Iki
gikorwa cyateguwe na Ambasade y’u Rwanda mu Busuwisi, kikaba cyahurije hamwe
abahagarariye ibihugu binyuranye, imiryango mpuzamahanga, Abanyarwanda batuye
mu mahanga n’inshuti z’u Rwanda, mu rwego rwo kuzirikana abazize Jenoside yakorewe
Abatutsi no gushimangira ko itazongera ukundi.
Igice
cya mbere cy’iki gikorwa cyabereye ku Rwibutso ruherereye kuri Place des
Nations, aho hashyizwe indabo mu rwego rwo guha icyubahiro abarenga miliyoni
imwe bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Nyuma yaho, umuhango wakomereje mu
cyumba cy’inteko cy’Umuryango w’Abibumbuye (United Nations) i Genève
kiri muri Palais des Nations.
Muri
uyu muhango, hatanzwe ubutumwa butandukanye burimo ubwa António Guterres,
bwashyikirijwe abari bitabiriye n’umuyobozi mu buyobozi bwa Loni i Genève.
Hatanzwe
kandi ubutumwa bwa Tatiana Valovaya ndetse n’ubwa Volker Türk, bose bagarutse
ku kamaro ko gukomeza kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside no guharanira
ubutabera.
Perezida
wa Ibuka mu Busuwisi, César Murangira, yashimangiye akamaro ko gukomeza
kwibuka, guharanira ukuri n’ubutabera, ndetse no kurwanya abagerageza gupfobya
Jenoside yakorewe Abatutsi.
Ambasaderi
w’u Rwanda mu Busuwisi no mu Muryango w’Abibumbye i Genève, Urujeni Bakuramutsa,
yavuze ko #Kwibuka32 ari umwanya wo kongera kwibutsa amahanga inshingano zayo mu
gukumira Jenoside n’ibindi byaha byibasira inyokomuntu, aho byagaragaye ko
n’uyu munsi ingengabitekerezo ya Jenoside igihari ndetse igenda ihindura uburyo
ikwirakwizwamo, cyane cyane binyuze ku mbuga nkoranyambaga.
Yagaragaje
ko ibihugu bicumbikiye abakekwaho uruhare muri Jenoside bikwiye kubaburanisha
cyangwa kubohereza aho bakurikiranwa, hagamijwe kurwanya umuco wo kudahana.
Ubuhamya
bwatanzwe na Reverien Rurangwa bwagarutse ku mateka mabi yaranze Jenoside
yakorewe Abatutsi, anagaragaza imbaraga abarokotse bagize mu kwiyubaka no
kongera kubaka Igihugu, ashimangira ko ari ngombwa ko aya mateka akomeza
kwigishwa urubyiruko.
Muri iki gikorwa kandi, Daniel Ngarukiye yaririmbye indirimbo zirimo “Wihogora”, mu
gihe Weya Viatora yaririmbye “Icumu n’Ingabo”, acurangirwa inanga, naho Mariya
Yohana aririmba “Kwiyunga” izwi cyane nka “Nyibutsa Nkwibutse”, izwiho gukomeza
abantu no kubibutsa amateka.
Iki
gikorwa cyasize ubutumwa bukomeye bwo gukomeza kwibuka, kurwanya
ingengabitekerezo ya Jenoside no gusigasira ukuri kw’amateka, mu gihe ibikorwa
byo #Kwibuka32 bizakomeza mu Busuwisi mu minsi 100 y’icyunamo, harimo n’igikorwa
kizabera i Lausanne ku wa 11 Gicurasi 2026, kizahuza Abanyarwanda n’inshuti z’u
Rwanda batuye muri iki gihugu.
Abitabiriye umuhango wabereye i Genève bashyize indabo ku rwibutso rwa Jenoside, bunamira inzirakarengane zirenga miliyoni imwe zahasize ubuzima


Ubutumwa
mpuzamahanga bwibanze ku kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside bwatangiwe mu
cyumba cy’Umuryango w’Abibumbye, ku wa 7 Mata 2026, bushimangira ko “Never
Again” igomba kuba igikorwa, atari amagambo gusa

Abayobozi b’Umuryango w’Abibumbye bongeye gusaba isi yose gufatanya mu gukumira Jenoside, cyane ko ingengabitekerezo yayo ikomeje gukwirakwira hifashishijwe ikoranabuhanga rigezweho









