Michelle Yeoh uri mu bise izina abana b’ingagi agiye guhabwa inyenyeri y’abanyabigwi

Imyidagaduro - 12/02/2026 6:40 AM
Share:

Umwanditsi:

Michelle Yeoh uri mu bise izina abana b’ingagi agiye guhabwa inyenyeri y’abanyabigwi

Umukinnyi wa filime w’icyamamare ukomoka muri Malaysia, Michelle Yeoh Todt, uheruka no kugaragara mu muhango wo Kwita Izina wabereye i Kinigi mu Karere ka Musanze, agiye guhabwa inyenyeri y’abanyabigwi izwi nka “Hollywood Walk of Fame”, icyubahiro gihabwa ibyamamare byagize uruhare rudasanzwe mu myidagaduro ku Isi.

Michelle Yeoh ni umwe mu byamamare byitabiriye umuhango wo Kwita Izina ku wa 5 Nzeri 2025, aho yise umwana w’ingagi izina rya “Rwogere”, agaragaza urukundo n’ubufatanye mu kubungabunga ibidukikije by’umwihariko ingagi zo mu Birunga.

Azahabwa inyenyeri ya 2,836 kuri Hollywood Walk of Fame

Nk’uko byatangajwe n’Urugaga rw’Ubucuruzi rwa Hollywood (Hollywood Chamber of Commerce), Michelle Yeoh azahabwa inyenyeri ya 2,836 kuri Hollywood Walk of Fame ku wa 18 Gashyantare 2026, mu birori bizabera kuri 6927 Hollywood Boulevard i Los Angeles muri Leta ya California.

Azayihabwa mu cyiciro cya “Motion Pictures”, cyagenewe abakinnye filime bagize uruhare rukomeye mu iterambere rya sinema. Ibirori bizayoborwa n’abatunganya filime Jon M. Chu na Ang Lee, bafatanyije n’umunyamakuru Jenelle Riley.

Ana Martinez, ushinzwe ibikorwa bya Walk of Fame, yavuze ko bishimiye kwakira Michelle Yeoh muri uru rwego rw’abanyabigwi.

Ati s“Impano idasanzwe ya Michelle, ubuhanga n’urugendo rwe rwarenze imipaka byasize ikimenyetso kidashobora gusibangana mu myidagaduro. Inyenyeri ye ni icyubahiro gihabwa umuntu waciriye inzira abandi kandi ugikomeje guhumuriza no gutera imbaraga abamukurikira ku Isi hose.”

Yaciye agahigo muri Oscars

Mu 2023, Michelle Yeoh yanditse amateka ubwo yabaga umugore wa mbere ukomoka ku mugabane wa Aziya wegukanye igihembo cya Oscar ya “Best Actress” kubera filime “Everything Everywhere All At Once” (2022).

Mu ijambo rye ryashimishije benshi, yavuze ati “Ku bahungu n’abakobwa bato basa nanjye bari kutureba uyu mugoroba, iki ni ikimenyetso cy’icyizere n’amahirwe. Ni gihamya ko inzozi zishobora gusohora. Kandi bagore, ntihakagire ubabwira ko igihe cyanyu cyarangiye. Ntimuzacike intege.”

Aya magambo yagaragaje ubutumwa bwe bwo guharanira amahirwe angana no gutinyuka ku rubyiruko n’abagore ku Isi yose.

Akomeje ibikorwa bishya muri sinema

Inkuru y’inyenyeri agiye guhabwa ije nyuma y’uko filime ngufi aherutse gukinamo yitwa “Sandiwara”, hasohotse umusogongero (trailer) mbere yo kwerekanwa ku nshuro ya mbere mu Iserukiramuco mpuzamahanga rya filime rya Berlin (Berlin International Film Festival) ku nshuro ya 76.

Muri iyo filime, Michelle Yeoh akina inshingano zitandukanye, akorana n’umuyobozi wa filime watsindiye Oscar, Sean Baker, wamamaye mu bikorwa nka “Anora” na “The Florida Project”.

Aherutse kandi kugaragara muri filime ya “Wicked” akina nka Madame Morrible. Mu kiganiro yahaye Harper’s Bazaar UK mu Ukuboza 2024, yavuze ko imwe mu nzozi ze ari ugukina muri filime irimo kubyina cyane kuko kubyina ari byo yatangiriyeho mbere yo kwinjira mu gukina filime.

Yagize ati: “Ndifuza kuzabyina muri filime. Kubyina ni byo natangiriyeho kandi ndacyabikunda.”

Mbere yo kuba icyamamare muri sinema, Michelle Yeoh yari yarize kandi akora umwuga wo kubyina.

Urugendo rw’icyubahiro rufitanye n’isano n’u Rwanda

Ku Rwanda, Michelle Yeoh azahora yibukwa nk’umwe mu byamamare byahisemo gushyigikira ibikorwa byo kubungabunga ibidukikije binyuze mu Kwita Izina, aho yise umwana w’ingagi “Rwogere”, izina rifite igisobanuro cyimbitse ku kubaho no gukomeza urugendo.

Icyubahiro agiye guhabwa i Hollywood ni indi ntambwe ikomeye mu rugendo rwe rw’imyaka myinshi mu myidagaduro, urugendo rwaranzwe no kwihangana, gukora cyane no guharanira guhindura amateka.


Michelle Yeoh wise izina umwana w’ingagi ‘Rwogere’ mu Rwanda, agiye guhabwa icyubahiro cy’inyenyeri kuri Hollywood Walk of Fame

 

Nyuma yo guca agahigo muri Oscars, Michelle Yeoh agiye kwandikwa mu banyabigwi ba Hollywood ahabwa inyenyeri ya 2,836

Michelle Yeoh, umukinnyi wubatse izina rye ku rwego mpuzamahanga, ariko kandi wagize n’umwanya wo kugera mu Rwanda no gusangira n’Abanyarwanda ibihe by’ingenzi mu muhango wa Kwita Izina


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...