Mu gihe umuziki nyarwanda ukomeje
kuvamo abahanzi benshi bafite impano, ariko bamwe bakabura urubuga rubafasha
kuzimurika no kuzihindura umwuga, hatangijwe irushanwa rishya ryiswe ‘Rwanda
Next Super Star’, rigamije guha amahirwe abanyempano bafite inyota yo kwinjira
mu muziki cyangwa kuwukomeza ku rwego rwo hejuru.
Iri rushanwa ryitabiriwe n’abasore
n’inkumi barenga 100, biyandikishije bafite intego imwe: kugaragaza impano zabo
no guhatanira amahirwe yo kuba umwe mu bazavamo umuhanzi w’ahazaza.
Mu cyiciro cya mbere cy’irushanwa,
kizwi nka ‘Pre-Selection’, Akanama Nkemurampaka kagizwe n’abafite
ubunararibonye mu muziki nyarwanda kahisemo abanyempano 50 bakomeje mu cyiciro
gikurikiraho.
Aka Kanama kagizwe n’umuhanzi Mico
The Best, mugenzi we Bahati Makaca, ndetse na Producer Iyzo Pro, bose bafite
ubunararibonye butandukanye mu ruganda rw’umuziki.
Bahati Makaca, umwe mu bari
gutegura iri rushanwa, yabwiye InyaRwanda ko guhitamo aba 50 byari intambwe ya
mbere mu rugendo rurerure rw’iri rushanwa.
Yagize ati: “Aba banyempano 50
batsinze, bagiye gukomeza mu kindi cyiciro. Mu minsi iri imbere tuzatangaza ku
mugaragaro amatariki n’uburyo irushanwa rizakomeza, ndetse n’uburyo aba 50
bazahatana.”
Kuba abarenga 100 baritabiriye iri
rushanwa ku nshuro yaryo ya mbere, bigaragaza inyota ikomeye iri mu rubyiruko
rwo kubona urubuga rwo kwigaragaza mu muziki.
Kuri bamwe, impano irahari ariko
amahirwe yo kuyerekana akaba make. Ni yo mpamvu abategura ‘Rwanda Next Super
Star’ bavuga ko bashaka ko iri rushanwa riba ahantu umuhanzi utaramenyekana
ashobora gutangirira urugendo rwe, aho kuba amarushanwa yo gushaka uwatsinze
gusa.
Impano
nyinshi, ariko amahirwe si ko angana
Mu myaka ishize, u Rwanda rwagiye
ruvamo abahanzi bagaragaza ubuhanga ndetse bakagera no ku rwego mpuzamahanga.
Ariko nubwo amazina mashya akomeza kwiyongera, haracyari ikibazo cy’urubyiruko
rufite impano rutabona uburyo buhagije bwo kwigaragaza no kubona abantu
barushyigikira.
‘Rwanda Next Super Star’ ije muri
uwo murongo wo kugerageza gufungura urugi ku bafite impano ariko batarabona
amahirwe yo kumenyekana.
Abo banyempano bazanyura mu byiciro
bitandukanye, aho buri cyiciro kizagenda gishyira ku murongo abashoboye
gukomeza, kugeza ubwo hazamenyekana uzegukana umwanya wa ‘Next Super Star’.
Icyakora, ku bakurikira iri
rushanwa, igikomeye si ukumenya gusa uzatwara igihembo cya nyuma, ahubwo ni
ukureba niba abazaryitabira bazabona ubufasha burambye nyuma y’irushanwa.
Kuko mu muziki, gutsinda irushanwa
bishobora kuba intangiriro, ariko kugira ngo impano ihinduke umwuga bisaba
amahugurwa, abajyanama, abatunganya umuziki, ubushobozi bwo gukora no
kuwushyira ku isoko ndetse n’urubuga rwo kugera ku bafana.
Ni muri urwo rwego ‘Rwanda Next Super Star’ ishobora kuba amahirwe akomeye ku banyempano 50 bamaze gukomeza, cyane cyane niba ibyiciro bizakurikiraho bizaba birimo kubatoza, kubahuza n’abafite ubunararibonye no kubafasha kumenya uko impano yabo yakura ikabyara umusaruro.

Uhereye ibumoso: Iyzo Pro, Bahati Makaca ndetse na Mico The Best bashyizwe mu Kanama k'irushanwa 'Rwanda Next Super Star'

Producer Iyzo Pro yagize uruhare mu guhitamo abanyempano 50 bakomeje mu kindi cyiciro cy'iri rushanwa






Bahati yavuze ko abarenga 100 bitabiriye amajonjora ya mbere mbere y'uko hashakishwa abazagera mu kindi cyiciro



Umuhanzi Bahati uri mu bari gutegura irushanwa 'Rwanda Next Super Star' riri kuba ku nshuro ya mbere muri iki gihe

Umuhanzi Mico The Best wamamaye mu ndirimbo nka 'Igare' yifashishijwe mu guhitamo abanyempano bakomeza mu kindi cyiciro
