Meddy mu mushinga mushya wa Album

Iyobokamana - 03/12/2025 8:08 AM
Share:

Umwanditsi:

Meddy mu mushinga mushya wa Album

Mu gihe abahanzi batandukanye bakomeje gutegura imishinga ihambaye mu rwego rwo kwagura umuziki wabo, umwe mu bahanzi bo mu Rwanda bafite izina rikomeye mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Ngabo Medard Jobert, uzwi cyane nka Meddy, na we ari mu isura nshya y’urugendo rwe rwa muzika.

Uyu muhanzi wubatse izina ku ndirimbo zikora ku mitima ya benshi zaba iz’imitoma cyangwa iza Gospel, yafashe icyerekezo gishya cyubakiye ku kwimakaza Imana n’ukugaragaza urugendo rwe mu kwizera.

Amakuru agera kuri InyaRwanda yemeza ko Meddy ari mu gihe cy’imirimo ikomeye yo kurangiza Album nshya, yubatseho cyane ku ndirimbo zigaragaza icyerekezo cy’umwuka, ziganisha ku kwibutsa abatuye Isi gukomeza guha Imana icyubahiro.

Ni Album iri gukorerwaho mu buryo bugezweho, aho buri ndirimbo iri gukorwa n'aba Producer batandukanye, mu rwego rwo gutanga urwego rushya rw'umuziki utunganije neza kandi ufite ireme.

Amakuru yizewe avuga ko iyi Album ari yo Meddy azabanza gushyira hanze mbere y’uko yemeza itariki y’uruhererekane rw’ibitaramo ateganya gukora mu bihugu bitandukanye birimo n’u Rwanda.

Abari hafi y’umuhanzi bavuga ko 'umusaruro w’iyi Album uzaba intangiriro y’urundi rugendo rwa Meddy mu muziki', ruganisha no mu bitaramo bishobora kuba by’umwihariko mu Rwanda.

Mu minsi ishize, Meddy yanyuze ku mbuga nkoranyambaga ze avuga ko “mu gihe kidatinze” azagera i Kigali. Ni amagambo yavugishije benshi, ndetse byahise biba igicaniro cy’ibiganiro ku mbuga nkoranyambaga n’itangazamakuru ryo mu Rwanda, aho benshi bibaza niba koko umuhanzi wimukiye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika agiye kugaruka mu gihugu cye.

Umwe mu bafana be yamubajije igihe azagarukira mu Rwanda, maze Meddy amusubiza mu buryo bumeze nko guhishura amabanga y’akazi ke ko hari ibintu ari gutunganya mbere y’uko akandagira i Kigali.

Ubu butumwa bwakiriwe nk’ikarita y’icyizere ko umuhanzi wamenyekanye mu ndirimbo nka Holy Spirit, Adi Top, Slowly, na Blessed, ari kwitegura gusubira imbere y’abafana be mu buryo bwagutse.

Amakuru avuga ko Meddy atarateganya guhita yinjira mu bitaramo, ahubwo azabanza gutangiza Album, ari na yo izatuma afata icyemezo gikomeye cyo kongera kugaragara ku rubyiniro.

Biravugwa ko imikorere y’iyi Album ari yo izamufasha gufata umwanzuro w’uko azagaruka mu Rwanda no gukora ibitaramo, bijyanye n’igihe amaze adataramira mu gihugu cy’amavuko.

Nyuma yo gusohora indirimbo nshya Blessed, yakiriwe neza n’abafana n’abakunzi b’umuziki wo kuramya, Meddy yagaragaje ko ari mu gihe cyo kugaragaza uruhande rwe rw'umwuka n’ubuzima bushya.

Iyo ndirimbo ndetse n’izindi ziri gukorwa muri Album nshya zagaragajwe nk’ibice bigize umugambi mushya mu muziki we, umugambi wubakiye ku gukiza, guhumuriza, no gusubiza abantu ku Mana.

Meddy mu rugendo rushya: Album yubakiye ku guha Imana icyubahiro iri mu marembo yo gusohoka 

Album nshya ya Meddy ni yo izagena igihe n’uko azasubira ku rubyiniro mu Rwanda

KANDA HANO UBASHE KUREBA INDIRIMBO ‘BLESSED’Y’UMUHANZI MEDDY


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...