Mike Tyson agiye kurwana na Floyd Mayweather mu mukino uzabera muri RDC

Imyidagaduro - 17/02/2026 9:09 AM
Share:

Umwanditsi:

Mike Tyson agiye kurwana na Floyd Mayweather mu mukino uzabera muri RDC

Abakinnyi b’ibyamamare mu mukino w’iteramakofe, Mike Tyson na Floyd Mayweather, byatangajwe ko bagiye gukina umukino w’imurika (exhibition fight) uzabera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).

Uyu mukino washyizwe ku itariki ya 25 Mata 2026, nk’uko bivugwa n’ikinyamakuru The Ring Magazine.

Uyu mukino ugaragaza impano n’amateka y’aba bakinnyi babiri bamamaye mu myaka 40 ishize mu iteramakofe. Watangajwe ku mugaragaro umwaka ushize (2026) ariko ntihari hagatangajwe umunsi cyangwa aho uzabera.

Ni umukino w’imurika. Ntabwo ari umukino w’umwuga uzagira amanota cyangwa ibikombe bya shampiyona. Intego nyamukuru ni kwishimisha no kugaragaza ubuhanga bw’abakinnyi babiri b’icyamamare.

Mu minsi ishize, The Ring Magazine yanditse ko Mayweather yari mu biganiro byo kongera gukina na Manny Pacquiao muri uyu mwaka biciye kuri Netflix, ariko ubwo ibyo biganiro byapfubaga, gahunda yo gukina na Tyson yagarutse ku murongo.

Iki kinyamakuru kivuga ko uyu mukino uzaba mu rwego rwo “kuzirikana umurage wa ‘Rumble in the Jungle’ nyuma y ‘imyaka 52 ishize”.

“Rumble in the Jungle” ni izina ry’umukino w’iteramakofe wabereye muri Kinshasa mu 1974. Wahuje Muhammad Ali na George Foreman, aho Ali yatsinze Foreman mu buryo bwa ‘knockout’ mu ‘raund’ ya 8.

Mike Tyson, ufite imyaka 59, ni umukinnyi wigeze kuba umukinnyi w’icyiciro cya ‘heavyweight’, akaba akiri icyamamare mu gihe kingana n’imyaka ibiri ishize adakina. Umukino we na Jake Paul mu Ugushyingo 2024 wari wakurikiranywe n’abarebye barenga miliyoni 100.

Ku rundi ruhande, Floyd Mayweather yakinaga nyuma mu 2017 atsinda Conor McGregor mu buryo bwa “technical knockout”.

Uyu mugabo, uzaba afite imyaka 49 mu cyumweru gitaha, yegukanye ibikombe mu byiciro bitanu by’uburemere, aho “154 pounds” ari bwo buremere bw’ikirenga yigeze gukinamo.

Umurongo w’uburemere bw’aba bakinnyi bazakoresha muri uyu mukino w’imurika nturamenyekana.

Nyuma yo guhagarika umukino w’umwuga, Mayweather yakomeje gukina imikino y’imurika harimo gutsinda Logan Paul muri Kamena 2021.

Uyu mukino wa Tyson na Mayweather utegerejweho cyane n’abakunzi b’iteramakofe ku isi yose, kuko urongera ku mateka y’ibyamamare by’imikino yo mu myaka ishize, kandi ukaba uragaruka mu gihugu cyagize uruhare rukomeye mu mateka y’uyu mukino.

Mike Tyson na Floyd Mayweather: Incamake y’urugendo rwabo mu iteramakofe

Abakunzi b’iteramakofe bazongera kubona abakinyi b’ibyamamare bahura ku rubyiniro, ubwo Mike Tyson na Floyd Mayweather biteganyijwe gukina umukino w’imurika muri DR Congo ku itariki ya 25 Mata 2026.

Uyu mukino uhuza amateka y’aba bakinnyi bombi n’icyubahiro cya “Rumble in the Jungle” cyabereye muri Congo mu 1974.

Mike Tyson, ufite imyaka 59, ni umwe mu bakinnyi b’icyamamare mu mateka y’iteramakofe. Yegukanye ikamba rya Heavyweight World Champion afite imyaka 20 gusa, aba umukinnyi muto wageze ku rwego rw’isi.

Tyson yari azwiho gutera ibipfunsi ‘Punch’ by’intarumikwa, akenshi atsinda abo bahanganye muri ‘raund’ ya mbere cyangwa iya kabiri.

Yatsinze abakinnyi bakomeye nka Trevor Berbick, Larry Holmes na Michael Spinks. Nubwo urugendo rwe rwaje kugorwa n’ibibazo by’amategeko, Tyson akomeje kuba icyamamare kandi agaragara mu mikino y’imurika, aho yatsinze Jake Paul mu 2024.

Floyd Mayweather, ufite imyaka 49, ni umwe mu bakinnyi bakomeye cyane mu mukino w’iteramakofe.

Yegukanye ibikombe mu byiciro bitanu by’uburemere, akaba azwiho gutsinda. Yatsinze abakinnyi bakomeye nka Oscar De La Hoya, Canelo Alvarez na Conor McGregor.

Nyuma yo kuva mu mukino w’umwuga mu 2017, Mayweather yakomeje kugaragara mu mikino y’imurika, harimo no gutsinda Logan Paul mu 2021.

Uyu mugabo akunze kugarukwaho n’ibikorwa by’amategeko n’ubucuruzi, ariko ibyo ntibimuhagarika kuba icyamamare mu iteramakofe.

Uyu mukino muri DR Congo uzaba ubusabane bw’icyubahiro ku rugendo rw’aba bakinnyi, uhuza amateka y’iteramakofe n’ubuhanga bwa none, kandi ukaba utegerejwe cyane n’abakunzi b’iyi mikino ku isi yose.

Mike Tyson na Floyd Mayweather bazakina umukino w’imurika muri DR Congo ku itariki ya 25 Mata 2026, mu rwego rwo gusubiza amaso ku mukino “Rumble in the Jungle” nyuma y’imyaka 52 ishize


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...