Meghan Markle yamaze imyaka 10 ari we muntu utukwa cyane ku mbuga nkoranyambaga ku isi

Imyidagaduro - 17/04/2026 7:09 AM
Share:

Umwanditsi:

Meghan Markle yamaze imyaka 10 ari we muntu utukwa cyane ku mbuga nkoranyambaga ku isi

Umugore w’Igikomangoma cy’u Bwongereza, Meghan Markle, yatangaje ko mu gihe cy’imyaka 10 yamaze ari we muntu wibasirwaga cyane kurusha abandi bose ku mbuga nkoranyambaga ku isi.

Ibi yabivugiye mu mujyi wa Melbourne muri Australia, aho yari kumwe n’umugabo we Igikomangoma Harry mu ruzinduko rw’iminsi ine bari kugirira muri iki gihugu, nubwo batagikora imirimo ya cyami.

Mu kiganiro bagiranye n’abahagarariye gahunda zita ku buzima bwo mu mutwe muri Kaminuza ya Swinburne University of Technology, Meghan yavuze ko yahuye n’ihohoterwa rikomeye rishingiye ku magambo (online bullying), aho yatukwaga buri munsi mu gihe cy’imyaka icumi.

Yagize ati “Iyo ntekereje ku byo munyuramo, nibuka ko hari inganda nini cyane zishingiye ku kubona amafaranga binyuze mu gukurura abantu hifashishijwe amagambo mabi n’urwango. Ibyo ntibizahinduka vuba, ni yo mpamvu bisaba ko mugira imbaraga zo kubyihanganira.”

Meghan kandi yanenze uburyo ibigo bifite imbuga nkoranyambaga bidashyira imbaraga zihagije mu kurwanya ikoreshwa nabi ryazo, avuga ko bidashishikajwe no kubikumira kuko hari inyungu zibikuramo.

Igikomangoma Harry na we yagaragaje ko ashyigikiye icyemezo cya Australia cyo kubuza abana bari munsi y’imyaka 16 gukoresha imbuga nkoranyambaga, avuga ko ari intambwe ikomeye mu kurinda urubyiruko.

Yagize ati “Ni icyemezo cyiza cyane kigaragaza inshingano n’ubuyobozi. Ariko nanone ntibyari bikwiye kugera aho bibuzwa, kuko izo mbuga zagakwiye kuba ahantu hizewe ku bantu bose.”

Yakomeje ashimangira ko ibigo by’ikoranabuhanga bigomba kubazwa inshingano ku bibera ku mbuga byabo, aho yavuze ko bidakwiye ko urubyiruko ruhanwa rubuzwa kuzikoresha, ahubwo hakwiye gushyirwaho uburyo bwo kuzirinda kuba mbi.

Ku ruhande rwe, Igikomangoma Harry yatanze ikiganiro mu nama yiga ku mico n’imikorere mu kazi (workplace culture summit), aho yagarutse no ku rupfu rwa nyina, Princess Diana.

Yagize ati “Kubura umuntu ukunda biragoye ku myaka yose. Agahinda ntigashira kuko wakirengagije. Kubinyuramo nkiri umwana nkiri mu buzima buri wese ankurikirana, byari bigoye cyane. Iyo udafite intego, bishobora kukwangiza.

Yakomeje avuga ko hari ibihe byamugoye mu buzima bwe aho yumvaga yacitse intege, yahemukiwe cyangwa nta bushobozi afite bwo guhindura ibintu.

Meghan yahuye n’urubyiruko rufite uruhare mu bukangurambaga mu ruzinduko yagiriye muri Batyr, gahunda igamije guteza imbere ubuzima bwo mu mutwe, yabereye muri Swinburne University of Technology i Hawthorn

Igikomangoma cy’u Bwongereza, Prince Harry yaganiriye n’uru rubyiruko rufite uruhare mu bukangurambaga mu ruzinduko yagiriye muri Batyr, gahunda yita ku buzima bwo mu mutwe 


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...