Ibi byatangajwe n’ishyirahamwe ry’abarimu rya CNTE
(National Coordinating Committee of Education Workers), rivuga ko niba ibyo
risaba bidakemutse, rizatangiza imyigaragambyo ku rwego rw’igihugu “mu gihe
cy’Igikombe cy’Isi.”
CNTE yavuze ko ibyo basaba ari “ibidasubirwaho”,
birimo ibyo bahabwa mu kiruhuko cy'izabukuru bibabeshaho neza, kongererwa
umushahara, kurindwa ku kazi no kubona uburezi buharanira inyungu
z’abaturage aho gukorera inyungu z’ibigo by’ubucuruzi.
Iri shyirahamwe rikomeje kwamagana cyane itegeko rya
ISSSTE ryo mu 2007, rivuga ko ryagize ingaruka mbi ku izabukuru z’abakozi ba
Leta, cyane cyane abarimu.
Mexique iri mu bihugu bizakira Igikombe cy’Isi cya
2026 hamwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Canada. Iri rushanwa rizatangira
tariki ya 11 Kamena kugeza ku ya 19 Nyakanga 2026.
Biteganyijwe ko umukino wo gufungura iri rushanwa
uzabera kuri Stade Azteca iherereye mu Mujyi wa Mexico, aho Mexique izahura na
Afurika y’Epfo tariki ya 11 Kamena 2026.
Ku wa Gatanu ushize, abarimu ibihumbi n’ibihumbi
bakoze imyigaragambyo mu Mujyi wa Mexico bitwaje ibyapa n’amabendera, mu rwego
rwo kugaragaza ko batishimiye imibereho yabo ndetse n’uburyo pensiyo zabo
ziteye.
CNTE yavuze ko “iyi atari intambara y’abarimu gusa,
ahubwo ari iy’abakozi bose bafite impungenge z’ejo hazaza habo.
Yongeyeho iti: “Nta mpamvu yo kwizihiza Umunsi
w’Abarimu mu gihe hari miliyoni z’abakozi bakomeje guhabwa pensiyo nto
idashobora gutuma babaho neza.”
Mu ntangiriro z’uku kwezi, Minisiteri y’Uburezi muri
Mexique yari yatangaje ko umwaka w’amashuri wa 2026 uzarangira kare ku wa 5
Kamena aho kuba ku wa 15 Nyakanga, bitewe n’ubushyuhe bukabije ndetse no
kwakira Igikombe cy’Isi.
Icyakora, icyo cyemezo cyaje kwamaganwa n’abarimu
ndetse n’imiryango iharanira uburenganzira bw’ababyeyi, bituma Leta iza kugihagarika.
Ibibazo by’abarimu muri Mexique si bishya. Muri
Gicurasi 2025, imyigaragambyo yabo yigeze guhagarika ibikorwa ku Kibuga
cy’Indege cya Benito Juarez kiri mu Mujyi wa Mexico, nyuma y’uko Leta yari
yatangaje ko izamura imishahara yabo ku kigero cya 10% ndetse ikanabongerera
icyumweru kimwe cy’ikiruhuko.
