Menya byinshi ukeneye ku mushinga wo kwita ku bwiza

Ubukungu - 17/02/2023 12:27 AM
Share:

Umwanditsi:

Menya byinshi ukeneye ku mushinga wo kwita ku bwiza

Kwita ku bwiza bw’abantu ni umushinga uremereye nk’iyindi yose, usaba ubumenyi, ubuhanga n’umurava kugira ubyare inyungu ugere ku rwego rwo gutunga nyirawo.

Kwita ku bwiza ni ugutunganya bimwe mu bice by’umubiri bigize umuntu, kugira ngo ase neza. Bimwe mu bice bikunda kwitabwaho muri salon harimo umusatsi, inzara uruhu n’ibindi.


Ikinyamakuru Business News Daily kivuga ko iyo amahitamo yawe uyerekeje kuri uyu mushinga, uba uteye intambwe igana ku butunzi. Iki kinyamakuru gikomeza kivuga ko mu bintu by’ingenzi saro (Salon) ikenera ngo imenyekane, harimo ikinyabupfura no kwita ku bakugana.


Mu bihugu byateye imbere usanga abantu bakora aka kazi barakize, kuruta ba bandi bitwa ko bafite akazi keza. Ushobora kubona umuntu yicaye hasi aca inzara z’umukiriya ukumva utifuza no kumva inyungu yinjiza kuko utekereza ko idafatika, ariko binjiza amafaranga menshi yanabahindurira ubuzima.


N’iyo waba uri umuhanga mu gukora imishinga ihambaye, usabwa kwihangana igihe winjiye mu bucuruzi bwo kwita ku bwiza, kuko uhura n’ingeri z’abantu batandukanye, abeza, ababi, abagusuzugura ariko biba byiza umenye intego zawe ugakora cyane.

Igihe tugezemo kubera iterambere, dusabwa kugendana n’ibigezweho. Mu gutangira aka kazi, hagomba gutekerezwa ku bikoresho bizakoreshwa, abakozi bazakenerwa, uburyo bazahembwamo, imisoro izishyurwa ndetse ugashyiraho n’inyungu ugomba kwinjiza.


Saro yateguwe neza ntiwayigereranya n’akandi kazi. Benshi bahiriwe n’ubu bucuruzi ndetse baba abaherwe, baba abashoramari yaba muri Leta cyangwa mu bikorwa byabo.

Iterambere rigenda rizana ibikoresho bigezweho bijyanye na saro, n’ubwo byaba bihenze ariko bikora akazi neza. Abantu ntibahangayikishijwe n’amafaranga menshi bishyura nyuma ya serivisi nziza, ahubwo bahangayikishwa n’ababitaho badashoboye.

Business News Daily itangaza bimwe mu bintu 10 usabwa ngo Saro (Salon) yawe yinjize cyane mu gihe ugitangira:

1.     Icyemezo cya Leta:

Kugira wemererwe gukora usabwa icyemezo uhawe na Leta kugira ubucuruzi bwawe bube buzwi,  ndetse ujye utanga n’umusoro ujyanye n’ibyo winjiza.

2.     Aho gukorera:


Birashoboka ko uzakorera mu nzu yawe cyangwa ugakodesha. Niba uzakodesha biragoye gutangirira mu nzu ihenze, bishobora kukujyana mu gihombo kuko iyo ugitangira uba utarafata umurongo w’abakiriya.

3.     Imishahara


Si byiza gutangirana n’abakozi bahembwa umushara uhanitse! Byaba byiza utangiranye n’abatishyuza ukabahugura ku buntu, ukabaremamo abakozi wifuza, bakazahembwa warafatishije.

4.     Ubwishingizi


Ubucuruzi bwawe bugomba gushinganishwa, kugira wirinde impanuka zakuganisha mu gihombo.

5.     Ibikoresho


Tangirana ibikoresho bigezweho bikunzwe n’iyo byaba bikeya, ariko utangirane ikizere cy’abakiriya.

6.     Inguzanyo

Igihe utangira irinde inguzanyo za hato na hato utazasanga bateje ibyawe, kuko ibihe birahinduka. None wakunguka ejo ugahomba, ukiteranya na Banki cyangwa uwakugurije.

7.     Amabwiriza n’amategeko


Ubucuruzi butagira amabwiriza n’amategeko abugenga bukorwa mu kavuyo, bigateza impagarara hagati y’umukoresha n’abakozi. Ni byiza ko umukoresha abyubahiriza, n’utabikurikiza agahanwa cyangwa akirukanwa.

8.     Ibiciro


Irinde kubangamira abakiriya ubaca amafaranga y’ikirenga, kandi kirazira gusubizayo umukiriya kubera amafaranga. Ahubwo yakorerwa ibihwanye n’ayo afite.

9.     Tegura aho ukorera


Saro isa neza, ihumura neza, ihorana abantu kuko ntawe uharambirwa, ibikorwa byawe birivugira.

Bitewe n’inzira ikoroheye shaka uburyo abantu benshi batandukanye bazamenya saro yawe, kandi nibakugana ubakorere neza, bagenda bazana abandi.

10.        Ba umunyakuri


Abakiriya banga umuntu ubabeshya. Bakorere ibyo uzi, ibyo utazi ubasobanurire kandi ntubangirize umwanya.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...