Menya imyitwarire ikwiye kuranga umugore watawe n’umugabo

Urukundo - 30/05/2023 8:20 AM
Share:

Umwanditsi:

 Menya imyitwarire ikwiye kuranga umugore watawe n’umugabo

Umugore akwiye kugira imyitwarire idasanzwe igihe yatawe n’umugabo, igihe cyose umugore atunguwe muri ubu buryo akwiye kwitwara mu buryo bumufasha gukomera.

Gutabwa mu rugo bikunze gukorwa n’abagabo badaha agaciro kubaka cyangwa bajarajara mu mahitamo y’urukundo bityo kuguma ku mugore umwe bikanga kugeza igihe amutaye, cyangwa bigaterwa n’imyitwarire y’umugore ibangamira umugabo, akaba yahitamo guta umugore kugira ngo aruhuke.

Igihe cyose umugore yisanze mu kibazo cyo kuba yatawe n’umugabo, dore ko bamwe babata bafite n’abana ndetse badafite n’ubushobozi bwo kubarera bonyine, ariko bakwiye kuba abanyambaraga bakitwara mu buryo bukurikira nkubo Times of India ibitangaza.

1.     Tekereza kure nk’umukuru w’umuryango: Abagore benshi bahuye n’iki kibazo barashikama,barera abana babo neza barakura ndetse bakura batabona icyuho cy’uko batagira se ubabyara.

Abagore ni bamwe mu bantu bagaragaza amarangamutima kandi bikagira ingaruka ku bandi bantu mu gihe gito. Umugore afashe igihe cyo kwiheba ntacyo yageraho urugo nawe rwamunanira ndetse abana bagatangira kubona ko babaye impfubyi.

Umugore akwiye gutekereza nk’umugabo mu rugo kandi agatekereza nk’umugore,ndetse agaharanira ahazaza heza azaterwa ishema naho.

Niba uzi impamvu umugabo yagutaye yitekerezeho wumve niba ari wowe nyirabayazana, nusanga atari wowe wirememo ibyishimo bidashira, wirinde guhita ushaka igisubizo mu gushaka undi mugabo, ahubwo ubanze wiyubake mu buryo bw’intekerezo no mu bikorwa.

2.     Irinde kuganiriza abana amakosa y’umugabo wawe : Abana bagira impuhwe cyane byagera kuri ba nyina bakumva banakwihorera. Igihe umwana akuze abwirwa ko se atari ashobotse, ko nta mugabo wari umurimo,akurana ipfunwe akumva adatewe ishema n’uwamubyaye akanga ubuzima bwe.benshi barware agahinda gakabije,yaba ari umukobwa agakura atifuza kubaka urugo.

3.     Abana bahe urukundo rwawe na se babuze: Biragoye ko umugore atanga urukundo nawe ubwe yumva yararubuze arureba, nyamara abagore bagira umutima mwiza udasanzwe ku buryo ntakintu barutisha abana babyaye.

Tekereza icyo se yagombaga gukora igihe aba ahari maze ugerageze mu bushobozi bwabwe ubabere se bumve ubahagije aho kwicwa n’agahinda ko nta mubyeyi w’umugabo babona.

4.Irinde kwisanzura ku bagabo cyane: Umugore uri mu rugo nta mugabo bakunze kumumenyera ndetse abagabo bamwe batekereza ko kumugeraho bamuta mu bishuko byoroshye.

Iyo bigeze ku muco wo kwiyubaha bigora benshi,ndetse bivugwako bigora kuba warabanye n’umugabo ukaza kuba wenyine, ariko umugore wihanganiye ibi bishuko agakomera ku rugo rwe akarera abana bituma agera kuri byinshi birimo n’iterambere ry’umuryango we

Iki kinyamakuru kandi kivuga ko bimwe byagufasha gukomeza kubaho neza igihe watawe n’umugabo harimo, kuganiriza inshuti wizeye ukaruhuka, kwirinda kwinginga umugabo ngo akugarukire, gutekereza biruseho ntabyo gukina, kwiha igihe gihagije cyo gukira icyo gikomere no guha agaciro gacye ibihe wagiranye n’uwahoze ari umugabo wawe.


Irinde kumwinginga ngo agaruke ahubwo ziba icyuho yasize nk'umugabo mu bana


Iyibagize ibihe byiza mwagiranye ahubwo utangire bundi bushya

Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...