Mbappé yageze mu bakinnyi batanu ba mbere batsinze ibitego byinshi muri Champions League

Imikino - 09/09/2026 6:29 AM
Share:

Umwanditsi:

Mbappé yageze mu bakinnyi batanu ba mbere batsinze ibitego byinshi muri Champions League

Kylian Mbappé yageze ku mwanya wa gatanu ku rutonde rw’abakinnyi batsinze ibitego byinshi mu mateka ya UEFA Champions League n’Igikombe cy’u Burayi, nyuma yo gufasha Real Madrid gutsinda Inter Milan.


Kapiteni w’u Bufaransa, Mbappé w’imyaka 27, yafunguye amazamu ku munota wa 14, atsinda igitego cyiza ari hafi y’urubuga rw’amahina. Iki cyari igitego cye cya 71 mu mikino 99 amaze gukina muri iri rushanwa.

Mbappé ubu anganya ibitego na Raul wahoze ari kapiteni wa Real Madrid, na we watsinze ibitego 71 mu mikino 142 ya Champions League.

Abamuri imbere ku rutonde ni Karim Benzema ufite ibitego 90, Robert Lewandowski ufite 109, Lionel Messi ufite 129 na Cristiano Ronaldo ufite 140.

Real Madrid yatsinze igitego cya kabiri ku munota wa 23, nyuma y’ikosa rikomeye ry’umunyezamu wa Inter Milan, Josep Martínez.

Martínez yatakaje umupira nyuma yo kuwuhabwa na Benjamin Pavard, maze kapiteni wa Real Madrid, Federico Valverde, awumwambura mbere yo kuwutera mu izamu, bituma Real Madrid ijya imbere ibitego 2-0.

Mbere y’uko igice cya mbere kirangira, Martínez yakoze amakosa make mu izamu, akora atabara izamu inshuro ebyiri zikomeye (save) akuramo amashoti ya Mbappé na Jude Bellingham. Nyuma yaho, igiti cy’izamu na cyo cyakijije Inter Milan igitego cya gatatu.

Inter Milan, yatwaye shampiyona y’u Butaliyani, yari yatangiye umukino neza. Umunyezamu wa Real Madrid, Thibaut Courtois, wakinaga umukino we wa 100 muri Champions League, yakuyemo amashoti ya Hakan Çalhanoğlu na Lautaro Martínez.

Inter kandi yegereye igitego ubwo Curtis Jones wahoze akinira Liverpool yatega umupira ku giti cy’izamu. Iyi kipe kandi yashyizemo John Stones, wigeze gutwara Champions League hamwe na Manchester City mu 2023.

Nk’uko tubikesha BBC Sport, umukino waranzwe n’amahirwe menshi yo gutsinda ibitego, ariko Jude Bellingham ananirwa gukoresha uburyo bwiza yabonye bwo gutsinda igitego cya gatatu cya Real Madrid.

Inter Milan yaje kubona igitego ku munota wa 77, ubwo Carlos Augusto yatsindaga igitego cyatumye umukino wongera gushyuha ndetse abafana bategereza ko Inter ishobora kugaruka mu mukino.

Nubwo Real Madrid yegukanye intsinzi, abafana bayo ntibishimiye imikinire y’ikipe yabo. Mu bihe bitandukanye by’umukino, bagaragaje kutishimira uko abakinnyi bari bitwaye.

Intsinzi ya Real Madrid yakomeje amateka yayo muri Champions League, aho iyi kipe imaze gutwara iki gikombe inshuro 15, ari yo kipe yagitwaye inshuro nyinshi kurusha izindi.

Kylian Mbappé yageze ku mwanya wa gatanu ku rutonde rw’abakinnyi batsinze ibitego byinshi mu mateka ya UEFA Champions League n’Igikombe cy’u Burayi


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...