Menya igihe kwayura bihinduka indwara

Ubuzima - 06/07/2023 12:25 PM
Share:

Umwanditsi:

Menya igihe kwayura bihinduka indwara

Kwayura bikorwa n’ibinyabuzima bitandukanye birimo abantu n’inyamaswa,ndetse biterwa n’impamvu zitandukanye,ariko hari igihe bihinduka uburwayi.

Kwayura ni igikorwa cyo gufungura urwasaya ukinjiza umwuka mwinshi (Inhalation),ukongera kurufunga byihuse ari nako usohora umwuka hanze (Exhalation)

Igikorwa cyo kwayura gikunze kubaho ku bantu igihe bananiwe,igihe barambiwe,igihe bafite ibitotsi,igihe bafite ubunebwe,n’izindi mpamvu zitandukanye.

Baptiste health Kentucky yatangaje ko indwara y’agahinda gakabije iyo imaze kuba karande ku muntu,agahora ahangayitse,asuherewe,igeraho ikamutera kwayura bya buri kanya bigahinduka nk’indwara nabyo.

Medicalnewstoday yo itangaza ko kwayura bihinduka nk’indwara iyo umubiri wagize ikibazo cy'uko amaraso atari kugera ku mutima neza,umutima uri gutera cyane,cyangwa waramaze kurwara bityo umuntu akiruhutsa kenshi,akananirwa,ndetse akayura kenshi.

Ubushakashatsi bugaragaza ko n’umwana uri munda yayura,ndetse kwayura bavuga ko ari byiza ku buzima bwa muntu,nyamara iyo bikabije akenshi biba bitewe n’ibindi bibazo umuntu afite atazi.

Kwayura bigira umumaro ukomeye wo kwinjiza umwuka mwiza,no gusohora umwuka mubi.Bivugwa ko uretse kuba umuntu yagira n’irungu akayura buri kanya,ariko  umuntu yakagombye kwayura nibura inshuro 20 ku munsi.

Kwayura biturisha umutima w’umuntu ndetse akamera nk’ukangutse akongera gutekereza neza.Akenshi iyo umuntu yayuye ahita atekereza cyane,ariko agafata n’umwanzuro muzima,ndetse kwayura bigenzura ubushyuhe bw’umubiri nk'uko Risescience.com ibitangaza.

Abantu bamwe bajya kwayura bagahita babikoma mu nkokora,bityo icyo gikorwa ntikibe ngo kirangire,kandi ntabwo ari byiza ku mikorere y’umubiri.Ubushakashatsi bugaragaza ko kwayura biba hagati y’amasegonda 4 kuzamura,hari nubwo agera kuri 7.Bamwe barayura bagahita bata amarira,ibyo bisobanura ko n’imyanda iri mu maso isohokana n’ayo marira,bityo amaso agasigara ameze neza.

Kwayura ntago ari umwitozo w’urwasaya gusa,kuko bifasha ugutwi kugira imikorere myiza no kumva neza. 

Mu myaka amagana ashize byatangajwe ko benshi bibeshyaga ko kwayura biba bitewe n'uko umubiri uba ufite oxygen idahagije,nyamara kwayura biterwa n’impamvu nyinshi zirimo umunaniro,irungu n’ibindi,ndetse bifasha ibihaha kwinjiza umwuka mwiza,hagasohoka umwuka mubi.

Igihe umuntu yumva agiye kwayura akwiye kwitonda akaba aribyo ashyiraho umutima kugeza birangiye,ndetse akirinda kuvuga kuko bituma bihagarara imburagihe agahomba ibyiza bitangwa no kwayura,nko kuruhuka no gutekereza neza.



Umunaniro ukabije nawo utuma umuntu yayura bya hato na hato 


Si byiza kubitangira cyangwa gufunga umunwa igihe ukeneye kwayura

Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...