Mighty Popo yashyize ku isoko filime ‘Killer Music’ yakoze mu myaka igera kuri itatu – AMAFOTO

Imyidagaduro - 15/09/2025 8:24 AM
Share:

Umwanditsi:

Mighty Popo yashyize ku isoko filime ‘Killer Music’ yakoze mu myaka igera kuri itatu – AMAFOTO

Murigande Jacques [Mighty Popo] wamamaye mu muziki ndetse akaba ari na we uyobora ishuri ry’Umuziki ry’u Rwanda, yamuritse ku mugaragaro filime nshya, yitezweho guhindura uruganda rwa sinema nyarwanda.

Ni filime yise “Killer Music, Chapter 1: Blood Bird, The Saga” igaruka ku rugendo rw’abanyamuziki mu buzima bwa buri munsi kuva umuntu atekereje urugendo rwo kwinjira mu muziki, igihe abaye icyamamare ndetse n’ubuzima anyuramo mu majoro y'ibitaramo.

Iyi filime yahuje abakinnyi ba filime b’inararibonye muri Afurika y’Iburasirazuba harimo u Rwanda, Uganda na Kenya ikaba yaratwaye imyaka irenga itatu mu itunganywa ryayo kuva ku kwandikwa kugera ku ifatwa ry’amashusho no kumurikwa.

Ni filime yahawemo akazi abarenga 250 ndetse Mighty Popo akaba ayibonamo intangiriro nziza zo kugeza sinema nyarwanda ku ruhando mpuzamahanga dore ko ibigize iyi filime biri ku rwego mpuzamahanga kuva kuri camera kugera ku majwi y’iyi filimi.

Yagize ati “Camera twakoresheje nizo amahanga yose bakoresha bose kuko harimo za LED n’izindi tugize amahirwe na Netflix yayemera. Abakinnyi bo ni abavuye muri Afurika y’Iburasirazuba kandi ni filime yakoreshejwemo amajwi ya 5.1 surround sound ni ibintu niba ntibeshye ashobora kuba aribwo bwa mbere mu Rwanda tubibonye. Ubusanzwe mu Rwanda bakoreshaga amajwi ya Streo.”

Yavuze kandi ko zimwe mu ntego nyamukuru ze zo kwinjira no gukora sinema, ni uko mu nzozi ze ashaka gukora icyamamare muri filime nk’uko mu Rwanda hari ibyamamare bya muzika ndetse bakamenyakana nk’uko umuntu ashobora gukunda umuhinde kandi batumva icyo avuga.

Yagize ati “Inzozi zange ni uko nk’abanyarwanda twagira icyamamare muri filime nkuko tubona ibyamamare mu muziki. Nk’ishuri rya muziki, Urabona ko turimo dukora ibyamamare na filime ndashaka ko tuyigeza kuri urwo rwego. Ni gute twabona umukinnyi wa filime warenza aho Papa Sava ageze n’abandi mu Rwanda ku buryo mu mahanga yose bamumenya. Iyo udafite icyamamare muri filime, ntabwo filime ikundwa.”

Mighty Popo yanemeje kandi ko bamwe mu banyeshuri bo ku ishuri ry’umuziki rya Nyundo bahawe akazi muri iyi filime ndetse baranabihemberwa n’abandi bayikozemo bimenyereza. Yavuze kandi ko iyi filime ishobora kuzashyirwa mu kinyarwanda kugira ngo abantu benshi mu Rwanda bayirebe ndetse banasobanukirwe neza ubutumwa buri muri iyi filime cyane ko igaruka ku buzima bwa buri munsi.

Mighty Popo yashyize hanze igice cya mbere muri bitatu bigize filime Killer Music

Abakinnyi bakoreshejwe muri iyi filime batoranyijwe mu bihugu bya Uganda, Kenya n'u Rwanda naho filime ifatirwa amashusho muri Uganda no mu Rwanda 

Bamwe mu bakinnyi ba filime mu Rwanda, Butera Knowless na Clement wagize uruhare mu itunganywa ry'amajwi y'iyi filime bitabiriye ibirori byo kuyimurika

Mighty Popo avuga ko inzozi ze mu gushora muri filime ari ugukora ibyamamare muri sinema y'u Rwanda bakamenyekana ku Isi hose 

Reba ikiganiro cya Mighty Popo asobanura iyi filime ye



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...