Ni mu
gitaramo cyabaye mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane tariki 4 Gicurasi 2023, kuri
Mundi Center-Rwandex ari nabwo bwa mbere cyari kihabereye.
Ibi bitaramo
bimaze imyaka ibiri bibera ku butaka bw’u Rwanda, bitegurwa na CIM ya Fally
Merci, umunyarwenya wigaragaje cyane kuva yatangira gukorana na Nkusi Arthur.
Uyu musore
amaze iminsi akoze amavugurura muri ibi bitaramo abyimurira kuri Mundi-Center
nyuma y’igihe cyari gishize bibera kuri ArtRwanda-Ubuhanzi, imbere ya Centre
Culturelle Francophone.
Bimaze
kugaragaza impano z’abakiri bato batanga icyizere. Ndetse, basigaye batumira
umwe mu bantu bafite ibyo bagezeho cyangwa batangije akaganiriza urubyiruko.
Intwari
Christian washinze Umuryango ‘Our Past Initiative’ ni we wari umutumirwa w’umunsi.
Yagarutse ku rugendo rw’imyaka ishize atangije uyu muryango uhuza urubyiruko
ukabafasha kwiga amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi, imbogamizi bagihura
nazo, imishinga bari gukoraho muri iki gihe n’ibindi.
Uyu musore
yavuze ko ‘nakuriye mu rugo rw’ababyeyi babuze ababo muri Jenoside’ byatumye
ashishikarira kumenya icuraburundi u Rwanda rwanyuzemo.
Avuga ko mu
gihe bamaze bahuriza urubyiruko ku rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali mu mugoroba
wo kwiga amateka yaranze u Rwanda hari byinshi bishimira.
Nyuma yo
gutanga ikiganiro, yakurikiwe n’abanyarwenya barimo Muhinde wibanze cyane ku
barimo Junior Giti wari mu bantu bitabiriye iki gitaramo.
Yibanda
cyane ku kuntu iwabo mu muryango ari bagufi kuburyo kuri we guterera ivi
umukobwa bitamusaba ko apfukama. Ati “Nonese naguterera ivi mpagaze?"
Yakurikiwe n’umunyarwenya
Admin Seka utahiriwe n’uyu munsi. Uyu musore yagerageje kureba mubyo yari
yateguye ariko biranga. Ubwo yinjiraga ku rubyiniro, yinjiriye mu ndirimbo ‘We
sha’ y’umuraperi Papa Cyangwe.
Admin yateye
urwenya ku muhangamideli Franco Kabano, anagaruka ku migani avuga ko abona
itajyanye n’igihe. Ati “U Rwanda ruzira umwuga, kuki umwuga utazira u Rwanda."
Avuye ku
rubyiniro, Fally Merci yakiriye Gafotozi Kadafi amubaza ukuntu yiyita umugabo
wa Miss Nishimwe Naomie. Ahawe umwanya, Kadafi yitaye cyane ku kuvuga uburyo
abantu bamuserereza ngo avuga ko afite imodoka kandi atayigira, anagaruka ku
kuntu yateye inkunga umusore wasabyekugurirwa imishani yogosha.
Umunyarwenya
akaba n’umunyamakuru wa Radio/Tv10, Taikun Ndahiro yateye urwenya ku gukundana
n’umukobwa w’umuganga, amazina adasobanutse, uko abasirikare batereta, amazina
y’inka ariko uvugamo abantu bakwambuye n’ibindi.
Ibi bitaramo
ntawe biheza, kuko bahaye urubuga n’umunyarwenya ufite ubumuga bwo kutabona,
wagarutse ku burwayi bwe, ubwiza bw’abakobwa b’i Kigali n’ibindi.
Rufendeke, umunyarwenya w’umunsi:
Uyu musore
yamaze umwanya munini yitaruye bagenzi be ari gusubiramo ibyo yavugiye imbere.
Yanyuzagamo akikura ikote, ubundi agakora ku kimenyetso cy’umusaraba.
Ni umwe mu
bo mu muryango w’umunyarwenya akaba n’umukinnyi wa filime ‘Kanyombya’. Uyu
musore yinjiye ku rubyiniro abyina, amaze asaba ko asubirayo akaba ariwe
wiyakira ku rubyiniro mu rwego rwo kugaragaza ko ashoboye imirimo yose.
Buri rwenya yategeraga yabazaga niba abemeje, ubundi akabivanga no kubyina. Yateye ku rwenya anisunze ururimi rw’igifaransa mu ‘kumvikanisha y’uko uru rurimi nduvuga neza’.
Yagarutse ku
mibereho y’imiryango, uko yakuze akunda gukubagana, uburyo bitoroshye kubwira
umubyeyi w’umunyarwanda ko umukunda, kwimyira n’ibindi byatumye uyu musore ava
ku rubyiniro akomerwa amashyi.
Bitewe n’uburyo
yitwaye ku rubyiniro, Kadafi yamusanze ku rubyiniro amuhundagazaho amafaranga
mu rwego rwo kumushimira.
Umunyarwenya
mpuzamahanga Michael Sengazi ari nawe wasoje iki gitaramo, yateye urwenya ku
mukobwa umaze iminsi uca ibintu ku mbuga nkoranyambaga agaragara asemurira
nyina mu rusengero, akoresha cyane amagambo arimo nka ‘ko’ uyu mukobwa
yifashishije cyane.
Yanagarutse
ku bice bitatu bw’abakobwa; igice cya mbere ni umukobwa mukundana wumva
wamwereka imiryango, igice cya kabiri ni umukobwa mukundana ariko ukaba
utamwereka imiryango, igice cya gatatu ni ‘umukobwa umeze nk’umugore wa Platini’.
Yateye
urwenya ku kuntu yatereswe n’umusore mugenzi we ariko akabaza kumwangira.
Abitabiriye
igitaramo cya 'Gen-Z Comedy' bafashe umwanya wo kuzirikana abahitanwe n'ibiza mu
Majyaruguru, Amajyepfo n'Uburengerazuba

Umunyarwenya akaba n'umukinnyi wa filime 'Bamenya' yagarutsweho cyane muri iki gitaramo cy'urwenya

Umuhanzi
akaba n'umusizi Rumaga yabajijwe aho akura kuvuga Ikinyarwanda cyumutse 
Muyoboke Alex wabaye umujyanama w'abahanzi bakomeye mu Rwanda, ni umwe mu bitabiriye iki gitaramo

Umunyarwenya Bamenya yasetse arihirika, umuhangamideli Kabano Franco nawe bigenda uko

Abarimo
'Mama Sava', 'Kamaro' n'abandi ntibacitswe n'iki gitaramo cy'urwenya 

Abanyarwenya
bagarutse ku ngingo zinyuranye zatumye abantu baseka barihirika 
Intwari Christian yagarutse ku rugendo rwo gushinga 'Our Past Initiative' mu kiganiro yagiranye na Fally Merci 
Umusore uzwi
nka 'Ntama w'Imana' kuri Twitter uherutse gufungurwa, ntiyacitswe n'iki gitaramo 
Umunyamakuru Dj Diddyman yifashishije telefoni ye yafashe amashusho y'urwibutso rw'iki gitaramo

Umunyarwenya
Admin yagerageje kumvisha abantu urwenya yateguye ariko ntibyagera ku kigero
yifuzaga

Umuhanzi
Chriss Eazy ari kumwe na Dyelan Kabaka usobanura filime bahuriye muri 'Giti
Business Group' 
Abanyamakuru ba Isibo Tv, Zaba Missed Call na Lynda ni bamwe mu bitabiriye iki gitaramo 
Gafotozi Kadafi ari kumwe na Rocky Kirabiranya uzwi mu basobanura filime

Fally Merci
asuhuzanya n'umuhanzi Chriss Eazy wamwigishije kubyina indirimbo 'Edeni'







Intwari Christian washinze umuryango ‘Our Past Initiative’ yavuze aho yakuye igitekerezo n’imishinga ibaraje ishinga

Umunyamideli Kabano ni umwe mu bakunze kwitabira cyane ibi bitaramo

Fally Merci avuga ko yishimiye kuba abantu bitabiriye igitaramo cye nyuma y'uko yimukiye aho azajya abikorera mu buryo buhoraho 
Umunyarwenya
Fally Merci yateye urwenya ku ndirimbo z’Abadventiste ndetse no mu barokore 
Umunyarwenya
Muhinde yongeye kwigwizaho abafana. Amaze igihe atanga ibyishimo ku bitabiriye
ibitaramo bya Gen-Z Comedy 
Umunyarwenya Admin Seka uri mu batanga icyizere, ntiyahiriwe cyane na Gen-Z Comedy yo kuri uyu wa Kane tariki 4 Gicurasi 2023

Junior Giti washinze Giti Business Group yagarutsweho cyane muri ibi bitaramo


Umunyarwenya akaba n'umunyamakuru wa Radio/Tv10, Taikun Ndahiro

Umunyarwenya Kwizera ufite ubumuga bwo kutabona yagarutse ku buzima bwe



Mbere yo kwinjira wabanzaga kwerekana ko waguze itike ikwemerera kwinjira

Chriss Eazy yigishije Fally Merci kubyina indirimbo 'Ideni' ikunzwe muri iki gihe


Rufendeke yahawe amafaranga n'abarimo Kadafi bamushimira kubashimisha

Rufendeke yashimye Junior Giti ku bwo kumushyigikira mu rugendo rwo gutera urwenya




Fred Rufendeke yagaragaje ko gutera urwenya atari ibintu ashakisha

Kadafi yagaraje ko mu bijyanye no gutera urwenya ari mu batanga icyizere

Umunyarwenya Mpuzamahanga, Michael Sengazi yateye urwenya yibanze ku mvune abasore n'inkumi bahura nazo

Umuyobozi w'Ikigo Songa Logistics, Senga Jean Bosco yitegereza abanyarwenya barimo Fred Rufendeke yafashije mu rugendo rwo gutera urwenya

























Kanda hano urebe amafoto yaranze igitaramo cya Gen-z Comedy
AMAFOTO:
Ndayishimiye Nathanael- INYARWANDA.COM
