Menya Agata umufasha wa Perezida wa Poland bari kumwe mu Rwanda

- 08/02/2024 8:47 AM
Share:
Menya Agata umufasha wa Perezida wa Poland bari kumwe mu Rwanda

Madamu wa Perezida wa Poland, Agata Kornhaser Duda ari mu bageranye n’umugabo we i Kigali mu ruzinduko rw’iminsi 4 akaba ari umuntu ufite ubuzima bwihariye burimo no guca bugufi.

Agata Duda yabonye izuba kuwa 02 Mata 1972, mu gace ka Krakow. Avuka kuri Julian Kornhauser na Alicja Wojna. Musaza we ni umusemuzi wabigize umwuga n’umuhanga mu buhanga bwo guhanga [Poet].

Yasoje amashuri yisumbuye mu mwaka wa 1991, asoreza icyiciro cya Gatatu cya Kaminuza muri Jagiellonian mu ishami rya German Philosophy hari mu 1997.

Yashyingiranwe na Perezida Andrzej Duda kuwa 21 Ukuboza 1994, bakaba bafitanye umwana umwe w’umukobwa wavutse muri 1995. Uyu mukobwa wabo ari gusoza icyiciro cya Gatatu cya Kaminuza mu ishami ry’Amategeko.

Agata yabayeho umwarimu ku ishuri ryisumbuye rya Jan III Sobieski w’ururimi rw’Ikidage aho yakoze kuva mu mwaka wa 1998, abanyeshuri n’abakoranye na we bose bavuga ko yitangiraga umurimo bikomeye.

Mu bihe umugabo we yarimo yiyamamariza kuba Perezida, yasibaga umunsi umwe wonyine ndetse na nyuma yuko abaye umugore wa mbere w’icyubahiro muri Poland yasubiye kwigisha kugeza asozanije umwaka n’abanyeshuri.

Ishuri yigishagaho ni rimwe mu yo umugabo we yizeho mu gihe na we yize mu ryo byegeranye aho hafi. Kuwa 06 Kanama 2015 yatangiye inshingano ze nk’umufasha w’umukuru w’igihugu.

Mu bihe bitandukanye byo kwiyamamaza yaba kuri manda ya mbere y’umugabo we ndetse no mu ya kabiri, yakomeje kumuba hafi.

Madamu Agata Duda azwiho umwihariko mu kugira ubuzima bwo kwiyoroshya n'ubuhanga mu byo akora Perezida Duda yazanye na Agata mu ruzinduko rw'iminsi 4 mu Rwanda 


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...