Ni
indirimbo iri mu njyana ya Afro-Gospel, yasohotse ku mugaragaro kuri uyu wa Gatanu tariki ya
31 Ukwakira 2025, aho iboneka ku mbuga zose zicururizwaho umuziki zirimo
YouTube, Spotify na Apple Music.
Lucky
G yabwiye InyaRwanda, ati “Bless me ” si indirimbo isanzwe. Ni isengesho
ryahindutse umuziki, rikubiyemo amagambo asaba Imana umugisha mu gihe cya none.”
Lucky
G, mu ijwi rye ryuzuye amarangamutima, aririmba avuga ati: “Mana, mpa umugisha
uyu munsi”, nk’ijwi ry’umuntu umaze gutegereza bihagije ariko agihagarara ku
kwizera kwe.
Akomeza
ati “Iyi ndirimbo yavuye mu byabaye mu buzima bwanjye. Hari ubwo uba umaze
gutegereza bihagije, ukavuga uti ‘Mana, mpa umugisha uyu munsi.”
Ni
ubutumwa bw’umwizera udatakaza icyizere, ahubwo usaba Imana gukora ubu, mu gihe
gisa n’aho ntacyo gihinduka.
“Bless
me” yubatse ku majwi asusurutsa y’injyana ya Afrobeat, isanzwe yirangira mu
mudiho w’Afurika. Lucky G ayihuje n’ubutumwa bwa Gospel, bikabyara umuziki
urimo imbaraga, umunezero n’ubutumwa bukora ku mutima.
Ijwi
rye ryumvikana rifite imbaraga n’amarangamutima, riririmbana ubuhanga
n’umutuzo, mu gihe amakorasi y’indirimbo arimo inyurabwenge n’ubusabane butuma
uyumva yisanga mu mwuka wo kuramya Imana ariko anishimye.
Lucky
G asobanura ko ari indirimbo ishobora gucurangwa mu rusengero cyangwa mu
birori, kuko ifite imbaraga zombi: gusenga no kunezerwa.
Lucky
G, amazina ye nyakuri akaba Elijah, ni umuhanzi w’indirimbo z’Imana, umuyobozi
w’ibitaramo, ndetse n’umushyushyarugamba (MC) ukomoka mu Rwanda ariko utuye
muri Canada.
Azwi
cyane mu bitaramo by’abaramyi n’abahanzi aho yagiye ayobora cyangwa ataramira
imbaga y’abantu mu bice bitandukanye bya Canada.
Umwihariko
we ni uburyo ahuza umudiho w’Afurika n’ubutumwa bwa Gospel, agatanga umuziki
uhuriza hamwe kwizera, umunezero n’icyizere cy’ejo heza.
Afite
intego yo kwagura imbibi z’injyana ya Afro-Gospel ku rwego mpuzamahanga, mu
buryo butuma Abanyafurika n’abatuye ibindi bihugu basangira umuziki ufite umuzi
n’ubutumwa.
Mu
rwego rwo gushyigikira iyi ndirimbo nshya, Lucky G azayimurika bwa mbere mu
gitaramo gikomeye kizabera mu Mujyi wa Regina, Saskatchewan muri Canada, kuri
uyu wa Gatandatu tariki ya 1 Ugushyingo 2025.
Iki
gitaramo kizahuza Lucky G n’abahanzi bakunzwe muri Gospeli barimo Vestine na Dorcas,
aho bazaririmbira hamwe mu buryo bwa ‘Live’.
Ni
igitaramo cyitezweho kuba ubusabane bukomeye bwo guhimbaza Imana no gusangiza
abantu ubutumwa bw’ukwizera binyuze mu muziki.
“Bless
Me” yibutsa buri wese ko imigisha y’Imana ishobora kuza igihe icyo ari cyo
cyose, kandi ko kwihangana atari ukureka gusaba.
Ni
indirimbo y’abantu bose bari mu rugendo rwo gutegereza Imana cyangwa bashaka
impinduka mu buzima bwabo. Ati “Ni indirimbo y’abantu bose basenga n’abizera.”
Agakomeza agira ati “Ni igihe cyo kwatura imigisha yawe no kwizera ko Imana
ikumva.”
Uretse
umuziki, Lucky G ni umwe mu bashinze Living Channel Services Agency, umuryango
ukorera mu Rwanda no muri Canada, uharanira uburenganzira n’imibereho myiza
y’abana bafite ubumuga.
Agaragaza
ko umuziki ari ururimi rusanzwe rwo gusakaza impuhwe, gukangurira abantu
gufasha no gushyira imbere indangagaciro z’ubumuntu. Ibi nibyo bituma ibikorwa
bye birenga umuziki bikagera ku rwego rwo guhindura imibereho y’abantu.
Mu
ndirimbo “Bless Me”, Lucky G agaragaza ko umugisha ari impano y’Imana ariko
nanone ari icyifuzo umuntu ashobora gusabira ubu.
Ni
indirimbo y’icyizere, y’ubutwari n’ukwizera, igaragaza ko kwiringira Imana si
ukutegereza gusa, ahubwo ari no kuvuga uti “Mana, mpa umugisha uyu munsi.”

Lucky G na Vestine na Dorcas barahurira mu gitaramo kuri uyu wa Gatandatu tariki 1 Ugushyingo 2025

Lucky
G yashyize hanze “Bless Me”, indirimbo y’icyizere isaba umugisha w’Imana uyu
munsi

Ijwi ryuzuye amarangamutima rya Lucky G rikora ku mitima, rikashishikariza gusenga no kunezerwa

Lucky G aririmba ati: “Mana, mpa umugisha uyu munsi” – ubutumwa bw’ukwizera budasanzwe

Igitaramo
cya mbere cyo kumurika “Bless Me” kizabera muri Regina, Canada, ku wa 1
Ugushyingo 2025.

Indirimbo “Bless Me” ya Lucky G ishishikariza abantu gusenga, kwishima no kwizera ko Imana ibumva
KANDA HANO UBASHE KUREBA AMASHUSHO Y'INDIRIMBO ‘BLESS ME’ YA LUCKY G