Meta yemeye kwishyura miliyari $16,68 nyuma yo kuregwa ko imbuga zayo zangiza abana

Ikoranabuhanga - 26/08/2026 3:17 PM
Share:
Meta yemeye kwishyura miliyari $16,68 nyuma yo kuregwa ko imbuga zayo zangiza abana

Ikigo Meta cyemeye kwishyura agera kuri miliyari 16,68 z’amadolari ya Amerika kugira ngo gikemure urubanza cyaregagamo n’intara 29 zo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, zacyushinjaga gukora Facebook na Instagram mu buryo bushobora gutuma abana bazimenyereza cyane.

Aya masezerano yabaye mu gihe urubanza rwari rukomeje mu rukiko rwo muri California. Izo ntara zashinjaga Meta kuba yarashyize imbere uburyo bwo gutuma abana n’abangavu bamara umwanya munini kuri Facebook na Instagram, ikanayobya abantu ku bijyanye n’umutekano w’izo mbuga ndetse ikakusanya amakuru y’abana mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Mu rwego rwo gukemura iki kibazo, Meta yemeye gushyiraho ingamba nshya zigamije kurinda abana n’abangavu, zirimo kugabanya igihe bamara ku mbuga zayo no gushyiraho amategeko abuza cyangwa agabanya uburyo bwo kuzikoresha mu masaha y’ijoro.

Meta yakomeje guhakana ibyaha yashinjwaga, ariko yemera kugirana amasezerano n’izo ntara kugira ngo uru rubanza rurangire. Iki kigo cyavuze ko gikomeje gushyira imbaraga mu kongera umutekano w’abakoresha bato.

Aya masezerano aje mu gihe Meta ikomeje guhura n’izindi manza zitandukanye muri Amerika, zijyanye n’ibirego by’uko imbuga nkoranyambaga zayo zishobora kugira uruhare mu kwangiza ubuzima n’imitekerereze y’abana n’urubyiruko. 


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...