Abinyujije
ku rukuta rwe rwa X (yahoze ari Twitter), kuri iki Cyumweru tariki ya 22
Gashyantare 2026, MC Kats yavuze ko ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge rikomeje gufata
intera iteye inkeke, aho ngo byamaze kugera mu tubari, mu mihanda no mu birori
byo mu ngo (house parties), ku buryo ubuzima bwo mu mutwe bw’urubyiruko buri
kugenda bwangirika.
Mu
butumwa yanyujije kuri X, MC Kats yanditse ati “Mu Rwanda, iyo umuntu afashwe
anywa urumogi ashobora gukatirwa imyaka ibiri y’igifungo, ariko iyo atanze
amakuru ku wamuhaye ibiyobyabwenge, uwo mucuruzi ashobora gufungwa imyaka
icumi.”
MC
Kats yakomeje agaragaza ko muri Uganda ibiyobyabwenge bikomeye nka “cocaine”
byamaze gukwirakwira henshi, haba mu tubari, mu mihanda no mu birori byo mu
ngo, asaba Gen. Muhoozi gutabara igihugu n’abana bacyo kuko ubuzima bwo mu
mutwe buri kujya mu kaga.
Ni
ubutumwa bwumvikanamo impungenge zikomeye ku hazaza h’urubyiruko rwa Uganda,
aho asaba ubuyobozi bukuru bw’igisirikare kugira uruhare mu gukumira iki
kibazo.
MC
Kats yifashishije urugero rw’u Rwanda mu kugaragaza ko hari ibihano bikomeye ku
bakoresha n’abakwirakwiza ibiyobyabwenge.
Amategeko
y’u Rwanda ateganya ko umuntu wese ukora, uhinga, uhindura, utunda, ubika, uha
undi cyangwa ugurisha ibiyobyabwenge mu buryo bunyuranyije n’amategeko aba
akoze icyaha.
Iyo
abihamijwe n’urukiko:
Ku
bijyanye n’ibiyobyabwenge bihambaye, ahanishwa igifungo cya burundu n’ihazabu
iri hagati ya miliyoni 20 Frw na miliyoni 30 Frw.
Ku
bijyanye n’ibiyobyabwenge bikomeye, ahanishwa igifungo kiri hagati y’imyaka 20
na 25 n’ihazabu ya miliyoni 15 Frw kugeza kuri miliyoni 20 Frw.
Ku
bijyanye n’ibiyobyabwenge byoroheje, ahanishwa igifungo kiri hagati y’imyaka 7
na 10 n’ihazabu ya miliyoni 5 Frw kugeza hafi kuri miliyoni 10 Frw.
Ibi
bigaragaza ko u Rwanda rufite umurongo uhamye mu kurwanya ibiyobyabwenge,
binyuze mu bihano bikakaye bigamije kurengera ubuzima n’ejo hazaza
h’urubyiruko.
Ubutumwa
bwa MC Kats bugaragaza ko muri Uganda ikibazo cy’ibiyobyabwenge kimaze gufata
intera, aho avuga ko bikwirakwiriye henshi mu buzima bwa buri munsi
bw’urubyiruko.
Gusaba
kwe Gen. Muhoozi Kainerugaba gufata iya mbere muri uru rugamba, byerekana ko
iki kibazo atakibona nk’icya polisi gusa, ahubwo ko ari ikibazo cy’umutekano
n’ubuzima rusange bw’igihugu.
Ubu
butumwa bwakuruye impaka ku mbuga nkoranyambaga, bamwe bashyigikira ko hakwiye
ingamba zikomeye, abandi bakagaragaza ko hakwiye no kongerwa imbaraga mu
kwigisha no gufasha ababaswe n’ibiyobyabwenge, cyane cyane mu rwego rwo
kubungabunga ubuzima bwo mu mutwe.
Icyakora,
biragaragara ko ikibazo cy’ibiyobyabwenge gikomeje kuba ihurizo rikomeye mu
karere, aho ibihugu bisabwa gukaza ingamba mu kubikumira no kurinda urubyiruko
rwabyo.
Rwanda they find you smoking weed normal weed two years
in prison
🇺🇬 and children
but if you hand over e supplier they put them in jail ten
years but Uganda crack cocaine ice is all over bars streets house parties etc
@mkainerugaba
plse help our
Mental health is going mad 😡

MC
Kats yasabye Gen. Muhoozi Kainerugaba gufasha kurwanya ibiyobyabwenge mu
rubyiruko rwa Uganda, akoresheje urugero rw’u Rwanda

