Masai Ujiri yavuze ko Afurika ifite byose bikenewe ngo ibe ikomeye

Imikino - 27/07/2025 7:07 AM
Share:

Umwanditsi:

Masai Ujiri yavuze ko Afurika ifite byose bikenewe ngo ibe ikomeye

Masai Ujiri, umwe mu bashinze gahunda ya Giants of Africa, yasabye urubyiruko rwa Afurika kwizera ubushobozi rufite no gufata iya mbere mu kubaka Afurika ikomeye kandi ihuriweho n’abantu bose.


Ujiri yabivugiye i Kigali ku wa Gatandatu, tariki ya 26 Nyakanga, mu gikorwa cy’umuganda aho abantu barenga 400 barimo abari mu mwiherero, abatoza, abashyitsi b’inzobere n’abandi baturutse mu bihugu bitandukanye bahuriye ku munsi wa mbere w’Iserukiramuco rya Giants of Africa rya 2025.

Masai Ujiri yagize ati “Dufite impano, dufite abantu, dufite umutungo kamere… yewe, dufite byose kuri uyu mugabane kugira ngo tuzabe abantu bakomeye,”

Iki gikorwa cyateguwe ku bufatanye n’umuryango Imbuto Foundation ndetse na Minisiteri y’Urubyiruko n’Ubuhanzi, cyagaragaje imbaraga ziri mu kwitanga ku nyungu rusange, ubufatanye no guharanira intego imwe.

Ujiri yibukije urubyiruko ko iterambere nyaryo ritava mu gutegereza impinduka, ahubwo rituruka mu kuzikora hamwe, n’iyo byaba biturutse mu bihugu bitandukanye. Yanababwiye ko ibibazo bidashobora guhunga, ariko ubumwe n’imbaraga zo kutadohoka ari byo bisubizo.

Agarutse ku buhamya bw’ubuzima bwe bwo mu buto iha mu majyaruguru ya Nijeriya, Ujiri yavuze ko n’ubwo hari ibibazo n’ibihe bikomeye banyuzemo, abantu bose bafite agaciro kimwe n’undi wese ku isi.

Ati “Nibyo, tuzahura n’ibibazo. Tuzagira ibihe bigoye ariko tugomba kubinyuramo. Ntabwo bisaba ubutunzi kugira ngo ukore ibintu bikomeye; ushobora guhora wiyubaka no kwaguka, aho waba uva hose. Ushobora kuba uwo ushaka kuba we wese,”

Yasabye urubyiruko kudahagararira ku ndoto gusa ahubwo bakagira icyerekezo n’ikizere, yongeraho ko Giants of Africa ari urubuga rutangira gusa, ariko ubuyobozi bw’ukuri bujyana n’ibikorwa birenga ibyo urwo rubuga rutanga.

Minisitiri wa Siporo mu Rwanda, Nelly Mukazayire, nawe yashimangiye amagambo ya Ujiri, asaba urubyiruko kugira uruhare mu iterambere ry’igihugu, avuga ko imbaraga z’igihugu zidaturuka gusa kuri Leta cyangwa ibigo bikomeye.

Mukazayire yashimiye Giants of Africa kuba barifatanyije n’Abanyarwanda mu muganda, ati: “Kubaka igihugu si inshingano z’abayobozi gusa; bitangirira kuri buri wese muri twe.

Ndashimira umutima wo gukorera hamwe. Dushimire Giants of Africa n’ikipe yabo kuba barifatanyije natwe. Ibi bigaragaza umuhate wo kubaka no gusana, atari mu Rwanda gusa, ahubwo no muri Afurika yose.”



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...