Nubwo
ariko aherutse kwambikwa impeta y’urukundo na Yvan Muziki, umukunzi we
banafitanye indirimbo, ntabwo barahurira ku rubyiniro muri iri serukiramuco
rimaze gukusanya imbaga hirya no hino mu gihugu.
Ni
ingingo Marina yavuzeho nyuma yo gutaramira ku kibuga cya Rubengera mu Karere
ka Karongi, mu gitaramo cya kane cya MTN Iwacu Muzika Festival cyabaye mu ijoro
ryo ku wa Gatandatu tariki ya 11 Nyakanga 2026.
Akigera
ku rubyiniro, Marina yabanje kuganiriza abakunzi be, ababaza niba biteguye
kumwakira cyangwa niba yakwisubirirayo.
Mu
ijwi rimwe bamugaragarije ko bari bamutegereje, ahita atangiza igitaramo
aririmba Marina, akurikizaho Ikanisa, Do Me, Ni Wowe na Paje.
Yakomeje
gususurutsa abari bitabiriye igitaramo aririmba Twivuyange, yakoranye n’abandi
bahanzi, mbere yo gukurikizaho Mon Bébé, imwe mu ndirimbo zakunzwe cyane muri
iki gitaramo.
Yanaririmbye
Too Much ndetse na Ifoto, indirimbo yaririmbye abyinana imbaraga nyinshi,
by’umwihariko agaragaza ubuhanga mu kubyina imbere ya MC Buryohe, ibintu
byashimishije cyane abakunzi b’umuziki bari bitabiriye iki gitaramo.
Nubwo
akunze kugaragara ari wenyine ku rubyiniro, hari igihe Marina yagiye ahamagara
DJ Phil Peter bakaririmbana indirimbo Ifoto na Bimpame bakoranye.
Icyakora
kugeza ubu ntarazana Yvan Muziki, nubwo ari umwe mu bahanzi bafitanye indirimbo
zakunzwe zirimo Intware Batinya.
Mu
minsi ishize ni bwo Marina yambitswe impeta y’urukundo na Yvan Muziki, amwereka
ko yifuza ko bazabana nk’umugabo n’umugore.
Kuva
icyo gihe, abakunzi babo bakomeje kwibaza niba bazatangira no kugaragara hamwe
ku rubyiniro, cyane cyane muri ibi bitaramo bikomeye.
Mu
kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Marina yabajijwe niba atekereza kuzaserukana
n’umukunzi we mu bitaramo bya MTN Iwacu Muzika Festival bisigaye, birimo
ibizabera i Nyagatare, Musanze na Rubavu.
Mu
gusubiza, yasize amarembo afunguye, agaragaza ko bishoboka ariko adashaka
gutangaza byinshi mbere y’igihe.
Ati:
"Indirimbo 'Intware Batinya' nakoranye na Yvan Muziki ndi kubiteganya ko
izaba mu zo nzaririmba mu bindi bitaramo bizakurikiraho. Reka dutegereze
turebe."
Yakomeje
agaragaza ko akunze gutungura abakunzi be, bityo ko nta cyemezo ndakuka
yatangaza.
Ati:
"Ibintu byanjye biratungurana. Nshoboza kuzamuzana cyangwa se ntaze,
ntawamenya. Ikintu uba ugomba gukora ni ukwitabira, hanyuma ukareba ibyo
nakuzaniye."
Amagambo ya Marina yasize abakunzi be bategereje kureba niba koko Yvan Muziki azagaragara ku rubyiniro mu bitaramo bisigaye bya MTN Iwacu Muzika Festival, cyane ko indirimbo Intware Batinya iri mu zo abafana bifuza cyane kubona aba bombi bayiririmbana imbonankubone.









KANDA HANO UBASHE KUREBA IKIGANIRO TWAGIRANYE NA MARINA
