Aya makuru yatangajwe na AG
Promoter wabwiye InyaRwanda, ko umuryango we wagutse mu ijoro ryo ku wa 15
rishyira ku wa 16 Nzeri 2026.
AG Promoter yavuze ko umwana ari
umukobwa, ariko ahitamo kutagaragaza ibitaro yavukiyemo.
Uyu mugabo yavuze ko ashima Imana
yabanye nabo muri uru rugendo. Ati “Mana, ndagusimira cyane ku mpano nziza
wampaye. Wampaye umugore w’agaciro, none umpa n’umukobwa mwiza Kami Cinta. Nta
kindi navuga uretse kuvuga ngo urakoze Mana.”
AG Promoter na Micky bakiriye
imfura yabo nyuma y’igihe gito bashinze urugo. Ubukwe bwabo bwabaye ku wa 31
Mutarama 2026, nyuma y’urukundo bari bamaze igihe barimo.
Mbere yo gukora ubukwe, aba bombi
bari baramaze no gusezerana imbere y’amategeko. Ku wa 27 Ugushyingo 2025,
basezeranye mu muhango wabereye ku biro by’Umurenge wa Nyarugenge.
Ibi byakurikiwe n’umuhango wo
kwambikana impeta wabereye ku musozi wa Rebero, aho AG Promoter yasabye Micky
kuzamubera umugore, na we akabyemera.
Urukundo rw’aba bombi rwatangiye mu
2024, nubwo mu ntangiriro batari barushyize ku karubanda. Hari n’igihe
babwiraga itangazamakuru ko bafitanye isano y’ubuvandimwe.
Nyuma yaho, uko iminsi yagendaga,
umubano wabo watangiye kurushaho kumenyekana, cyane cyane ku mbuga
nkoranyambaga.
Amaherezo bemeye ku mugaragaro ko
bakundana, bakomeza urugendo rwabo kugeza ubwo basezeranye ndetse bakubaka
urugo.
Kuri ubu, AG Promoter na Micky batangiye igice gishya cy’ubuzima bwabo nk’ababyeyi, nyuma yo kwakira umwana wabo wa mbere w’umukobwa.

Micky n’umugabo we bibarutse imfura yabo y’umukobwa

AG Promoter yatangaje ko umwana wabo w’imfura bamwise ‘Kami Cinta’

