Menya uko wabona amafaranga udashoye amafaranga

Ubukungu - 21/04/2023 11:37 AM
Share:

Umwanditsi:

Menya uko wabona amafaranga udashoye amafaranga

Bimenyerewe ko umuntu yinjiza akenshi yabanje gushora bityo inyungu ikaza ikurikira cya gishoro yashoye, ariko hari uburyo bwinshi umuntu ashobora kubona amafaranga atabanje gushora amafaranga.

Benshi Babura akazi kabinjiriza abandi bakavuga ko kuba bicaye ntacyo bakora, biterwa n’uko babuze amafaranga nibura macye bashora bagatangira ubucuruzi buciriritse bushobora kwaguka nyuma.

Ikinyamakuru Wikihow cyavuze ku nzira nyinshi wanyuramo ukorera amafaranga bitagusabye gushora ayandi, maze kivuga ko mu bihugu bimwe na bimwe abantu bagurisha intanga zabo zikagurwa n’abantu batagize amahirwe yo kubyara, bakaba binjije akayabo k’amafaranga ndetse bagafasha abandi ndetse na bamwe bagakata imisatsi yabo bakayigurisha dore ko hari aho bayifata nk’imari.

Bakomeje bavuga ko gukena ari amahitamo kuri benshi kuko usanga umuntu yicaye mu rugo rwuzuye ibintu, ariko aba atatekereza no gukodesha bimwe ngo bimwinjirize harimo nk’imodoka, inzu, imyenda, ibikoresho byo mu nzu nka firigo n’ibindi.

Benshi basobanukiwe n’ubuzima bahitamo gukodesha amazu yabo ahenze, bakajya gutura mu mazu ahendutse ari munsi y’ayo babagamo kugira ngo inyungu babonye ibatunge cyangwa ibe yabaviramo igishoro.

Abandi bahitamo gukorera amafaranga binyuze mu gutanga ubujyanama ku bantu bakeneye inama runaka, bityo bagatangira kubihemberwa. 

Ushobora gukusanya nk’abantu bakeneye inama zo gukora ubucuruzi ukabigisha kwiteza imbere cyangwa kwihangira imirimo, maze ukaba washyiraho ikiguzi cyabyo n’iyo waba wakira macye ushobora gusanga utangiye umushinga muto uzakuviramo ikigo kinini.

Ubukene n’ubwo bubaho kandi rimwe na rimwe bukaza ntawe ubuhamagaye, ariko benshi babugiramo uruhare kuko hari inzira nyinshi zo gukoreramo amafaranga ugahindura ubuzima kandi utavunitse. Wakoresha amaboko yawe ufasha abantu, wagurisha cyangwa ugakodesha bimwe bikakuviramo igishoro, n’ibindi byinshi.

Ni ingenzi kwiga kwitekerereza icyaguhesha umugati, cyane cyane iyo wakuze utakiri mu myaka y’abana. Bitewe n’aho utuye, uwo uri we, umuryango uvukamo, imbaraga ufite z’umubiri cyangwa imitekerereze, ubyitayeho wakwitunga ndetse ukandika mu mateka bikaba akarusho utari umunebwe.


Igitsinagore akenshi bafasha imiryango ikeneye abantu bayirerera abana kubera baba bagiye mu kazi, bityo ukinjiza amafaranga ukora ako kazi


Inzira ya mbere yo gukorera amafaranga ni ugutekereza ibyo ufite n'amahirwe wabona byoroshye, ukabibyaza umusaruro


Bimwe mu bikoresho byo mu nzu bishobora kukwinjiriza


Imisatsi miremire y'abagore igurwa amafaranga menshi mu bihugu bimwe na bimwe, ndetse kumera kwawo ntibitinda cyane



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...