Marina yitandukanyije na Bad Rama ‘wamuratiye abandi’

Imyidagaduro - 20/04/2026 7:27 PM
Share:

Umwanditsi:

Marina yitandukanyije na Bad Rama ‘wamuratiye abandi’

Umuhanzikazi Marina Deborah uzwi cyane nka Marina, yatangaje ko yitandukanyije burundu na Mupenda Ramadhan [Bad Rama], ashimangira ko nta mubano w’akazi cyangwa umwanya wihariye bakigirana.

Ibi yabitangaje mu itangazo yashyize hanze mu ijoro ryo kuri uyu wa Mbere tariki 20 Mata 2026, nyuma y’uko Bad Rama akomeje kugaragara ku mbuga nkoranyambaga akoresha izina n’amafoto bye, ibintu avuga ko bigamije kumwifashisha mu nyungu ze bwite no kuyobya abantu.

Mu butumwa Marina yanyujije ku mbuga nkoranyambaga, yavuze ko yatunguwe no kubona Bad Rama amuvuga ndetse asaba abantu gushyigikira ibikorwa bye, akongeraho ko amwishimira ndetse anamugaragariza urukundo.

Bad Rama wabaye umujyanama wa Marina hari aho yanditse agira ati “Ni umukobwa wanjye […] Icyo nshaka kubabwira n’uko Marina n’impano Imana yahaye igihigu cyacu u Rwanda gusa twitaye mu kumusobanura aho kumuha amahirwe ngo akoreshe impano ye ndabyumva n’ubwana, Yego!.”

Akomeza ati “Kumva biramugora, kumenyana no kumenyerana n’abantu bashyashya. Niyo baba bahuje akazi cyangwa baturanye, ariko n’umwana mwiza cyane, muzamukunde, mu muhe amahirwe. Marina n’umuhanzi mwiza cyane, impano ye n’igitangaza.”

Mu itangazo yasohoye, Marina asubiramo ko atagifitanye na Bad Rama umubano uwo ari wo wose, haba mu kazi cyangwa mu buzima busanzwe, anasaba ko yahagarika gukoresha izina rye mu byo akora.

Yagize ati “Ndifuza gusobanurira abafana banjye, Abanyarwanda bose n’abandi bose muri rusange, ko nta mubano nkigirana n’uyu muntu. Ntabwo nshyigikiye ibikorwa bye cyangwa ibitekerezo bye bijyanye n’u Rwanda n’ubuyobozi bwarwo.”

Yakomeje ashimangira ko umuziki we ushingiye ku rukundo akunda igihugu cye, bityo ko atakwifuza guhuzwa n’umuntu uwo ari we wese ushaka gusebya cyangwa gutesha agaciro u Rwanda n’ubuyobozi bwarwo.

Ati “Sinzi impamvu yakoresheje izina ryanjye, ariko sinemera inkunga ye cyangwa ibyo ambonamo. Umutima wanjye n’ubudahemuka bwanjye biri ku Rwanda n’ubuyobozi bwarwo.”

Marina yasoje ashimira abakunzi be bakomeje kumushyigikira, abizeza ko azakomeza gukora umuziki ugaragaza urugendo rwe n’urukundo afitiye igihugu cye.

Marina yatangaje ko nta mubano n’umwe agifitanye na Bad Rama, amusaba kudakoresha izina rye mu bikorwa bye



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...