Uyu
mukino washyizwe ku itariki ya 25 Mata 2026, nk’uko bivugwa n’ikinyamakuru The
Ring Magazine.
Uyu
mukino ugaragaza impano n’amateka y’aba bakinnyi babiri bamamaye mu myaka 40 ishize
mu iteramakofe. Watangajwe ku mugaragaro umwaka ushize (2026) ariko ntihari
hagatangajwe umunsi cyangwa aho uzabera.
Ni
umukino w’imurika. Ntabwo ari umukino w’umwuga uzagira amanota cyangwa ibikombe
bya shampiyona. Intego nyamukuru ni kwishimisha no kugaragaza ubuhanga
bw’abakinnyi babiri b’icyamamare.
Mu
minsi ishize, The Ring Magazine yanditse ko Mayweather yari mu biganiro byo
kongera gukina na Manny Pacquiao muri uyu mwaka biciye kuri Netflix, ariko ubwo
ibyo biganiro byapfubaga, gahunda yo gukina na Tyson yagarutse ku murongo.
Iki
kinyamakuru kivuga ko uyu mukino uzaba mu rwego rwo “kuzirikana umurage wa ‘Rumble
in the Jungle’ nyuma y ‘imyaka 52 ishize”.
“Rumble
in the Jungle” ni izina ry’umukino w’iteramakofe wabereye muri Kinshasa mu
1974. Wahuje Muhammad Ali na George Foreman, aho Ali yatsinze Foreman mu buryo
bwa ‘knockout’ mu ‘raund’ ya 8.
Mike
Tyson, ufite imyaka 59, ni umukinnyi wigeze kuba umukinnyi w’icyiciro cya ‘heavyweight’,
akaba akiri icyamamare mu gihe kingana n’imyaka ibiri ishize adakina. Umukino
we na Jake Paul mu Ugushyingo 2024 wari wakurikiranywe n’abarebye barenga
miliyoni 100.
Ku
rundi ruhande, Floyd Mayweather yakinaga nyuma mu 2017 atsinda Conor McGregor
mu buryo bwa “technical knockout”.
Uyu
mugabo, uzaba afite imyaka 49 mu cyumweru gitaha, yegukanye ibikombe mu byiciro
bitanu by’uburemere, aho “154 pounds” ari bwo buremere bw’ikirenga yigeze
gukinamo.
Umurongo
w’uburemere bw’aba bakinnyi bazakoresha muri uyu mukino w’imurika
nturamenyekana.
Nyuma
yo guhagarika umukino w’umwuga, Mayweather yakomeje gukina imikino y’imurika
harimo gutsinda Logan Paul muri Kamena 2021.
Uyu
mukino wa Tyson na Mayweather utegerejweho cyane n’abakunzi b’iteramakofe ku
isi yose, kuko urongera ku mateka y’ibyamamare by’imikino yo mu myaka ishize,
kandi ukaba uragaruka mu gihugu cyagize uruhare rukomeye mu mateka y’uyu
mukino.
Mike Tyson na
Floyd Mayweather: Incamake y’urugendo rwabo mu iteramakofe
Abakunzi
b’iteramakofe bazongera kubona abakinyi b’ibyamamare bahura ku rubyiniro, ubwo
Mike Tyson na Floyd Mayweather biteganyijwe gukina umukino w’imurika muri DR
Congo ku itariki ya 25 Mata 2026.
Uyu
mukino uhuza amateka y’aba bakinnyi bombi n’icyubahiro cya “Rumble in the
Jungle” cyabereye muri Congo mu 1974.
Mike
Tyson, ufite imyaka 59, ni umwe mu bakinnyi b’icyamamare mu mateka
y’iteramakofe. Yegukanye ikamba rya Heavyweight World Champion afite imyaka 20
gusa, aba umukinnyi muto wageze ku rwego rw’isi.
Tyson
yari azwiho gutera ibipfunsi ‘Punch’ by’intarumikwa, akenshi atsinda abo
bahanganye muri ‘raund’ ya mbere cyangwa iya kabiri.
Yatsinze
abakinnyi bakomeye nka Trevor Berbick, Larry Holmes na Michael Spinks. Nubwo
urugendo rwe rwaje kugorwa n’ibibazo by’amategeko, Tyson akomeje kuba
icyamamare kandi agaragara mu mikino y’imurika, aho yatsinze Jake Paul mu 2024.
Floyd
Mayweather, ufite imyaka 49, ni umwe mu bakinnyi bakomeye cyane mu mukino
w’iteramakofe.
Yegukanye
ibikombe mu byiciro bitanu by’uburemere, akaba azwiho gutsinda. Yatsinze
abakinnyi bakomeye nka Oscar De La Hoya, Canelo Alvarez na Conor McGregor.
Nyuma
yo kuva mu mukino w’umwuga mu 2017, Mayweather yakomeje kugaragara mu mikino
y’imurika, harimo no gutsinda Logan Paul mu 2021.
Uyu
mugabo akunze kugarukwaho n’ibikorwa by’amategeko n’ubucuruzi, ariko ibyo
ntibimuhagarika kuba icyamamare mu iteramakofe.
Uyu
mukino muri DR Congo uzaba ubusabane bw’icyubahiro ku rugendo rw’aba bakinnyi,
uhuza amateka y’iteramakofe n’ubuhanga bwa none, kandi ukaba utegerejwe cyane
n’abakunzi b’iyi mikino ku isi yose.
Mike
Tyson na Floyd Mayweather bazakina umukino w’imurika muri DR Congo ku itariki
ya 25 Mata 2026, mu rwego rwo gusubiza amaso ku mukino “Rumble in the Jungle” nyuma
y’imyaka 52 ishize
