Kuri uyu wa Kane ni bwo iyi shampiyona yitabiriwe n’ibihugu 30 yatangiye gukinwa i Mombasa muri Kenya. Kuri uyu mumsi wa mbere hakinwe gusiganwa n’igihe buri mukinnyi ku giti cye, mu ngimbi n’abangavu batarengeje imyaka 19 no mu bagabo n’abagore.
Mu bangavu batarangeje imyaka 19 Masengesho Yvonne yitwaye neza yegukana umudari w’Umuringa nyuma yo kuba uwa gatatu. Umwanya wa mbere wegukanwe na Tsige Kiros wo muri Ethiopia naho uwa kabiri wegukanwa na Tesfu Adyam wo muri Eritrea.
Mu bakobwa batarengeje imyaka 23, Mwamikazi Jazilla yitwaye neza aho yabaye uwa kabiri bikamuhesha kwegukana umudari wa Feza. Umunya-Nigeria, Nesrine Houili ni we wabaye uwa mbere naho Araya Monaliza Chneslasie wa Eriterea aba uwa gatatu.
Mu bagore ho Nirere Xaverine yitwaye neza aba uwa gatatu bimuhesha kwegukana umudari w’Umuringa. Uwabaye uwa mbere ni Young Lucy wa Afurika y’Epfo naho Aurelie Halbwachs wo muri Maurtania aba uwa kabiri.
Mu bindi byiciro ho ntabwo Abanyarwanda byabagendekeye neza.

Masengesho Yvone yegukanye umudari w'Umurimga

Masengesho Yvone yegukanye umudari w'Umuringa

Mwamikazi Djazilla yegukanye umudari wa Feza
