Massamba n'Itorero Urukerereza biteguye gucana umucyo mu Buyapani- AMAFOTO

Imyidagaduro - 02/07/2025 1:43 PM
Share:

Umwanditsi:

Massamba n'Itorero Urukerereza biteguye gucana umucyo mu Buyapani- AMAFOTO

Umuhanzi Massamba Intore n’Itorero ry’Igihugu Urukerereza bageze mu Buyapani aho bagiye guhagararira u Rwanda mu imurikagurisha mpuzamahanga Expo 2025 Osaka, Kansai, Japan, rizitabirwa n’ibihugu birenga 150 n’imiryango mpuzamahanga.

Aba bahanzi bahagurutse i Kigali ku wa Mbere tariki 1 Nyakanga 2025, bagera Kansai kuri uyu wa Kabiri tariki 2 Nyakanga, aho bahise batangira imyiteguro y’icyiciro cy’ibitaramo bizitabirwa n’imbaga y’abantu baturutse hirya no hino ku Isi.

Massamba yabwiye InyaRwanda ko kwitabira iri murikagurisha ari ishema rikomeye ku Rwanda. Ati: “Ni iteka rikomeye ryo guhagararira igihugu cyacu, tukerekana umuco tunashingira ku murage w’intore ziri mu murage w’Isi. Abazahagera bazamenya isura nyayo y’u Rwanda.”

Yakomeje avuga ko impamvu atitabiriye Rwanda Convention USA yari yatumiwemo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ari uko yagombaga kujyana n’Itorero Urukerereza, bagahuriza hamwe imbaraga mu guhagararira u Rwanda mu Buyapani.

Expo 2025 iri kubera mu Mujyi wa Osaka mu Karere ka Kansai, itegerejweho kwakira abarenga miliyoni 28 mu gihe cy’amezi atandatu, kuko yatangiye kuva ku wa 13 Mata ikazasozwa ku wa 13 Ukwakira 2025.

Ifite insanganyamatsiko igira iti “Guhuza sosiyete y’ejo hazaza mu nyungu z’ubuzima bwacu.” Ni igikorwa cy’ubucuti mpuzamahanga gihuriza hamwe ibihugu, imiryango n’ibigo by’ubushakashatsi n’iterambere, byose bigamije kugaragaza udushya mu ikoranabuhanga, umuco, n’uruhare mu gusigasira ubuzima.

U Rwanda ruteganyijwe gutarama ku wa Gatanu tariki 4 Nyakanga 2025, ku munsi uzaba wihariye mu kugaragaza umuco warwo. Ni umunsi bita National Day, aho buri gihugu cyitabira kigira umwanya wo kwerekana ibiranga umuco wacyo, kigatumira n’abashyitsi b’icyubahiro ndetse n’abasura Expo bose.

Massamba n’Urukerereza bazerekana imbyino, indirimbo n’imideli gakondo, banatanga ubutumwa bwuzuye ishema n’indangagaciro nyarwanda.

Uretse ibikorwa by’umuco bizabera aho, iri murikagurisha ryashyizeho uburyo bwo gukusanya ibyifuzo n’inzozi z’abantu bo ku Isi yose binyuze kuri porogaramu yitwa Virtual Expo app. Ubutumwa bwoherezwa bubumbirwa mu ikoranabuhanga bise “One World Tree” mu gushushanya ubumwe n’ubwiyunge bw’abantu bo ku Isi.

Hazabaho n’amarushanwa y’imyidagaduro yifashisha drone, amashusho agaragazwa ku nyubako (projection mapping), ndetse n’ibitaramo binyuranye bigaragaza imico itandukanye.

Iri murikagurisha rya mbere ribereye muri Aziya y’Amajyepfo kuva mu 2005, ryitezweho kugaragaza icyerekezo gishya cy’ubuzima, tekinoloji n’imibanire y’abatuye Isi nyuma y’ibihe bikomeye Isi yanyuzemo birimo n’icyorezo cya Covid-19.

Massamba na Urukerereza bahagurutse bafite intego yo gukomeza kubaka isura nziza y’u Rwanda binyuze mu muco n’ubuhanzi. Ni urugendo rw’ubutumwa n’icyerekezo, aho umuco uhinduka igikoresho cy’itumanaho rihamye, riganisha ku bwuzuzanye, amahoro n’ubwiyunge mpuzamahanga.

Massamba Intore yatangaje ko bishimiye kugera mu Mujyi wa Kansai mu Buyapani aho baserukiye u Rwanda 

Massamba yavuze ko biteguye kugaragaza umuco w’u Rwanda ku rwego Mpuzamahanga


Itorero Urukerereza rimaze igihe ryitoza ibyo bazarekana muri iyi ‘Expo’ izahuza ibihugu birenga 150

KANDA HANO UBASHE KUMVA ALBUM YA MASSAMBA INTORE



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...