Michelle Yeoh wamamaye muri filime yahuriyemo n'abarimo Jackie Cha ari mu Rwanda

Imyidagaduro - 03/09/2025 6:48 AM
Share:

Umwanditsi:

Michelle Yeoh wamamaye muri filime yahuriyemo n'abarimo Jackie Cha ari mu Rwanda

Umukinnyi w’ikirangirire muri sinema mpuzamahanga, Michelle Yeoh, wamamaye muri filime z’imirwano zakunzwe ku Isi nka Crouching Tiger, Hidden Dragon, Tomorrow Never Dies na Everything Everywhere All At Once yamuhesheje igihembo cya Oscar, ari mu Rwanda aho yasuwe Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruri ku Gisozi ndetse anasura Ingagi mu Birunga.

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri tariki 2 Nzeri 2025, Michelle Yeoh yanditse kuri konti ye ya Facebook agaragaza ibyishimo byo kugera mu Rwanda, ati: “Nageze mu gihugu cyiza cy'u Rwanda, mpita njya ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali. Kwibuka no kwiga, uko abantu bagaragaje kwihangana, ubumwe ndetse no gukomeza imbere mu nzira yo kubabarira no kugira ineza.”

Nyuma y’amasaha macye, ni ukuvuga mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 3 Nzeri 2025, uyu mukinnyi w’icyubahiro yanasuye Ingagi zo mu Birunga, ashimishwa cyane n’uburyo yakiriwe.

Yagize ati: “Ni njyewe uri aha!! Yooo! Yooo! Yooo! Murakoze Rwanda. Ni mu gitondo cyiza cyane nagiranye n’umuryango w’Ingagi uyobowe na Big Ben (ingagi nkuru y’umugabo). Nifashe amashusho igihe yahindukiraga ikanyura hafi yanjye. Byari ibintu bitangaje cyane.”

Amateka y’ubuzima bwa Michelle Yeoh

Michelle Yeoh Choo Kheng yavukiye i Ipoh muri Malesia (Soma Maleziya) ku wa 6 Kanama 1962, avukira mu muryango w’Abashinwa. Yakuze akunda kubyina, atangira kubyiga afite imyaka 4.

Yaje kwiga muri Royal Academy of Dance i Londres, ariko imvune ikomeye y’umugongo imubuza gukomeza nk’umukinnyi wabigize umwuga. Yahise yerekeza mu bijyanye na sinema n’imbyino.

Mu 1983, yatsindiye ikamba rya Miss Malaysia World, ahita akomeza gutera intambwe mu ruhando mpuzamahanga. Nyuma yo kugaragara mu bikorwa byamamaza, yinjiye muri sinema z’imirwano i Hong Kong.

Mu 1985, yamenyekanye cyane muri filime “Yes, Madam” yakoranye na Jackie Chan na Cynthia Rothrock, atangira kumenyekana nk’umukinnyi w’imirwano udakoresha abasimbura (stunts).

Mu 1987 yahagaritse gukina nyuma yo gushakana n’umukire ukora sinema Dickson Poon, ariko mu 1992 agaruka mu ruhando rw’imirwano ubwo bari batandukanye. Filime “Police Story 3: Supercop” yakoranye na Jackie Chan yamuhaye ikuzo rikomeye muri Aziya (Asia).

Gukomera muri Hollywood

Michelle Yeoh yinjiye muri Hollywood mu 1997 ubwo yakinnye muri filime ya James Bond “Tomorrow Never Dies” nka Wai Lin, umukobwa uzi imirwano. Ibi byamuhesheje kumenyekana ku rwego mpuzamahanga.

Mu 2000, yakinnye muri “Crouching Tiger, Hidden Dragon”, filime y’Ubushinwa yateje impinduka mu mateka ya sinema. Yegukanye ibihembo bikomeye ndetse iba imwe muri filime zacurujwe cyane muri icyo gihe.

Yakomeje gukina mu mafilime akomeye arimo: “Memoirs of a Geisha” (2005), “Sunshine” (2007), “The Mummy: Tomb of the Dragon Emperor” (2008), “The Lady” (2011), akinamo Aung San Suu Kyi, bigatuma yubashwa cyane mu ruhando rwa politiki n’ubumuntu.

Mu 2016, yagarutse muri filime “Crouching Tiger, Hidden Dragon: Sword of Destiny”, ahuriramo na Donnie Yen, umwe mu bakinnyi bakomeye b’imirwano ku Isi.

Izina rikomeye muri sinema y’iki gihe

Kuva mu 2017, Michelle Yeoh yakinnye muri “Star Trek: Discovery” nk’umuyobozi. Mu 2018 yigaragaje muri “Crazy Rich Asians”, filime yakunzwe cyane ku Isi yose.

Mu 2021, yakinnye muri Marvel Studios mu filime “Shang-Chi and the Legend of the Ten Rings.”

Ariko intsinzi nyayo yaje mu 2022 ubwo yakinaga muri filime “Everything Everywhere All At Once”, yahindutse igihangano cy’amateka.

Ku wa 12 Werurwe 2023, Michelle Yeoh yegukanye Oscar nk’Umukinnyi mwiza mu ruhande nyamukuru (Best Actress), aba Umunya-Malasia wa mbere n’Umunyaziya wa mbere wegukanye iki gihembo rikomeye.

Kuri ubu, Michelle Yeoh ari mu Rwanda aho yatangiye gusura ahantu nyaburanga n’ah’amateka, birimo Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruri ku Gisozi n’Ingagi zo mu Birunga.

Yagaragaje ko yanyuzwe n’uko yakiriwe, anashimira u Rwanda ku mateka y’ubwiyunge n’ubumwe ndetse n’ubuzima bwiza bwo gusura ingagi mu Birunga.

Ni urugendo rugaragaza uburyo u Rwanda rukomeje kuba igicumbi cy’abanyacyubahiro n’ibyamamare bikomeye ku rwego rw’Isi. 

Michelle yasobanuriwe amateka yagejeje u Rwanda mu icuraburindi rya Jenoside yakorewe Abatutsi yatwaye ubuzima bw'abarenga Miliyoni 

Michelle yeretswe uko Jenoside yateguye igashyirwa mu bikorwa, aho umugambi wari ukurimbura Abatutsi 

Michelle yashyize indabo ku mva yunamira inzirakarengane zishyinguye mu rwibutso


Michelle Yeoh, umwe mu bakinnyi ba filime bubashywe ku Isi, yageze mu Rwanda yishimira kwiga amateka no gusura ibyiza nyaburanga


Michelle yabaye umukinnyi ukomeye ku Isi nyuma yo guhurira muri filime n’abarimo Jackie Chan na Donnie Yen, kugeza ubwo yegukanaga igihembo cya Oscars


Michelle Yeoh ubwo yasuraga Ingagi mu Birunga, agaragaza ibyishimo byo guhura na Big Ben, ingagi nkuru iyobora umuryango

Michelle Yeoh ageze i Kigali, mu gihe ku wa Gatanu tariki 5 Nzeri 2025 hazaba ibirori by'umuhango wo Kwita Izina abana b'ingagi uzaba ku nshuro ya 20


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...