Masai Ujiri yasabye urubyiruko rw’Afurika kugira inzozi ndende

Imikino - 28/07/2025 7:12 AM
Share:

Umwanditsi:

Masai Ujiri yasabye urubyiruko rw’Afurika kugira inzozi ndende

Masai Ujiri, umwe mu bashinze umuryango Giants of Africa, yasabye urubyiruko rw’Afurika kwizera ubushobozi rufite, gukura rufite intego no gufasha abandi, avuga ko ejo hazaza h’uyu mugabane hari mu biganza byabo.

Yabitangaje ku Cyumweru, tariki ya 27 Nyakanga, mu nama yahuriyemo urubyiruko yiswe International Youth Day Forum yabereye muri BK Arena i Kigali. Iyo nama yabaye mu rwego rw’ibikorwa by’icyumweru cy’iserukiramuco Giants of Africa Festival kiri kubera mu Rwanda kuva ku ya 26 Nyakanga kugeza ku ya 2 Kanama 2025. Iki gikorwa cyahuje abasaga 2000 b’urubyiruko ruri mu kigero cy’imyaka 15–19 baturutse mu bihugu 20 by’Afurika.

Mu bashyitsi bakomeye bitabiriye harimo Minisitiri w’Urubyiruko n’Ubuhanzi, Dr. Jean Nepo Abdallah Utumatwishima, Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, n’umuyobozi wa African Leadership University (ALU), Fred Swaniker.

Ujiri yashimiye Perezida Paul Kagame, Madamu Jeannette Kagame, Umuryango Imbuto Foundation n’ubuyobozi bwa Leta y’u Rwanda ku bufasha baha iki gikorwa gifite inyungu ku mugabane wose.

Yagize ati: “Ndishimye cyane kubera uburyo abantu bo muri Afurika batweretse urukundo n’ubufasha. Twese dufite ubushobozi bwo gufashanya no kuzamurana, tukarushaho kuba bakuru mu bitekerezo no mu bikorwa.”

Yanashimye umuryango wa NBA ku bufatanye bamaranye igihe mu guteza imbere umukino wa Basketball muri Afurika. Ati: “Mama yajyaga amfata ku gutwi ambaza ati ‘Ese basketball izagutunga?’ Ubu uyu mukino utunze abantu benshi kandi batandukanye.”

Ujiri yahaye ubutumwa urubyiruko, abasaba kutigereranya n’abandi ahubwo bakamenya agaciro kabo ndetse n’amateka bahuriyeho nk’Abanyafurika.

Yagize ati:“Murebe abaje hano tuvuge tuti, turi abayobozi, turi aba Perezida, turi intwari. Ariko mwibuke ko twese twakuririye muri Afurika. Twese twambaye amapantalo n’udukabutura tumwe, twagiye ku ishuri twambaye ibirenge. Niba twabigezeho, ndababwiza ukuri, sinumva ko ndi umuhanga cyane.

Mwebwe murusha ubwenge benshi muri twe. Icyo twagize ni inzozi ndende kandi zitarangiraga kuri twe ubwacu. Twarose ibyanyu. Mwebwe ni mwe Rwanda, ni mwe Afurika y’ejo. Nimubifate, mukure, mushake gutanga umusanzu wanyu. Afurika izabishimira.”

Yakomeje agira ati: “Nimugera ku ntsinzi, mujye muguma hasi, musubire inyuma mufate abandi mukomezanye. Mugire icyo mumarira uyu mugabane. Afurika iruta buri umwe muri twe, kandi igihe kigeze ngo tuyubahe, tuyubake aho kuyisubiza inyuma duhanganye.”


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...