Michael Bay wayoboye filime ‘Bad Boys’ yavuze ko ibirori byo Kwita Izina bisumba ibya ‘Super Bowl’

Imyidagaduro - 06/09/2025 7:21 AM
Share:

Umwanditsi:

Michael Bay wayoboye filime ‘Bad Boys’ yavuze ko ibirori byo Kwita Izina bisumba ibya ‘Super Bowl’

Michael Bay uzwi cyane nk’umuyobozi wa filime z’uruhererekane rwa Bad Boys n’izindi zikomeye ku isi, yashimye imigendekere y’umuhango wa Kwita Izina 2025 wabereye mu Kinigi, avuga ko ari ibirori bikomeye cyane bigeza aho bigomba kuba isomo rikomeye ku bategura "Super Bowl Half Time Show" yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Uyu mugabo wubatse izina rikomeye muri sinema ku isi, yise umwana w’ingagi izina “Umurage”, avuga ko ari izina rifite agaciro gakomeye ryerekana ejo hazaza n’icyo gusigira isi yose. Yongeyeho ko nk’umuyobozi wa filime azaharanira ko iyi ngagi ayihindurira “umukinnyi wa filime” mu buryo bwo kuyimenyekanisha no kuyigira ikirangirire.

Michael Bay yashimye cyane ababyinnyi basusurukije abantu, umutuzo n’imbaraga byaranze ibi birori. Ati: “Ni ibintu bitangaje cyane. Ababyinnyi bari beza cyane. Ibi birori byatuma Super Bowl Half Time Show isa nk’aho ari nto ugereranyije na byo. Ndanezerewe kuba ndi hano, kandi izina nahaye umwana wanjye w’ingagi rivuga ‘Umurage’. Naramubonye ni mwiza cyane. Nahisemo kumuha akazina ka 'Mason Rock'

Yakomeje ashimira u Rwanda kuba ku isonga mu bikorwa byo kurengera inyamaswa n’ibidukikije, avuga ko ari inshingano za buri wese ku isi ariko u Rwanda rukaba ari urugero rukomeye abandi bagomba kwigiraho.

Umuhango wa Kwita Izina wabaye ku nshuro ya 20 kuri uyu wa Gatanu, tariki 5 Nzeri 2025, mu Karere ka Musanze, aho abana b’ingagi 40 bavukiye mu birunga bahawe amazina.

Super Bowl Half Time Show ni kimwe mu birori bikomeye cyane ku isi, bikurikirwa na Miliyoni nyinshi z’ababireba kuri Televiziyo. Ni igitaramo kiba hagati mu gice cya kabiri cy’umukino wa nyuma wa Super Bowl; finali ya shampiyona ya NFL muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika).

Byatangiye mu myaka ya 1960, ariko icyo gihe byarimo cyane cyane korari, amashuri yisumbuye yitabiraga. Nyuma, mu myaka ya 1990, byahindutse ahantu ho kumenyekanye kw’ibyamamare mu muziki batumirwa kandi bakaririmba.

Abahanzi bakomeye banyuze muri ibi birori barimo nka: Michael Jackson (1993), Beyoncé, Madonna, Shakira na Jennifer Lopez, The Weeknd, Dr. Dre, Snoop Dogg, Eminem, Kendrick Lamar, Rihanna n’abandi benshi.

Buri gitaramo kimara hagati y’iminota 12 na 15, kikaba cyuzuyemo umuziki, imbyino n’udushya twinshi tugamije gushimisha abakunzi b’umupira w’amaguru n’abarimo kureba ku isi yose.

Abaterankunga bishyura amafaranga menshi cyane ngo batambutse amatangazo yabo mu gihe cya Super Bowl, kubera ko ari cyo gice kinini gikunzwe kurebwa cyane kuri televiziyo muri Amerika. Super Bowl Half Time Show ni kimwe mu bitaramo by’imena ku isi, gihuza umupira w’amaguru n’imyidagaduro ku rwego rwo hejuru.


Michael Bay, umuyobozi wa filime ‘Bad Boys’ yavuze ko ibirori byo Kwita Izina bikwiye gusiga isomo ku bategura ‘Super Bowl Half Time Show’ 

Michael Bay yahaye umwana w’ingagi izina “Umurage”, avuga ko ari izina ry’icyizere n’ahazaza 

Michael Bay yashimangiye ko u Rwanda ruri ku isonga mu kurengera inyamaswa, kandi ibi ni isomo isi yose igomba kwigiraho


Mbere yo gusubira mu byicaro, Michael Bay yasuhuje abakaraza bari mu Kinigi mu Karere ka Musanze


Kendrick Lamar yakoze igitaramo gikomeye muri Super Bowl LIX cyabereye kuri Caesars Superdome i New Orleans, Louisiana, ku ya 9 Gashyantare 2025




KANDA HANO UREBE IJAMBO RYA MINISITIRI W'INTEBE, DR. JUSTIN NSENGIYUMVA

CHRISS EAZY YATARAMIYE MU KINIGI MU KARERE KA MUSANZE


AMAFOTO: The New Times



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...