Marina yizihije isabukuru y’amavuko y’imyaka 24 yerekwa urukundo

Imyidagaduro - 28/08/2021 4:42 PM
Share:
Marina yizihije isabukuru y’amavuko y’imyaka 24 yerekwa urukundo

Indirimbo 'Brigade' niyo aherutse gushyira hanze. Marina ubarizwa muri The Mane watangiye umuziki akiri muto aririmba muri korali ‘Intama za Yesu’ ya ADEPR kimwe no muri 'Azaph' ya Zion Temple, yujuje imyaka 24 y'amavuko abakunzi b’umuziki nyarwanda n’inshuti ze magara bamwereka urukundo.

Umuhanzikazi Marina, uririmba mu njyana nyinshi zishoboka bijyanye n’indirimbo amaze gukora aho yazikoze mu njyana zirimo Afrobeats, Afro-soul, Hip Hop, RnB, Afropop, Soul, aherutse no gushyira hanze indirimbo yise ‘Brigade’, mu gihe cy’icyumweru kimwe imaze gukundwa n’abatari bacye haba kuri Televiziyo, Radiyo zitandukanye no ku mbuga nkoranyambaga.

None rero yizihije isabukuru y’amavuko y’imyaka 24, mu gihe cy’imyaka 5 amaze mu muziki bya kinyamwuga ari mu bahanzikazi bahagaze neza mu Rwanda. Mu butumwa yashyize kuri Instagram yerekanye ko ari umunsi we w’amavuko maze abamukurikira bagaragaza ko banyurwa n'ibyo abagezeho kandi bamwifuriza ishya n’ihirwe.

Mu bamwifurije isabukuru y’amavuko nziza harimo Ange Bae wagize ati:"Umunsi mwiza w’amavuko." Uwitwa Leandre Rwanda nawe yagize ati:"Umunsi mwiza w’amavuko nshuti magara yanjye kandi idasanzwe Marina ramba kandi urabizi nta mwanzi wagutera avuye iwanjye komeza ujye mbere."

Kimwe n'abandi barimo umunyamakuru wa Isibo Tv, Phil Peter, bamwifurije isabukuru babinyujije mu bitecyerezo bashyize ku ifoto yashyize hanze kuri uyu munsi kimwe no kuri Status z'imbuga zabo.

KANDA HANO WUMVE UNAREBE INDIRIMBO BRIGADE YA MARINA

Incamake y’ubuzima bw’umuhanzikazi Marina uri mu bahanzikazi bahagaze neza mu Rwanda

Yamamaye nka Marina, yiswe n’ababyeyi 'Uwase Ingabire', yavutse kuwa 28 Kanama 1997 mu karere ka Rwamagana mu ntara y’uburasirazuba mu gihugu cy’u Rwanda.  Ni umwanditsi n’umuririmbyi ubarizwa mu nzu iri mu z'imbere zitunganya zikanareberera inyungu z’umuziki w’abahanzi ya 'The Mane' y’umushoramari Baad Rama.

Niwe mfura mu muryango w’abana 2, yakuriye mu biganza by’ababyeyi bombi muri 'Rwamagana' ahava yerecyeza muri Kigali. Marina mu buto bwe yaririmbye muri Korali yitwa ‘Intama za Yesu’ yo mu itorero rya ADEPR.

Amaze gusoza amashuri abanza yayivuyemo ajya muri 'Azaph' yo mu itorero rya Zion Temple, yize ‘icungamari’ mu ishuri ryisumbuye rya ESSA Nyarugunga ibarizwa muri Kanombe mu mujyi wa Kigali.

Yaje kwinjira neza mu mwuga w’umuziki mu Ugushyingo, 2016 nyuma yo kwegukana ibihembo bya Airtel mu kiganiro cya Radiyo ya Kiss FM. Nyuma yo  kuba ariwe wasubiyemo neza indirimbo yitwa 'Urwo ngukunda' ya Yvan Buravan na Uncle Austin wari unayoboye ikiganiro.

Mu mwaka wa 2017 yahise akora indirimbo ye ya mbere afite imyaka 19 yise “Byarara bibaye " yakorewe muri 'Monstar Record' amashusho yayo agatunganywa na 'Fazzo Big Producer'.

Iyi ndirimbo yagize igikundiro kiri hejuru, icyo gihe yari agicungirwa inyungu z'umuziki we na Uncle Austin. Yakoze kandi Bikakubera kimwe na Too much yahuriyemo n’abahanzi barimo Urban Boyz, Khalifan na Austin.

Yaje kwinjira muri The Mane kugera n'ubu akirimo akora indirimbo zirimo Log Out, Ni wowe, Madede, Kora, Like That, Tubisubiremo, Karibu, Decision yakoranye na Papito.

Yaje gukora Love you yakoranye na Harmonize, True Love yakoranye na Safi Madiba, Do Me yakoranye na Queen Cha, Mbwira yakoranye na Kidum, Amabara yakoranye na Amalon, Bushali, B-Threy na Alyn Sano.Marina ukiri muto mu myaka,  ufite impano idashidikanywaho, mu gahe gato amaze mu muziki by'umwuga amaze gukorana n'abahanzi bakomeye barimo na Harmonize umuhanzi mpuzamahanga ukomoka muri TanzaniaAbarizwa muri The Mane kuva yatangira umuziki uretse amezi macye yabanje gukorana na Austin, none yujuje imyaka 24 mu gihe indirimbo nshya afite 'Brigade' nayo yujuje inshuro ibihumbi 100 by'abayirebye kuri Youtube

  

Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...