Mexico: Carolina wigeze kwambikwa ikamba ry'ubwiza yishwe arashwe ku myaka 27

Imyidagaduro - 24/04/2026 3:21 PM
Share:

Umwanditsi:

Mexico: Carolina wigeze kwambikwa ikamba ry'ubwiza yishwe arashwe ku myaka 27

Inkuru ibabaje yakwirakwiye muri Mexico nyuma y’uko uwahoze ari nyampinga, Carolina Flores Gómez, yishwe arashwe ku myaka 27, mu gikorwa cyateye impungenge gikomeje gukorwaho iperereza rikomeye.

Uyu mukobwa wari warambitswe ikamba ry'ubwiza rya "Miss Teen Universe Baja California" mu mwaka wa 2017, yishwe ku wa 15 Mata 2026, mu nzu yabagamo iri mu gace ka Polanco, kamwe mu duce tuzwi cyane mu murwa mukuru wa Mexico City.

Inkuru dukesha ikinyamakuru Times of India ivuga ko inzego z’umutekano zatangaje ko Carolina yarashwe amasasu mu mutwe, ndetse abashinzwe ubutabazi bageze aho byabereye basanga yamaze kwitaba Imana. Icyo gihe, umugabo we Alejandro n’umubyeyi we, Érika María Herrera Coriant, bari bamaze kugera aho byabereye.

Iperereza ry’ibanze ryerekana ko nyirabukwe, Érika María, ari we ukekwaho kugira uruhare rukomeye muri ubu bwicanyi. Amashusho yafashwe na camera zo munzu agaragaza Érika akurikiye Carolina mu gikoni mbere y’uko humvikana urusaku rw’amasasu menshi.

Bivugwa kandi ko nyuma y’ibi, Érika yabwiye umuhungu we ko yishe Carolina kubera “uburakari” ndetse amushinja ko “yamwambuye umuhungu we.” Aya magambo yakomeje gutera impaka n’uburakari mu baturage.

Ikindi cyateje impaka ni uko iki gikorwa cyabaye ku wa 15 Mata, ariko kikamenyekana ku mugaragaro ku wa 16 Mata, nyuma y’umunsi umwe. Amakuru avuga ko Alejandro yatinze gutanga ikirego, bikekwa ko yabikoze ashaka kwirinda ko umwana wabo w’amezi umunani yahita ajyanwa mu kigo cy’abana badafite ababarera.

Nubwo amakuru atandukanye akomeje kumenyekana, kugeza ubu nta muntu wundi urafatwa ku mugaragaro, ariko iperereza rikomeje gukorwa n’ibiro by’umushinjacyaha mukuru wa Mexico City kugira ngo hamenyekana uwaba abifitemo uruhare wese.

Uru rupfu rwateje uburakari n’impaka zikomeye mu baturage, cyane cyane abaharanira uburenganzira bw’abagore, basaba ko hakorwa iperereza ryimbitse kandi ababigizemo uruhare bagahanwa.

Imyigaragambyo yabereye mu mijyi irimo Ensenada na Mexico City, aho abaturage basabaga ubutabera kuri Carolina, bifashishije amagambo nka #JusticeForCaro.

Abasesenguzi bavuga ko uru rupfu ruri mu rwego rw’ibyaha byibasira abagore bishingiye ku gitsina, bizwi nka “femicide,” ikibazo gikomeje gufata indi ntera muri Mexico.

Miss Carolina Flores Gómez yishwe arashwe ku myaka 27 y'amavuko


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...