere kuri Billboard 200, zirimo
“Bangerz”, “Breakout” ndetse na “Hannah Montana 2/Meet Miley Cyrus”, ibikorwa
byamufashije gukomeza kwagura izina rye ku rwego mpuzamahanga.
Miley
Cyrus yanakoze ibikorwa bitandukanye byo gukina filime no kwamamaza ibigo
bikomeye birimo Gucci, Dolce & Gabbana na Maison Margiela.
Si
ibyo gusa kuko yanashinze umuryango wa Happy Hippie Foundation ufasha
urubyiruko rwa LGBTQ+, ndetse na Miley Cyrus Foundation ushyigikira ababyeyi
b’abagore mu buryo butandukanye.
Kwamamaza
ibikorwa bye no gukomeza guhanga udushya mu muziki no mu myidagaduro ni bimwe
mu byatumye Miley Cyrus yinjira mu mateka y’abahanzi bake bageze kuri uru rwego
rwo guhabwa inyenyeri kuri Hollywood Walk of Fame.
Miley
Cyrus agiye guhabwa inyenyeri kuri Hollywood Walk of Fame nyuma y’imyaka 20 mu
muziki
