Ni
igihembo cyatangajwe mu rwego rwo gushimira uruhare iri serukiramuco rikomeje
kugira mu guteza imbere inganda za sinema n’ubuhanzi muri Afurika, binyuze mu
guha urubuga abakora filime, abatunganya ibikorwa by’ubuhanzi ndetse n’abahanzi
bo hirya no hino ku mugabane.
Umuyobozi
mukuru wa Mashariki African Film Festival, Trésor Senga, yabwiye InyaRwanda, ko
bishimiye cyane iki gihembo kuko ari ikimenyetso cy’urugendo bamaze imyaka
bakora mu guteza imbere impano nyafurika.
Mu
kiganiro yagiranye na InyaRwanda, yavuze ati: “Nka Mashariki African Film
Festival twahawe igikombe cy’iserukiramuco ry’umwaka ryitwaye neza muri 2025.
Ni iserukiramuco ryitwaye neza muri Afurika mu mwaka wa 2025, ni cyo gihembo
rero baduhaye. Ni iserukiramuco ryagize uruhare mu guteza imbere abahanzi,
ab’imbere mu gihugu ndetse n’abo ku rwego mpuzamahanga. Byari ibirori cyane.”
Yakomeje
avuga ko iki gihembo kibahaye imbaraga nshya zo gukomeza kwagura ibikorwa
by’iri serukiramuco, no gukomeza gushyigikira abakora umwuga wa sinema ndetse
n’ubundi buhanzi.
Ati:
“Iki gikombe twahawe kigiye kudufasha kurushaho kwagura ibikorwa byacu, ariko
cyane cyane duteza imbere abahanzi b’iwacu ndetse n’abandi bo ku rwego
mpuzamahanga.”
Uretse
iri serukiramuco rya Mashariki African Film Festival, hanashimiwe isoko rya
filime rya ‘MashaRket’, risanzwe rifasha abakora filime guhura n’abashoramari,
abafatanyabikorwa ndetse n’abacuruza ibihangano bya sinema ku rwego
mpuzamahanga.
Trésor
Senga yavuze ko na ‘Masharket’ yegukanye igihembo muri aya marushanwa ya
‘CreatiAfrica Biz Awards’, ibintu yavuze ko bishimangira uburyo ibikorwa byabo
bikomeje kugira uruhare rukomeye mu iterambere ry’inganda z’ubuhanzi muri
Afurika.
Mu
butumwa bwatangajwe n’abategura iri serukiramuco nyuma yo kwakira iki gihembo,
bagaragaje ko bishimiye intambwe bateye ndetse bashimira abafatanyabikorwa babo
n’umuryango mugari w’abanyabugeni bakorana.
Bagize
bati: “Ibi ni igihamya cy’akazi gakomeye k’ikipe yacu ndetse n’umuryango mugari
w’abanyabugeni dukorera.”
Mashariki
African Film Festival imaze kuba kimwe mu bikorwa bikomeye bya sinema muri
Afurika y’Iburasirazuba, aho ihuriza hamwe abakora filime, abayobozi b’ibigo
by’imyidagaduro, abakunzi ba sinema n’abahanzi batandukanye, hagamijwe guteza
imbere no kumenyekanisha ibihangano nyafurika ku rwego mpuzamahanga.
Iki
gihembo kandi kije gikomeza gushyira u Rwanda ku ikarita y’ibihugu bikomeje
kugira uruhare rugaragara mu iterambere rya sinema nyafurika, mu gihe ibikorwa
nk’ibi bikomeje gukurura amahanga no guha amahirwe impano nshya.


