Ni
umushinga bavuga ko uzaba igihamya cy’umubano wabo umaze igihe kinini, ndetse
ukazahuriza hamwe ubunararibonye bwabo mu muziki uririmbwa ‘Live’.
Ibi
Massamba yabigarutseho mu ijoro ryo ku wa Gatanu tariki 13 Gashyantare 2026,
ubwo yari yitabiriye igitaramo cyo kumurika Album “Inganzo Ntahangarwa” ya Yvan
Muziki.
Ari
kumwe na Kidum ku rubyiniro, Massamba ntiyahishe amarangamutima, ashimangira ko
hari byinshi amukesha mu rugendo rwe rwa muzika, cyane cyane ku bijyanye no
gutinyuka kujyana ibihangano bye muri ‘studio’ no kubishyira ku rwego
mpuzamahanga.
Yagize
ati “Ziriya ndirimbo zose mwumva, ni we wambwiye ngo izi ndirimbo zishyire mu
byuma nazo zicurangwe.”
Ni
amagambo agaragaza ko igitekerezo cyo gufata indirimbo ze zari zisanzwe
zicurangwa mu buryo bwa gakondo, akazishyira mu buryo bugezweho kandi
zikumvikana neza ku masoko atandukanye, cyaturutse kuri Kidum.
Massamba
yasobanuye ko yari asanzwe afite indirimbo nyinshi zikomeye, ariko zitari
zarigeze zikorwa muri ‘studio’ mu buryo bugezweho.
Nyuma
y’ibiganiro byimbitse yagiranye na Kidum, yafashe icyemezo cyo kuzijyana muri
‘studio’, arazitunganya, arazisohora.
Ibi
byatumye umuziki we urushaho kugera ku bakunzi benshi, haba mu Rwanda no hanze
yarwo, by’umwihariko abakunda umuziki ucuranzwe mu buryo bwa ‘Live’.
Kidum,
wamamaye mu ndirimbo zakunzwe mu Burundi, Rwanda no mu Karere, azwiho
gushyigikira impano zitandukanye no gutanga inama ku bahanzi bakizamuka
n’abafite izina.
Mu
rwego rwo gushimangira ubucuti n’ubufatanye bwabo, Massamba yatangaje ku
mugaragaro ko bagiye gukora Album bahuriyeho.
Yagize
ati “Icya kabiri nshaka kubabwira ni uko tugiye kubakorera Album duhuriyeho. Ni
Album yanjye na Kidum, kandi mwese muzishima cyane.”
Ni
Album bavuga ko izaba ihuriza hamwe injyana gakondo n’iy’umwimerere wa Afurika
y’Iburasirazuba, ikazaba igikorwa cyihariye ku bakunzi b’umuziki ucurangwa
‘Live’.
Massamba
yakomeje agaragaza ubucuti bukomeye bafitanye, agira ati: “Ngiye kuzenguruka
Isi yose ndi kumwe n’inshuti yanjye twabanye, twaganiriye, iyaba mwari muzi
Kidum uyu mureba, namubonye acuranga amadebe.”
Aya
magambo agaragaza ko umubano wabo udashingira gusa ku muziki, ahubwo no ku
mateka y’urugendo rwabo rw’ubuhanzi, kuva mu bihe byoroshye kugeza ku rwego
bagezeho uyu munsi.
Gukorana
kwa Massamba na Kidum kuri Album imwe bishobora kuba ari imwe mu mishinga
minini itegerejwe mu muziki w’akarere, cyane ko bombi bafite ubunararibonye,
ijwi rikunzwe n’abakunzi b’injyana zitandukanye.
Ni
umushinga ushobora kuzavamo indirimbo zizahuza umuco, amateka n’inararibonye,
bikarushaho gukomeza guhuza u Rwanda n’u Burundi binyuze mu muziki.

Massamba
Intore yatangaje ko agiye gukorana Album na Kidum, umushinga avuga ko
uzashimangira ubucuti bwabo bw’igihe kirekire ndetse ugahuza injyana gakondo
n’umuziki ucurangwa ‘Live’ ku rwego mpuzamahanga



Massamba
yavuze ko yabonye Kidum acuranga amadebe, ashimangira ko umubano wabo
udashingiye ku muziki gusa, ahubwo no ku rugendo rw’ubuzima n’ubuhanzi bamazemo
imyaka myinshi
Album
ihuriweho ya Massamba Intore na Kidum ishobora kuba imwe mu mishinga minini
itegerejwe mu muziki w’akarere, izahuza ubunararibonye bwabo mu muziki gakondo
n’uwacuranze ‘Live’
